• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyabaye nyuma y’uko umuryango utoraguye umwana w’imyaka 14 byabaye amayobera

radiotv10by radiotv10
15/02/2024
in MU RWANDA
0
Ibyabaye nyuma y’uko umuryango utoraguye umwana w’imyaka 14 byabaye amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, uri mu rujijo nyuma yo gutoragura umwana wasanze mu isantere atavuga, bakajya kumugaburira bakeka ko ari inzara, none na n’ubu ntacyo arabasha kuvuvuga.

Hashize ibyumweru bitatu, Muhayimana Gaudence utuye mu Mudugudu Kabeza, Akagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama atoraguye umwana uri mu kigero cy’imyaka 14 mu isantere ya Poroje atavuga.

Uyu mubyeyi yabiwye RADIOTV10 ko ubwo yatoraguraga uyu mwana, yamujyanye mu rugo iwe atavuga, akajya kumugaburira akeka ko yabiterwaga n’inzara.

Ati “Twamubonye mu gicamunsi hagati ya saa kumi n’imwe na saa kumi n’ebyiri ku wa Gatatu. Amaze ibyumweru bibiri bibura iminsi itatu kugira ngo yuzuze ibyumweru bitatu. Naje kureba mujyana mu rugo nzi ko ari inzara iri kubitera, tumugaburiye n’ubundi dusanga ntabwo azi kuvuga.

Twagerageje kureba ko yize dusanga ntabwo yize. Iyo minsi tumaranye nta kintu azi kuvuga.”

Uyu muturage avuga ko kutavuga k’uyu mwana, byatumye batabasha no kumenya inkomoko ye, ku buryo bafite impungenge ko ashobora no kugira ibindi bibazo, bikaba byabagiraho ingaruka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yabwiye RADIOTV1O ko bagiye kurangisha uyu mwana kugira ngo abonerwe umuryango we.

Yagize ati “Ndumva nk’umunyarwanda w’umugiraneza kandi niba yatoraguye uwo mwana bikagenda gutyo natwe tugiye kurangisha uwo mwana abone umuryango we.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 3 =

Previous Post

Uwabaye umugore wa mbere uhagarariye S.Sudan muri LONI yatangiye inshingano

Next Post

Senegal: Hatanzwe icyifuzo ku kwihanukira biri gukoresha mu guhosha imyigaragambyo yahinduye isura

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Senegal: Hatanzwe icyifuzo ku kwihanukira biri gukoresha mu guhosha imyigaragambyo yahinduye isura

Senegal: Hatanzwe icyifuzo ku kwihanukira biri gukoresha mu guhosha imyigaragambyo yahinduye isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.