Sunday, May 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ikawa bo mu Mirenge ya Kivumu mu Karere ka Rutsiro na Nyamyumba mu ka Rubavu, baravuga ko nyuma ifunga ry’uruganda rwa COOPAC Nyamwenda rwatunganyaga umusaruro wabo, ryabateye igihombo gikomeye kuko basigaye bagurisha n’abamamyi, babaha amafaranga y’intica ntikize.

Musabyimana Chrisostome usanzwe ari umuhinzi w’ikawa wo mu Kagari ka Busoro mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko nyuma y’ifungwa ry’uru ruganda, ubu bagurisha n’abamamyi baba bagendagenda mu nzira. Ati  “Hari abaguzi bagendana udukopo, ni bo nyihereza.”

Bizimana Marcel avuga ko ifunga ry’uru ruganda ryabashyize mu ihurizo, kuko abamamyi babahenda bitwaje ko badafite isoko ryo kubagurira umusaruro wabo.

Ati “Twabuze aho tugemura ikawa zacu, n’aho tuzijyanye hakaba kure bitewe n’uko twabuze inganda, uwo basanze azifite mu rugo bamuha amafaranga bakijyanira bakaduha ibiciro bishakiye.”

Musabyimana Chrisostome na we ati “Mu makopo nyine ni igiciro kiba kitagenwe na Leta kuko igikombe cy’icupa baduha 450 Frw kandi kibamo hafi ikilo kimwe.”

Umusaruro ngo barawubona ariko abamamyi bakabunama hejuru bakabahenda

Umuyobozi ushinzwe uruhererekane nyongeragaciro rw’ikawa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), Faustin Kabasha avuga ko bamenye iki kibazo cy’uru ruganda rutari kwakira umusaruro w’abahinzi, kandi ko hafashwe ingamba zo gukemura iki kibazo cy’abahinzi batabona aho bagurishiriza umusaruro wabo.

Ati “Ni ku mupaka wa Rubavu na Rutsiro kandi ni agace karimo inganda nyinshi kandi twari twasabye ko inganda zegereye aho gushyiraho abakozi babo bagura umusaruro kugira ngo umuhinzi ye kubura aho agemura umusaruro kubera uruganda rutaratangira gukora.”

Uyu muyobozi asaba abaturage kwirinda abamamyi kuko batubya umusaruro bagura ikawa iteze neza ndetse akagaragaza ko ku ikubitiro NAEB yashyizeho igiciro cy’amafaranga 600 Frw ku kilo ariko ko amakuru ahari ari uko muri aka gace amafaranga make yishyurwa ikilo kimwe cy’ikawa ku ruganda cyangwa site yemewe ari 800 Frw.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

U Rwanda rwasubije Tshisekedi wihandagaje akongera gushinja u Rwanda ikinyoma kiremereye

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Related Posts

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.