Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi wamenya ku mutoza w’umunyabigwi ku Isi watangaje igihe azahagararira gutoza Igihugu atoza

radiotv10by radiotv10
22/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi wamenya ku mutoza w’umunyabigwi ku Isi watangaje igihe azahagararira gutoza Igihugu atoza
Share on FacebookShare on Twitter

Didier Deschamps yakoze amateka yo kuba uwa gatatu mu mateka watwaye igikombe cy’Isi nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, aho agiconga ruhago yagitwaye mu 1998, yongera kugitwara nk’umutoza muri 2018, ariko agiye guhagarika gutoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa. Twibukiranye bimwe mu bigwig bye.

Didier Deschamps usanzwe atoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, watangaje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za America, canada ndetse na Mexique.

Ikirangirire mu mwuga wo gukina ndetse no gutoza umupira w’amaguru Didier Deschamps w’imyaka 56 ni we umaze igihe kinini atoza ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa batazira (Les Bleus), kuko ari ku ntebe y’ubutoza kuva muri 2012, Deschamps yayifashije kwegukana igikombe cy’isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya, ndetse anagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya 2022 muri Qatar, yanayihesheje kugera ku mukino wa nyuma wa Euro 2016 yabereye mu Bufaransa.

Didier Deschamps yahoze ari kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa akaba yarakinaga mu kibuga hagati yugarira.

Uyu mugabo yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa gatatu mu mateka, watwaye igikombe cy’Isi nk’umukinnyi kuko yabikoze mu 1998 nyuma yongera kugitwara nk’umutoza muri 2018, yaje akurikira Umunya- Brazil Mario Zagallo ndetse na Franz Beckenbauer ukomoka mu Budage.

Didier Deschamps yasimbuye Laurent Blanc nyuma yuko ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa inaniwe kugera muri 1/4 cy’irangiza cya Euro ya 2012. Ubwo Deschamps yafataga iyi kipe yayihesheje kubona itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2014 cyabereye muri Brazil, aho Les Bleus yasezerewe n’ikipe y’Igihugu y’u Budage muri 1/4 cy’irangiza.

Muri 2016 yafashije ikipe y’u Bufaransa kugera ku mukino wa nyuma wa Euro yabereye mu Bufaransa, ariko itsindwa ku mukino wa nyuma n’ikipe y’Igihugu ya Portugal mu minota y’inyongera.

Mbere yo gutoza u Bufaransa, Didier Deschamps yanyuze mu makipe akomeye arimo Monaco, Juventus na Marseille, nk’umukinnyi kandi afite amateka akomeye mu mupira w’amaguru ku rwego rw’imbere mu Gihugu no ku rwego mpuzamahanga kuko yatwaye ibikombe 14 harimo ibikombe bibiri bya Champions League yatwaranye na Marseille na Juventus, ndetse n’igikombe cya FA Cup yatwaranye n’ikipe ya Chelsea.

Didier Deschamps wakinaga mu kibuga hagati yugarira yakiniye ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa imikino 103, akaba yari na kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yatwaye igikombe cy’Isi mu 1998 ndetse na Euro yo muri 2000.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Next Post

Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

IZIHERUKA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara
IMIBEREHO MYIZA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Umushumba wa Kiliziya ku Isi bwa mbere yagaragaye mu ruhame kuva yaremba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.