Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye ifoto igaragaza Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ari kumwe na Eugene Gasana wigeze guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, ubu usigaye ari mu barurwanya, bicaranye mu ifuteye, bigaragara ko hari ibyo baganiriye.

Eugene Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York, yavuye muri izi nshingano muri 2016 ahita yaka ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za America, aza no kwifatanya n’abarwanya u Rwanda.

Uyu mugabo uzwi kuba ari umwe mu banzi b’ubutegetsi bw’u Rwanda, yagaragaye ari kumwe na Perezida wa Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na we umaze iminsi agaragariza u Rwanda, urwango arufitiye.

Uyu Munyarwanda Eugene Gasana usanzwe akorana bya hafi n’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bivugwa ko yageze i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC, ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023.

Bwaracyeye ejo hashize ku Cyumweru tariki 21 Gicurasi, yakirwa na Perezida Felix Tshisekedi, ari na bwo hafashwe ifoto ikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto igaragaza aba bombi bicaye mu ntebe imwe, bigaragara ko baganiriye ku ngingo bavugaho rumwe, aho inyuma yabo haba hari ibendera rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Felix Tshisekedi wigeze kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, yavuzweho kwemerera abatavuga rumwe n’u Rwanda, ubufasha bwo kugira ngo bagere ku migambi mibisha yabo.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa cya Tshisekedi, banenze uburyo akomeje kwiyegereza abanzi b’u Rwanda, aho gushaka icyatuma Igihugu cye kigira amahoro.

Uwitwa Mugenzi Felix yagize ati “Umwe mu barwanya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo yahawe ikaze i Kinshasa. Ninde wabwiye Tshisekedi ko gutumira abarwanya u Rwanda bizamufasha guha amahoro Uburasirazuba bwa DRC?”

Tshisekedi akomeje kwiyegereza abatuvuga rumwe n’u Rwanda n’abatarwifuriza ineza, kugira ngo na we arebe uko yakomeza gushakisha aho amenera ngo agere ku ntego ze, ari na byo bikekwa ko byatumye ahura n’uyu munyapolitiki Eugene Gasana.

Eugene Gasana yinjiye mu bagambirira inabi u Rwanda, nyuma yo kwamburwa inshingano zo kuruhagararira mu UN, kubera imyitwarire mibi yavugwagaho.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akunze guha ubutumwa abagambirira inabi u Rwanda, ko batazabigeraho ndetse n’ababashyigikiye, bazakomeza kumera nk’abavomera mu kiva.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kubwira abifuza kuba bashoza intambara ku Rwanda, ko bisa nk’inzozi kuko inzego z’umutekano z’iki Gihugu zifite ubushobozi buhanitse bwo guhangana n’abahirahira kugihungabanyiriza umutekano.

Thisekedi yaganiriye n’umwe mu banzi b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eleven =

Previous Post

Perezida wa Tanzania yongeye gukora igikorwa gitunguranye cyo gushyigikira ikipe iherutse kwandika amateka

Next Post

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.