Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruvuga ko akekwaho ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye n’ubushoreke, rukavuga ko ibyaha nk’ibi bigayitse, kandi ko rutazihanganira ababikora.

Uyu watawe muri yombi, ubu acumbikiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Ngoma, kugira ngo uru rwego rushinzwe iperereza, rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha, na bwo buzamuregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Yafunzwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, tariki 06 Gicurasi 2023, akekwaho ibyaha byumvikanamo amakimbirane yo mu muryango.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yagize ati “Akekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya ndetse n’ubushoreke.”

Dr Murangira yakomeje avuga ko RIB itazihanganira abakora ibyaha nk’ibi kuko “Ntabwo bikwiye guhoza ku nkeke uwo mwashyingiranywe, biragayitse rwose.”

Yakomeje agira ati “Umuntu wese ukora ibi byaha ntabwo amategeko azamwihanganira kuko usanga ibyaha nk’ibi bigira ingaruka ku bana.”

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwibutsa Abaturarwanda bose kugendera kure ibyaha nk’ibi kuko bihanwa n’amategeko kandi bikagira ingaruka ku muryango nyarwanda by’umwihariko ku bana.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye muri Werurwe uyu mwaka, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje izindi ngaruka z’intonganya zo mu miryango zitari zizwi na benshi, aho yavuze ko iyo ababyeyi batonganira hejuru y’umwana muto, bituma adakura neza.

Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko ubwonko bw’umwana buhora bwumva intonganya, bumenyesha ibindi bice by’umubiri ko bidakwiye gukura kuko ntaho byaba bijya.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Miriam Nobikunda says:
    2 years ago

    Uyu Mwarimu mwafunze agomba kubanza kuvuzwa mbere yo gufungwa kuko turabibona ko afite ikibazo mu mutwe bavanze bakivuze pe!

    Reply
  2. Karaboneye Barakagira says:
    2 years ago

    Hari igihe umugore name aba adafatika. Ibyaha nkibyo mujye mugenzura ku mpande zombi kuko ajyahanze kuko yabuze umutekano iwe murugo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Abanyamakuru bakunzwe muri Siporo bahuriye mu mukino nkarishyabwenge bakora udushya (VIDEO)

Next Post

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.