Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruvuga ko akekwaho ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye n’ubushoreke, rukavuga ko ibyaha nk’ibi bigayitse, kandi ko rutazihanganira ababikora.

Uyu watawe muri yombi, ubu acumbikiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Ngoma, kugira ngo uru rwego rushinzwe iperereza, rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha, na bwo buzamuregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Yafunzwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, tariki 06 Gicurasi 2023, akekwaho ibyaha byumvikanamo amakimbirane yo mu muryango.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yagize ati “Akekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya ndetse n’ubushoreke.”

Dr Murangira yakomeje avuga ko RIB itazihanganira abakora ibyaha nk’ibi kuko “Ntabwo bikwiye guhoza ku nkeke uwo mwashyingiranywe, biragayitse rwose.”

Yakomeje agira ati “Umuntu wese ukora ibi byaha ntabwo amategeko azamwihanganira kuko usanga ibyaha nk’ibi bigira ingaruka ku bana.”

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwibutsa Abaturarwanda bose kugendera kure ibyaha nk’ibi kuko bihanwa n’amategeko kandi bikagira ingaruka ku muryango nyarwanda by’umwihariko ku bana.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye muri Werurwe uyu mwaka, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje izindi ngaruka z’intonganya zo mu miryango zitari zizwi na benshi, aho yavuze ko iyo ababyeyi batonganira hejuru y’umwana muto, bituma adakura neza.

Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko ubwonko bw’umwana buhora bwumva intonganya, bumenyesha ibindi bice by’umubiri ko bidakwiye gukura kuko ntaho byaba bijya.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Miriam Nobikunda says:
    2 years ago

    Uyu Mwarimu mwafunze agomba kubanza kuvuzwa mbere yo gufungwa kuko turabibona ko afite ikibazo mu mutwe bavanze bakivuze pe!

    Reply
  2. Karaboneye Barakagira says:
    2 years ago

    Hari igihe umugore name aba adafatika. Ibyaha nkibyo mujye mugenzura ku mpande zombi kuko ajyahanze kuko yabuze umutekano iwe murugo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 2 =

Previous Post

Abanyamakuru bakunzwe muri Siporo bahuriye mu mukino nkarishyabwenge bakora udushya (VIDEO)

Next Post

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.