Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bakirara mu mirima yabo bacukura amabuye y’amabengeza, ku buryo iyo hagize ubavuga bitamugwa amahoro.
Abo baturage bo mu Mudugudu wa Buramba mu Kagari ka Kavomo mu Murenge wa Nyundo, bavuga ko hashize igihe batangiye guterwa n’itsinda ry’abantu baturuka mu Murenge wa Kivumu baje gucukura amabuye y’amabengeza yitwa Beleri bo bagaragaza ko batari bazi ko ayo masambu yabo arimo ubwo bukungu.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Buramba, Niyigena Jean de Dieu avuga ko bari guhangana n’iryo tsinda ribateje umutekano mucye.
Yagize ati “Byabaye akaduruvayo, tukabona ibitero biturutse muri Kivumu no mu Murenge wa Nyamyumba tugahangana na byo kandi ba nyirimirima nta nyungu babifitemo kuko bari kuza bagacukura bagasiga umurima wabaye ubutayu.”
Bamwe mu batuye kuri aka gasozi n’abahafite amasambu, bagaragaza ko kuva bamenya ko ubutaka bwabo buhishe ubwo bukungu, batakiryama ngo basinzire.
Nyiramagambo Beatrice ati “Twe aya mabuye yatubereye umuvumo kuko ntitugisinzira, nk’ubu twakabaye turi mu mirimo ariko twirirwa aha ntacyo turi buhakure kubera kugira ngo baticanira mu isambu yawe.”
Ntawurengumunsi Leonard na we yagize ati “Bakaza ari igitero cy’abagabo bafite ingufu cyane bakakwirukaho uri nyirisambu bafite imihoro, injonogo n’inkoni bagacukura umurima wawe ngo ntugomba kuvuga.”
Ngezenubwo Ladislas na we ati “Njye bacukuye inzu yanjye none igiye kugwa kandi aya mabuye ataragaragara nari mfite amahoro none hari n’igihe iyi nzu yatugwaho kuko bayinyuze munsi bari gucukura.”
Ni mu gihe abasanzwe bazi iri tsinda bagaragaza ko rimaze igihe kandi rikora ibikorwa nk’ibyo cyane cyane mu birombe by’amabuye y’agaciro bityo rero bagasaba ko aba baturage batabarwa bakimurwa kugira ngo babone amahoro.
Umwe ati “Bishyize hamwe ari nk’ikipe y’Umudugudu wose kandi iyo bakugezeho ni uguterura bakajugunya n’iyo babafashe bakabafunga nk’ejo wumva ngo babafunguye, mbese n’abantu bigize nk’ibyihebe.”
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco avuga ko iki kibazo atari akizi icyakora ko agiye kugikurikirana akoranye n’izindi nzego z’ibanze.


Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10