Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umutwe wa M23, General Sultani Makenga yagiranye na Alain Destexhe wabaye Umusenateri mu Bubiligi, yavuze byinshi, ku ntego barwanira, impamvu bafashe Imijyi ya Goma na Bukavu, uko uyu mutwe ubasha gukubita incuro igisirikare cy’Igihugu gifite byose kinafite abagifasha.

Mu nyandiko yashyizwe hanze na Alain Destexhe wagarutse ku kiganiro yagiranye na General Makenga, yavuze ko uyu musirikare wo hejuru udakunze kwemera kugirana ibiganiro n’abantu, yamwereye ko baganira, bakagirana ikiganiro ahantu harinzwe bidasanzwe, hari imodoka nyinshi zifite ibirango bya FRDC [birumvikana n’izo M23 yambuye FARDC].

Uyu munyapolitiki avuga ko ubwo baganiraga, imbere ya General Makenga hari icyombo, na telefone eshatu, buri kanya zisona ndetse n’amajwi acicikana ku cyombo, ubundi agakubitaho ijisho areba abamuhamagaye.

Uyu munyapolitiki yinjiye nyirizina mu byo baganiriye, buri kibazo n’igisubizo yahabwaga n’uyu musirikare bigaragara ko ubuzima bwe yimariyemo igisirikare, yamubajije niba nyuma yo gufata Goma na Bukavu, bazakomeza bakagera i Kinshasa.

Yamusubije agira ati “Oya, keretse igihe batugabyeho ibitero. Tuzabihagarika twirwanaho. Mugomba kumva ko twafashe intwaro kuko twari turambiwe akarengane ko kuturimbura. Ntabwo twari gukomeza kureka ngo batwice tutagize icyo dukora. Birababaje kubona isi yose yarateye umugongo ibyo byose.”

General Makenga yakomeje anamugaragariza ingero zirimo ubwicanyi buherutse gukorerwa ahitwa Nturo muri Teritwri ya Masisi, ati “Wabonye uburyo hari agace katwitswe konyine kubera ko gatuwe n’Abatutsi. Tugomba kurandura iyo ngengabitekerezo y’irondabwoko, tukimakaza ubwiyunge.”

Alain Destexhe arongera aramubaza ati “Kuki mwafashe Goma na Bukavu?” Makenga amusubiza agira ati “Ntabwo byari mu ntego zacu, ariko i Goma ni ho FARDC n’abandi barwanyi bayifasha bakoreshaga bagaba ibitero ku birindiro byacu no ku baturage b’abasivile bo mu bice tugenzura. Ntabwo twari gukomeza kubyihanganira. Ubundi rero FARDC n’abasirikare b’u Burundi bisuganyirije i Bukavu ubundi bakajya bakira ibikoresho ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu. Byatumye dufata Bukavu kugira ngo dukureho izo mpungenge. FARDC bakomeje kutugabaho ibitero na za Drone muri Kisangani.”

Abajijwe ukuntu umutwe abereye Umugaba Mukuru w’Ingabo ubasha kubona intsinzi imbere y’igisirikare gikomeye gifite abasirikare benshi n’ubushobozi, General Makenga, yabanje guceceka, arangije agira ati “Dufite impamvu turwanira kandi igisirikare cyacu gifite intego, ikindi cyiyongereyeho, ntayandi mahitamo dufite: ni intsinzi cyangwa se twe tukazimira. Abo duhanganye bo ntibari muri ibyo bihe. Kandi binatandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahembwa. Barwanira intego no gukunda Igihugu.”

Yanabajijwe kandi ku bijyanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya Angola ko ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuganira n’uyu mutwe, avuga ko M23 yo kuva cyera yiteguye ibiganiro. Igisubizo kuri iyi ngingo kiratambuka mu yindi nkuru inyuzwa kuri uru rubuga.

General Makenga ubwo yaganiraga n’uyu munyapolitiki yanyuzagamo akamwenyura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Marc Arstude says:
    9 months ago

    Ariko njye ndumva niba koko repubulika iharanira demukarasi ya kongo idashaka,kandi ishidikanya ibiganiro nibakomeze bahagarare kukuri kwabo kuko ntampuhwe isi ifitiye abantu cyaneko uba usanga amahanga niyo ahagaritse intambara bazimurira muri afurika ubwo rero cunga sana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Next Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.