Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Gasogi United umaze iminsi atawe muri yombi, byatangajwe ko akurikiranyweho ibyaha birimo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa, akekwaho gukorera uwari umukunzi we batandukanye atabishaka.

Nshimiyimana Marc Govin w’imyaka 24 y’amavuko, yatawe muri yombi tariki 23 Nzeri 2024, aho aregwa gushyira ibikangisho ku mukobwa bahoze bakundana.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko mu ibazwa ryakorewe uyu musore, yagiye yiyemerera ko yagiye akangisha uwari umukunzi we kuzashyira hanze amashusho n’amafoto bigaragaza ubwambure bwe, yagiye afata bagicuditse.

Akurikiranyweho ibyaha bitatu ari byo; gukangisha gusebanya, kubuza amahwemo hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry watangaje ko dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu mukinnyi yashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki 30 Nzeri 2024, yatangaje ko ibyaka akurikiranyweho byakozwe mu bihe bitandukanye nyuma yo gutandukana n’uwari umukunzi we.

Ni ibyaha byakorewe mu Mudugudu w’Umunara, Akagari ka Rubirizi, Umurenge wa Kanombe, mu karere ka Kicukiro, ndetse uyu musore akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanombe.

Amakuru avuga ko uyu mukinnyi wa Gasogi United yakoze ibi byaha agamije kwihimura ku mukobwa bahoze bakundana kuko yatandukanye na we atabishaka.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry aherutse kuburira abakoresha imbuga nkoranyambaga, kwitwararika; abamaze iminsi bazikoresha batangaza ibihabanye n’umuco nyarwanda kandi bigize ibyaha bakabireka, kuko uru rwego rwabihagurikiye.

 

ICYO AMATEGEKO ATEGANYA

Ingingo ya 129 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ku cyaha cyo Gukangisha gusebanya, iyehanya ko iyo umuntu agihamiwe, ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazahabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 100 Frw ariko atarenze ibihumbi 300 Frw.

Naho icyaha cyo kubuza amahwemo hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, giteganywa n’Ingingo ya 35 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe Ikoranabuhanga, yo iteganya ko ugihamijwe ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

Naho icyaha cyo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, giteganywa n’Ingingo ya 34 y’Itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe Ikoranabuhanga, yo ivuga ko uhamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 3 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe

Next Post

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Impinduka mu mibare y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.