Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyagaragaye kuri Tshisekedi byatumye yongera kwibazwaho ku migambi ye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragaye ifoto igaragaza Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ari kumwe na Eugene Gasana wigeze guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, ubu usigaye ari mu barurwanya, bicaranye mu ifuteye, bigaragara ko hari ibyo baganiriye.

Eugene Gasana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York, yavuye muri izi nshingano muri 2016 ahita yaka ubuhungiro muri Leta Zunze Ubumwe za America, aza no kwifatanya n’abarwanya u Rwanda.

Uyu mugabo uzwi kuba ari umwe mu banzi b’ubutegetsi bw’u Rwanda, yagaragaye ari kumwe na Perezida wa Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi na we umaze iminsi agaragariza u Rwanda, urwango arufitiye.

Uyu Munyarwanda Eugene Gasana usanzwe akorana bya hafi n’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bivugwa ko yageze i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC, ku wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2023.

Bwaracyeye ejo hashize ku Cyumweru tariki 21 Gicurasi, yakirwa na Perezida Felix Tshisekedi, ari na bwo hafashwe ifoto ikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Ni ifoto igaragaza aba bombi bicaye mu ntebe imwe, bigaragara ko baganiriye ku ngingo bavugaho rumwe, aho inyuma yabo haba hari ibendera rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Felix Tshisekedi wigeze kuvuga ko yifuza gushoza intambara ku Rwanda, yavuzweho kwemerera abatavuga rumwe n’u Rwanda, ubufasha bwo kugira ngo bagere ku migambi mibisha yabo.

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri iki gikorwa cya Tshisekedi, banenze uburyo akomeje kwiyegereza abanzi b’u Rwanda, aho gushaka icyatuma Igihugu cye kigira amahoro.

Uwitwa Mugenzi Felix yagize ati “Umwe mu barwanya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo yahawe ikaze i Kinshasa. Ninde wabwiye Tshisekedi ko gutumira abarwanya u Rwanda bizamufasha guha amahoro Uburasirazuba bwa DRC?”

Tshisekedi akomeje kwiyegereza abatuvuga rumwe n’u Rwanda n’abatarwifuriza ineza, kugira ngo na we arebe uko yakomeza gushakisha aho amenera ngo agere ku ntego ze, ari na byo bikekwa ko byatumye ahura n’uyu munyapolitiki Eugene Gasana.

Eugene Gasana yinjiye mu bagambirira inabi u Rwanda, nyuma yo kwamburwa inshingano zo kuruhagararira mu UN, kubera imyitwarire mibi yavugwagaho.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akunze guha ubutumwa abagambirira inabi u Rwanda, ko batazabigeraho ndetse n’ababashyigikiye, bazakomeza kumera nk’abavomera mu kiva.

Umukuru w’u Rwanda kandi yakunze kubwira abifuza kuba bashoza intambara ku Rwanda, ko bisa nk’inzozi kuko inzego z’umutekano z’iki Gihugu zifite ubushobozi buhanitse bwo guhangana n’abahirahira kugihungabanyiriza umutekano.

Thisekedi yaganiriye n’umwe mu banzi b’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eighteen =

Previous Post

Perezida wa Tanzania yongeye gukora igikorwa gitunguranye cyo gushyigikira ikipe iherutse kwandika amateka

Next Post

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambirizaga ikindi cyugarije Abanyekongo kitari intambara bahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.