• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

radiotv10by radiotv10
16/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Levixone w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uri mu bakunzwe muri Uganda, akaba afite inkomoko mu Rwanda, yasezeranye Imbere y’Imana n’umukunzi we Desire Luzinda na we akaba ari umuhanzi, ibiroro byanitabiriwe na bamwe mu bafana babo.

Inkuru y’ubukwe bw’aba bombi yamenyekana bwa mbere ku wa 27 Nyakanga 2025 ubwo berekanwaga mu rusengero rwitwa Phaneroo Ministries i Kampala.

Ku wa kabiri w’iki cyumweru Tariki 12 Kanama nibwo habaye umuhango wo gusaba no gukwa, wabereye aho ababyeyi ba Desire batuye mu gace ka Kawanda-Katalemwa.

Nyuma y’uyu muhango Levixone yagiye ku mbuga nkoranyamabaga arandika ati “Guhera ubu ndi uwe na we ni uwanjye iteka ryose. Ijambo ntirishobora kugaragaza ibyishimo mfite mu mutima ubwo nitegura kurushinga n’urukundo rw’ubuzima bwanjye.”

Kuri uyu wa Gatanu uyu muramyi n’umwanditsi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Levixone na Desire Luzinda basezeranye imbere y’Imana aho basezeranyijwe na Apostle Grace Lubega umushumba mukuru w’itorero Phaneroo Ministries Interantional, byabereye kuri Serena Hotel Kigo.

Ibi birori byahuruje imbaga, imiryango, inshuti za hafi n’abafana bakunda uyu muhanzi. Nyuma yo gusezerana hakuriyeho igice cyo kwiyakira, hakurikiraho kwidagadura barabyina karahava.

Umukunzi we ubu wabaye umugore we byemewe imbere y’Imana, Desire Luzinda na we ni umuhanzi, we wamenyekanye mu muziki usanzwe gusa nyuma yaje guhindura ubu aririmba izo kuramya no guhimbaza Imana.

Levixone we yatangiye kuririmba akiri muto aririmba indirimbo zo guhimbaza Imana. yamamaye cyane ndetse akundwa mu ndirimbo nyinshi zirimo ‘Turn the Replay’, ‘Chikibombe’, na ‘Mbeera’.

Basezeranye mu rusengero

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Next Post

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.