Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi wamenya ku mutoza w’umunyabigwi ku Isi watangaje igihe azahagararira gutoza Igihugu atoza

radiotv10by radiotv10
22/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi wamenya ku mutoza w’umunyabigwi ku Isi watangaje igihe azahagararira gutoza Igihugu atoza
Share on FacebookShare on Twitter

Didier Deschamps yakoze amateka yo kuba uwa gatatu mu mateka watwaye igikombe cy’Isi nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, aho agiconga ruhago yagitwaye mu 1998, yongera kugitwara nk’umutoza muri 2018, ariko agiye guhagarika gutoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa. Twibukiranye bimwe mu bigwig bye.

Didier Deschamps usanzwe atoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, watangaje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za America, canada ndetse na Mexique.

Ikirangirire mu mwuga wo gukina ndetse no gutoza umupira w’amaguru Didier Deschamps w’imyaka 56 ni we umaze igihe kinini atoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa batazira (Les Bleus), kuko ari ku ntebe y’ubutoza kuva muri 2012, Deschamps yayifashije kwegukana igikombe cy’isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya, ndetse anagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya 2022 muri Qatar, yanayihesheje kugera ku mukino wa nyuma wa Euro 2016 yabereye mu Bufaransa.

Didier Deschamps yahoze ari kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa akaba yarakinaga mu kibuga hagati yugarira.

Uyu mugabo yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa gatatu mu mateka, watwaye igikombe cy’Isi nk’umukinnyi kuko yabikoze mu 1998 nyuma yongera kugitwara nk’umutoza muri 2018, yaje akurikira Umunya- Brazil Mario Zagallo ndetse na Franz Beckenbauer ukomoka mu Budage.

Didier Deschamps yasimbuye Laurent Blanc nyuma yuko ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa inaniwe kugera muri 1/4 cy’irangiza cya Euro ya 2012. Ubwo Deschamps yafataga iyi kipe yayihesheje kubona itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2014 cyabereye muri Brazil, aho Les Bleus yasezerewe n’ikipe y’Igihugu y’u Budage muri 1/4 cy’irangiza.

Muri 2016 yafashije ikipe y’u Bufaransa kugera ku mukino wa nyuma wa Euro yabereye mu Bufaransa, ariko itsindwa ku mukino wa nyuma n’ikipe y’Igihugu ya Portugal mu minota y’inyongera.

Mbere yo gutoza u Bufaransa, Didier Deschamps yanyuze mu makipe akomeye arimo Monaco, Juventus na Marseille, nk’umukinnyi kandi afite amateka akomeye mu mupira w’amaguru ku rwego rw’imbere mu Gihugu no ku rwego mpuzamahanga kuko yatwaye ibikombe 14 harimo ibikombe bibiri bya Champions League yatwaranye na Marseille na Juventus, ndetse n’igikombe cya FA Cup yatwaranye n’ikipe ya Chelsea.

Didier Deschamps wakinaga mu kibuga hagati yugarira yakiniye ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa imikino 103, akaba yari na kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yatwaye igikombe cy’Isi mu 1998 ndetse na Euro yo muri 2000.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Next Post

Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi
AMAHANGA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.