Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye ifoto igaragaza Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ari kumwe na Eugene Gasana wigeze guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, ubu usigaye ari mu barurwanya, bicaranye mu ifuteye, bigaragara ko hari ibyo baganiriye.

Eugene Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York, yavuye muri izi nshingano muri 2016 ahita yaka ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za America, aza no kwifatanya n’abarwanya u Rwanda.

Uyu mugabo uzwi kuba ari umwe mu banzi b’ubutegetsi bw’u Rwanda, yagaragaye ari kumwe na Perezida wa Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na we umaze iminsi agaragariza u Rwanda, urwango arufitiye.

Uyu Munyarwanda Eugene Gasana usanzwe akorana bya hafi n’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bivugwa ko yageze i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC, ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023.

Bwaracyeye ejo hashize ku Cyumweru tariki 21 Gicurasi, yakirwa na Perezida Felix Tshisekedi, ari na bwo hafashwe ifoto ikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto igaragaza aba bombi bicaye mu ntebe imwe, bigaragara ko baganiriye ku ngingo bavugaho rumwe, aho inyuma yabo haba hari ibendera rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Felix Tshisekedi wigeze kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, yavuzweho kwemerera abatavuga rumwe n’u Rwanda, ubufasha bwo kugira ngo bagere ku migambi mibisha yabo.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa cya Tshisekedi, banenze uburyo akomeje kwiyegereza abanzi b’u Rwanda, aho gushaka icyatuma Igihugu cye kigira amahoro.

Uwitwa Mugenzi Felix yagize ati “Umwe mu barwanya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo yahawe ikaze i Kinshasa. Ninde wabwiye Tshisekedi ko gutumira abarwanya u Rwanda bizamufasha guha amahoro Uburasirazuba bwa DRC?”

Tshisekedi akomeje kwiyegereza abatuvuga rumwe n’u Rwanda n’abatarwifuriza ineza, kugira ngo na we arebe uko yakomeza gushakisha aho amenera ngo agere ku ntego ze, ari na byo bikekwa ko byatumye ahura n’uyu munyapolitiki Eugene Gasana.

Eugene Gasana yinjiye mu bagambirira inabi u Rwanda, nyuma yo kwamburwa inshingano zo kuruhagararira mu UN, kubera imyitwarire mibi yavugwagaho.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akunze guha ubutumwa abagambirira inabi u Rwanda, ko batazabigeraho ndetse n’ababashyigikiye, bazakomeza kumera nk’abavomera mu kiva.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kubwira abifuza kuba bashoza intambara ku Rwanda, ko bisa nk’inzozi kuko inzego z’umutekano z’iki Gihugu zifite ubushobozi buhanitse bwo guhangana n’abahirahira kugihungabanyiriza umutekano.

Thisekedi yaganiriye n’umwe mu banzi b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Perezida wa Tanzania yongeye gukora igikorwa gitunguranye cyo gushyigikira ikipe iherutse kwandika amateka

Next Post

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika
FOOTBALL

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.