Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

radiotv10by radiotv10
16/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kwandika amateka, ahura na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin mu biganiro byari bitegerejwe na benshi, aho impande zombi zavuze ko ibiganiro byabo byagenze neza.

Aba Bakuru b’Ibihugu bitajya imbizi, bahuriye muri Alaska mu ijoro ryacyeye, aho Perezida Trump yakiriwe na mugenzi we Putin.

Ubwo berecyezaga ahabereye ibiganiro, Trump yatwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Limousine itwara Perezida wa US izwi nka ‘Beast’ yaturutse muri America, ndetse ajyana na mugenzi we Putin, aho abasesenguzi bavuga ko Trump atari kugenda mu modoka yo mu Burusiya ku bw’umutekano we.

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi bamaze iminota icumi bari kumwe mu modoka, mu gihe bivugwa ko imodoka yagombaga gutwara Putin yari imutegereje ikaza kugendera aho.

Nyuma y’ibiganiro, Putin yatangije ikiganiro bagiranye n’itangazamakuru atasubijemo ibibazo byinshi by’abanyamakuru bamubazaga ku by’intambara yo muri Ukraine.

Putin yavuze ko iyi nama yamuhuje na mugenzi we Trump, idakwiye gufatwa nk’iy’amateka, ahubwo ko “yari ngombwa” nyuma y’imyaka y’ingorane zatumye badahura.

Yavuze ko ibyo bagezeho kuri iyi nshuro bishobora kuba intambwe nziza iganisha ku nzira yageza ku amahoro muri Ukraine.

Trump ubwo yafataga ijambo, yavuze ko iyi nama, yabaye “Iy’ingirakamaro mu buryo budasanzwe.”

Gusa yatangaje ko hakiri imbogamizi imwe ikomeye cyane yo kugera ku mahoro, ariko ntiyagira byinshi ayitangazaho. Yavuze ko nta mugambi runaka bigeze bumvikanaho, icyakora ko ari bugufi bakagira icyo bageraho.

Trump yizeje ko agiye kugirana ibiganiro n’abo mu Muryango wa NATO ndetse n’Abanyaburayi, kuri gahunda igamije kurangiza intambara imaze igihe muri Ukraine yashojwe n’u Burusiya.

Aba Bakuru b’Ibihugu by’ibihangange, kandi basoje ikiganiro, bavuga ko vuba bazahurira i Moscow, ahategerejwe ibiganiro bizabahuza bombi na mugenzi wabo wa Ukraine.

Mbere yo guhura, Perezida Trump yari yagaragaje ko afite impungenge ko ibiganiro agiye kugirana na Putin bishobora kutagira icyo bigeraho.

Abanyaburayi batari bishimiye iby’uku guhura, bavugaga ko Trump atagomba kugira icyo yumvikanaho na Putin mu gihe ibiganiro byabo bitarimo mugenzi wabo Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine, kuko byaba ari nk’ubugambanyi.

Ubwo Putin yakiraga Trump
Bagiye mu modoka imwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 20 =

Previous Post

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Next Post

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Related Posts

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma n’impanuka y’urusengero rwubakwaga mu Karere ka Amhara muri Ethiopia rugwiriye abantu bari mu masengesho, imibare y’abo yahitanye ndetse n’abakomeretse...

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

by radiotv10
02/10/2025
0

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

IZIHERUKA

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere
IMYIDAGADURO

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

04/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

04/10/2025
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

04/10/2025
Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

04/10/2025
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy'ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.