Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro byahuje ubuyobozi bwa Rayon Sports, ubwa Al Hilal Benghazi, n’ubwa CAF, byavuyemo icyifuzo gishobora gutuma amatariki yagombaga kuzaberaho imikino yari yatangajwe, ahinduka.

Ni nyuma y’uko umukino wari kuzahuza Rayon Sport na Al Hilal Benghazi kuri uyu wa Gatanu, usubitswe igitaraganya kubera ibiza biri muri Libya, bikemezwa ko imikino yose izabera mu Rwanda.

Ibi biganiro byabereye i Benghazi kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2023, byarimo ubuyobozi bwa Rayon Sports buyobowe naPerezida wayo, Uwayezu Jean Fidel, ubwa Al Hilal Benghazi, Komiseri wari kuzayobora umukino wari kuzaba ku Gatanu, ndetse n’umusifuzi wa kane w’uyu mukino.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, avuga ko ibi biganiro, byari bigamije gusuzumira hamwe amatariki yari yatanzwe n’iyi kipe ko ari yo yazakinirwaho imikino yombi, aho uwa mbere uzakirwa na Al Hilal Benghazi wari kuzaba tariki 30 Nzeri, naho uwo kwishyura uzakirwa na Rayon ukaba wari kuzaba tariki 07 Ukwakira.

Muri ibi biganiro, CAF yamenyesheje amakipe yombi ko amatariki yifujwe na Rayon Sports ari aya kure kuko yagongana n’igihe hazatangarizwa amakipe yazamutse mu kindi cyiciro kuko azamenyekana tariki 05 Ukwakira 2023, bityo ko bagomba kuyahindura.

Uwayezu ati “Badusabye ko twagerageza tukigize imbere ikikino […] twabahaye ibindi byifuzo ko twifuza ko noneho imikino yahinduka ku buryo bukurikira, kuri 23/09 hakaba uwo mukino wa mbere, noneho umukino wo kwishyura wari kuzaba tariki 07, ukazaba tariki 30/09.”

Avuga ko iki cyifuzo na cyo kigomba gusuzumwa n’ubuyobozi bw’ikipe ya Al Hilal Benghazi, ubundi bwacyemera, amakipe yombi akagishyikiriza CAF, ari na yo izafata umwanzuro wa nyuma.

Rayon Sports yaraye ikoze imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 17 =

Previous Post

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Next Post

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.