Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye

radiotv10by radiotv10
14/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje Rayon, Al Hilal na CAF byamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro byahuje ubuyobozi bwa Rayon Sports, ubwa Al Hilal Benghazi, n’ubwa CAF, byavuyemo icyifuzo gishobora gutuma amatariki yagombaga kuzaberaho imikino yari yatangajwe, ahinduka.

Ni nyuma y’uko umukino wari kuzahuza Rayon Sport na Al Hilal Benghazi kuri uyu wa Gatanu, usubitswe igitaraganya kubera ibiza biri muri Libya, bikemezwa ko imikino yose izabera mu Rwanda.

Ibi biganiro byabereye i Benghazi kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2023, byarimo ubuyobozi bwa Rayon Sports buyobowe naPerezida wayo, Uwayezu Jean Fidel, ubwa Al Hilal Benghazi, Komiseri wari kuzayobora umukino wari kuzaba ku Gatanu, ndetse n’umusifuzi wa kane w’uyu mukino.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, avuga ko ibi biganiro, byari bigamije gusuzumira hamwe amatariki yari yatanzwe n’iyi kipe ko ari yo yazakinirwaho imikino yombi, aho uwa mbere uzakirwa na Al Hilal Benghazi wari kuzaba tariki 30 Nzeri, naho uwo kwishyura uzakirwa na Rayon ukaba wari kuzaba tariki 07 Ukwakira.

Muri ibi biganiro, CAF yamenyesheje amakipe yombi ko amatariki yifujwe na Rayon Sports ari aya kure kuko yagongana n’igihe hazatangarizwa amakipe yazamutse mu kindi cyiciro kuko azamenyekana tariki 05 Ukwakira 2023, bityo ko bagomba kuyahindura.

Uwayezu ati “Badusabye ko twagerageza tukigize imbere ikikino […] twabahaye ibindi byifuzo ko twifuza ko noneho imikino yahinduka ku buryo bukurikira, kuri 23/09 hakaba uwo mukino wa mbere, noneho umukino wo kwishyura wari kuzaba tariki 07, ukazaba tariki 30/09.”

Avuga ko iki cyifuzo na cyo kigomba gusuzumwa n’ubuyobozi bw’ikipe ya Al Hilal Benghazi, ubundi bwacyemera, amakipe yombi akagishyikiriza CAF, ari na yo izafata umwanzuro wa nyuma.

Rayon Sports yaraye ikoze imyitozo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

Igisubizo kitavugwaho rumwe cy’inzego ku giteye impungenge cyagaragaye mu bizamini bya Leta

Next Post

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Uwatereswe na Kazungu ahishuye ibitangaza bitari bizwi yizezaga abakobwa kugira ngo abashiture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.