Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umutwe wa M23, General Sultani Makenga yagiranye na Alain Destexhe wabaye Umusenateri mu Bubiligi, yavuze byinshi, ku ntego barwanira, impamvu bafashe Imijyi ya Goma na Bukavu, uko uyu mutwe ubasha gukubita incuro igisirikare cy’Igihugu gifite byose kinafite abagifasha.

Mu nyandiko yashyizwe hanze na Alain Destexhe wagarutse ku kiganiro yagiranye na General Makenga, yavuze ko uyu musirikare wo hejuru udakunze kwemera kugirana ibiganiro n’abantu, yamwereye ko baganira, bakagirana ikiganiro ahantu harinzwe bidasanzwe, hari imodoka nyinshi zifite ibirango bya FRDC [birumvikana n’izo M23 yambuye FARDC].

Uyu munyapolitiki avuga ko ubwo baganiraga, imbere ya General Makenga hari icyombo, na telefone eshatu, buri kanya zisona ndetse n’amajwi acicikana ku cyombo, ubundi agakubitaho ijisho areba abamuhamagaye.

Uyu munyapolitiki yinjiye nyirizina mu byo baganiriye, buri kibazo n’igisubizo yahabwaga n’uyu musirikare bigaragara ko ubuzima bwe yimariyemo igisirikare, yamubajije niba nyuma yo gufata Goma na Bukavu, bazakomeza bakagera i Kinshasa.

Yamusubije agira ati “Oya, keretse igihe batugabyeho ibitero. Tuzabihagarika twirwanaho. Mugomba kumva ko twafashe intwaro kuko twari turambiwe akarengane ko kuturimbura. Ntabwo twari gukomeza kureka ngo batwice tutagize icyo dukora. Birababaje kubona isi yose yarateye umugongo ibyo byose.”

General Makenga yakomeje anamugaragariza ingero zirimo ubwicanyi buherutse gukorerwa ahitwa Nturo muri Teritwri ya Masisi, ati “Wabonye uburyo hari agace katwitswe konyine kubera ko gatuwe n’Abatutsi. Tugomba kurandura iyo ngengabitekerezo y’irondabwoko, tukimakaza ubwiyunge.”

Alain Destexhe arongera aramubaza ati “Kuki mwafashe Goma na Bukavu?” Makenga amusubiza agira ati “Ntabwo byari mu ntego zacu, ariko i Goma ni ho FARDC n’abandi barwanyi bayifasha bakoreshaga bagaba ibitero ku birindiro byacu no ku baturage b’abasivile bo mu bice tugenzura. Ntabwo twari gukomeza kubyihanganira. Ubundi rero FARDC n’abasirikare b’u Burundi bisuganyirije i Bukavu ubundi bakajya bakira ibikoresho ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu. Byatumye dufata Bukavu kugira ngo dukureho izo mpungenge. FARDC bakomeje kutugabaho ibitero na za Drone muri Kisangani.”

Abajijwe ukuntu umutwe abereye Umugaba Mukuru w’Ingabo ubasha kubona intsinzi imbere y’igisirikare gikomeye gifite abasirikare benshi n’ubushobozi, General Makenga, yabanje guceceka, arangije agira ati “Dufite impamvu turwanira kandi igisirikare cyacu gifite intego, ikindi cyiyongereyeho, ntayandi mahitamo dufite: ni intsinzi cyangwa se twe tukazimira. Abo duhanganye bo ntibari muri ibyo bihe. Kandi binatandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahembwa. Barwanira intego no gukunda Igihugu.”

Yanabajijwe kandi ku bijyanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya Angola ko ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuganira n’uyu mutwe, avuga ko M23 yo kuva cyera yiteguye ibiganiro. Igisubizo kuri iyi ngingo kiratambuka mu yindi nkuru inyuzwa kuri uru rubuga.

General Makenga ubwo yaganiraga n’uyu munyapolitiki yanyuzagamo akamwenyura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Marc Arstude says:
    11 months ago

    Ariko njye ndumva niba koko repubulika iharanira demukarasi ya kongo idashaka,kandi ishidikanya ibiganiro nibakomeze bahagarare kukuri kwabo kuko ntampuhwe isi ifitiye abantu cyaneko uba usanga amahanga niyo ahagaritse intambara bazimurira muri afurika ubwo rero cunga sana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fourteen =

Previous Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Next Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.