Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Ibyaha biregwa umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda birimo ibigayitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruvuga ko akekwaho ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye n’ubushoreke, rukavuga ko ibyaha nk’ibi bigayitse, kandi ko rutazihanganira ababikora.

Uyu watawe muri yombi, ubu acumbikiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Ngoma, kugira ngo uru rwego rushinzwe iperereza, rukore dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha, na bwo buzamuregere Urukiko rubifitiye ububasha.

Yafunzwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, tariki 06 Gicurasi 2023, akekwaho ibyaha byumvikanamo amakimbirane yo mu muryango.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yagize ati “Akekwaho guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe no gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya ndetse n’ubushoreke.”

Dr Murangira yakomeje avuga ko RIB itazihanganira abakora ibyaha nk’ibi kuko “Ntabwo bikwiye guhoza ku nkeke uwo mwashyingiranywe, biragayitse rwose.”

Yakomeje agira ati “Umuntu wese ukora ibi byaha ntabwo amategeko azamwihanganira kuko usanga ibyaha nk’ibi bigira ingaruka ku bana.”

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwibutsa Abaturarwanda bose kugendera kure ibyaha nk’ibi kuko bihanwa n’amategeko kandi bikagira ingaruka ku muryango nyarwanda by’umwihariko ku bana.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye muri Werurwe uyu mwaka, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje izindi ngaruka z’intonganya zo mu miryango zitari zizwi na benshi, aho yavuze ko iyo ababyeyi batonganira hejuru y’umwana muto, bituma adakura neza.

Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko ubwonko bw’umwana buhora bwumva intonganya, bumenyesha ibindi bice by’umubiri ko bidakwiye gukura kuko ntaho byaba bijya.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Miriam Nobikunda says:
    3 years ago

    Uyu Mwarimu mwafunze agomba kubanza kuvuzwa mbere yo gufungwa kuko turabibona ko afite ikibazo mu mutwe bavanze bakivuze pe!

    Reply
  2. Karaboneye Barakagira says:
    3 years ago

    Hari igihe umugore name aba adafatika. Ibyaha nkibyo mujye mugenzura ku mpande zombi kuko ajyahanze kuko yabuze umutekano iwe murugo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 2 =

Previous Post

Abanyamakuru bakunzwe muri Siporo bahuriye mu mukino nkarishyabwenge bakora udushya (VIDEO)

Next Post

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe
IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Uko umuturage wihitiraga yatumye Polisi ifatira mu cyuho abari mu gikorwa kitemewe cyambukiranyije Intara ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.