Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyakurikiye kwakwa hutihuti amafaranga yo kugura imodoka byatumye barakara

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyakurikiye kwakwa hutihuti amafaranga yo kugura imodoka byatumye barakara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bategetswe n’ubuyobozi kwishyura amafaranga yo kugura imodoka y’umutekano n’isuku ariko ngo hashize umwaka batarayica iryera, bakavuga ko bibabaza kuko bashyizweho igitutu ubwo bayakwaga.

Aba baturage basabwe n’ubuyobozi bw’Umurenge gutanga amafaranga y’umusanzu yo kugura imodoka, umwaka ushize, ariko ngo barayibuze, ntibazi n’irengero ry’amafaranga batanze.

Bagirinka Esther wo Mudugudu wa Muguruka II mu Kagari ka Nyakagezi yagize ati “Bitatu (3 000 Frw) twatangaga kuri buri rugo yari ayo kugura imodoka yo kuzajya iducungira unutekano. None iyo modoka twarayitegereje twarayibuze.”

Niyomugabo Gaspard avuga ko bizezwaga ko iyo modoka izajya ibafasha mu gukora irondo rya nijoro, na bo bakumva ko ari igikorwa cyiza, bigatuma bishyura ayo mafaranga ku bwinshi.

Ati “Iyo modoka twarayitegereje turayibura. Badutegekaga gutanga bitewe n’icyiciro urimo, njye bantegetse gutanga ibihumbi bitanu, nabyishyuye gahoro gahoro.”

Aba baturage bavuga ko niba icyo kinyabiziga kitaguzwe, basubizwa amafaranga yabo, kuko umwaka ushize bayatanze.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Bruno Rangira, avuga ko iki gitekerezo cyari cyazanywe n’Inama Njyanama ndetse n’Ubuyobozi bw’Umurenge, ari na bo bakoze ubukangurambaga bwo gukusanya ariya mafaranga, ariko ko ataragwira.

Yagize ati “Icyo gihe cyose barimo bakora ubukanguramabaga, gusa mu cyumweru gishize twaganiriye n abo, twumvaga ibyo ari byo byose bitarenze mu kwezi kwa karindwi iyo modoka bazaba bayibonye.”

Avuga ko hari hamaze kuboneka miliyoni 22 Frw, ariko ko hakenewe arenze ayo kugira ngo hagurwe iyo modoka izafasha mu bikorwa by’isuku n’irondo.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Ikirere cyarakaye i Kigali ariko inyubako n’ibidukikije biracyamwenyura (Amafoto)

Next Post

Igisirikare cy’imvangavange: Abacancuro bongeye kugaragara muri FARDC bazamuye impaka

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cy’imvangavange: Abacancuro bongeye kugaragara muri FARDC bazamuye impaka

Igisirikare cy’imvangavange: Abacancuro bongeye kugaragara muri FARDC bazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.