Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba basaba ko ubukarabiro ndetse n’ibikorwa by’isuku byubatswe mu bihe bya COVID-19 bitagikora, byasanwa bikongera gukoreshwa, kuko amafaranga byatanzweho adakwiye gupfa ubusa.

Mu bihe by’icyorezo cya COVID-19, gukaraba intoki no kugira isuku ihagije byari bimwe mu ngamba zo guhangana nacyo.

Ibi kandi byajyanaga no kuba ubuyobozi bwaragiye bwubaka ubukarabiro ahantu hahurira abantu benshi, abaturage na bo bafite ibikorwa runaka bagasabwa gushyiraho za kandagira ukare.

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba abaturage babwiye RADIOTV10 ko amafaranga yagiye kuri ibi bikorwa by’isuku yapfuye ubusa, kuko ibi bikorwa bitagikoreshwa.

Mukampazimpaka Peruth wo mu Karere ka Rwamagana yagize ati “Ibi byabaye itubyamutungo. Uko mbona byari bikwiye kugenda n’ubusanzwe ko batwigisha gukora isuku bakagombye gushyiramo amazi, n’uje wese agakaraba.”

Undi mugenzi we wo mu Karere ka Bugesera yagize ati “Kuba byaragiyeho amafaranga bikaza guhagarara ni igihombo, amafaranga aba yaratakaye kubera kutabyitaho nk’ababishinzwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba Dr Jeanne Nyirahabimana yavuze ko ibyifuzo by’abaturage bifite ishingiro.

Ati “Ibidakora uyu munsi ni ibibazo kuba bidakora, kuko COVID-19 ntabwo ari yo yonyine igomba gutuma tugira isuku. Isuku igomba guhoraho. Aho ubukarabiro buri butagikora icyo dukora ni ukuvugana na ba nyirabwo n’abayobozi haba ari ku mavuriro, ku mashuri ahantu aho ariho hose ko tugomba kongera kwibuka yuko ikintu cyose tugomba gukora dukwiye gukaraba tukagira isuku.”

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buvuga ubukarabiro bwinshi bwubatswe mu bihe bya COVID-19, bwubatswe n’abafatanyabikorwa mu Turere.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 7 =

Previous Post

BREAKING: Abajenerali 12 ba RDF barimo Aba-Generals-Full babiri bashyizwe mu kiruhuko

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.