Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba basaba ko ubukarabiro ndetse n’ibikorwa by’isuku byubatswe mu bihe bya COVID-19 bitagikora, byasanwa bikongera gukoreshwa, kuko amafaranga byatanzweho adakwiye gupfa ubusa.

Mu bihe by’icyorezo cya COVID-19, gukaraba intoki no kugira isuku ihagije byari bimwe mu ngamba zo guhangana nacyo.

Ibi kandi byajyanaga no kuba ubuyobozi bwaragiye bwubaka ubukarabiro ahantu hahurira abantu benshi, abaturage na bo bafite ibikorwa runaka bagasabwa gushyiraho za kandagira ukare.

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba abaturage babwiye RADIOTV10 ko amafaranga yagiye kuri ibi bikorwa by’isuku yapfuye ubusa, kuko ibi bikorwa bitagikoreshwa.

Mukampazimpaka Peruth wo mu Karere ka Rwamagana yagize ati “Ibi byabaye itubyamutungo. Uko mbona byari bikwiye kugenda n’ubusanzwe ko batwigisha gukora isuku bakagombye gushyiramo amazi, n’uje wese agakaraba.”

Undi mugenzi we wo mu Karere ka Bugesera yagize ati “Kuba byaragiyeho amafaranga bikaza guhagarara ni igihombo, amafaranga aba yaratakaye kubera kutabyitaho nk’ababishinzwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba Dr Jeanne Nyirahabimana yavuze ko ibyifuzo by’abaturage bifite ishingiro.

Ati “Ibidakora uyu munsi ni ibibazo kuba bidakora, kuko COVID-19 ntabwo ari yo yonyine igomba gutuma tugira isuku. Isuku igomba guhoraho. Aho ubukarabiro buri butagikora icyo dukora ni ukuvugana na ba nyirabwo n’abayobozi haba ari ku mavuriro, ku mashuri ahantu aho ariho hose ko tugomba kongera kwibuka yuko ikintu cyose tugomba gukora dukwiye gukaraba tukagira isuku.”

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buvuga ubukarabiro bwinshi bwubatswe mu bihe bya COVID-19, bwubatswe n’abafatanyabikorwa mu Turere.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twelve =

Previous Post

BREAKING: Abajenerali 12 ba RDF barimo Aba-Generals-Full babiri bashyizwe mu kiruhuko

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.