Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umutwe wa M23, General Sultani Makenga yagiranye na Alain Destexhe wabaye Umusenateri mu Bubiligi, yavuze byinshi, ku ntego barwanira, impamvu bafashe Imijyi ya Goma na Bukavu, uko uyu mutwe ubasha gukubita incuro igisirikare cy’Igihugu gifite byose kinafite abagifasha.

Mu nyandiko yashyizwe hanze na Alain Destexhe wagarutse ku kiganiro yagiranye na General Makenga, yavuze ko uyu musirikare wo hejuru udakunze kwemera kugirana ibiganiro n’abantu, yamwereye ko baganira, bakagirana ikiganiro ahantu harinzwe bidasanzwe, hari imodoka nyinshi zifite ibirango bya FRDC [birumvikana n’izo M23 yambuye FARDC].

Uyu munyapolitiki avuga ko ubwo baganiraga, imbere ya General Makenga hari icyombo, na telefone eshatu, buri kanya zisona ndetse n’amajwi acicikana ku cyombo, ubundi agakubitaho ijisho areba abamuhamagaye.

Uyu munyapolitiki yinjiye nyirizina mu byo baganiriye, buri kibazo n’igisubizo yahabwaga n’uyu musirikare bigaragara ko ubuzima bwe yimariyemo igisirikare, yamubajije niba nyuma yo gufata Goma na Bukavu, bazakomeza bakagera i Kinshasa.

Yamusubije agira ati “Oya, keretse igihe batugabyeho ibitero. Tuzabihagarika twirwanaho. Mugomba kumva ko twafashe intwaro kuko twari turambiwe akarengane ko kuturimbura. Ntabwo twari gukomeza kureka ngo batwice tutagize icyo dukora. Birababaje kubona isi yose yarateye umugongo ibyo byose.”

General Makenga yakomeje anamugaragariza ingero zirimo ubwicanyi buherutse gukorerwa ahitwa Nturo muri Teritwri ya Masisi, ati “Wabonye uburyo hari agace katwitswe konyine kubera ko gatuwe n’Abatutsi. Tugomba kurandura iyo ngengabitekerezo y’irondabwoko, tukimakaza ubwiyunge.”

Alain Destexhe arongera aramubaza ati “Kuki mwafashe Goma na Bukavu?” Makenga amusubiza agira ati “Ntabwo byari mu ntego zacu, ariko i Goma ni ho FARDC n’abandi barwanyi bayifasha bakoreshaga bagaba ibitero ku birindiro byacu no ku baturage b’abasivile bo mu bice tugenzura. Ntabwo twari gukomeza kubyihanganira. Ubundi rero FARDC n’abasirikare b’u Burundi bisuganyirije i Bukavu ubundi bakajya bakira ibikoresho ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu. Byatumye dufata Bukavu kugira ngo dukureho izo mpungenge. FARDC bakomeje kutugabaho ibitero na za Drone muri Kisangani.”

Abajijwe ukuntu umutwe abereye Umugaba Mukuru w’Ingabo ubasha kubona intsinzi imbere y’igisirikare gikomeye gifite abasirikare benshi n’ubushobozi, General Makenga, yabanje guceceka, arangije agira ati “Dufite impamvu turwanira kandi igisirikare cyacu gifite intego, ikindi cyiyongereyeho, ntayandi mahitamo dufite: ni intsinzi cyangwa se twe tukazimira. Abo duhanganye bo ntibari muri ibyo bihe. Kandi binatandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahembwa. Barwanira intego no gukunda Igihugu.”

Yanabajijwe kandi ku bijyanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya Angola ko ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuganira n’uyu mutwe, avuga ko M23 yo kuva cyera yiteguye ibiganiro. Igisubizo kuri iyi ngingo kiratambuka mu yindi nkuru inyuzwa kuri uru rubuga.

General Makenga ubwo yaganiraga n’uyu munyapolitiki yanyuzagamo akamwenyura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Marc Arstude says:
    10 months ago

    Ariko njye ndumva niba koko repubulika iharanira demukarasi ya kongo idashaka,kandi ishidikanya ibiganiro nibakomeze bahagarare kukuri kwabo kuko ntampuhwe isi ifitiye abantu cyaneko uba usanga amahanga niyo ahagaritse intambara bazimurira muri afurika ubwo rero cunga sana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 3 =

Previous Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Next Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.