Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’ikirangirire ku Isi Camilla Cabello wanasuye u Rwanda akanyurwa n’ubwiza bwarwo, we Shawn Mendez bahoze bakundana, bikaza kuvugwa ko batandukanye, bongeye kugaragara bahuje urugwiro, biteza urujijo ku bakekaga ko ibyabo byarangiye.

Itandukana rya Camilla Cabello na Shawn Mendez, ryavuzwe cyane mu mpera za 2021, ubwo bombi babitangazaga ku mugaragaro ko urukundo rwabo rwageze ku iherezo.

Iri tandukana ryabo ariko n’ubundi ryabaye urujijo kuko nubwo batangaje ku mugaragaro ko batakiri mu rukundo, ariko bazakomeza kuba inshuti zisanzwe.

Nyuma y’imyaka ibiri, urujijo ku itandukana ryabo rwongeye kuzamuka nyuma yuko Camilla Cabello na Shawn Mendez bongeye kugaragara bafatanye agatoki ku kandi mu iserukiramuco rya Coachella Festival.

Nanone kandi aba bombi bongeye kugaragara mu mihanda ya Santa Monica bahuje urugwiro, bishimanye bidasanzwe, ibintu byatumye bamwe bavuga ko bakiri mu rukundo ahubwo bashakaga kujijisha.

Camilla Cabello na Shawn Mendez binjiye mu rukundo muri 2019 nyuma yo gukorana indirimbo bise Senorita, yanamamaye cyane ku Isi.

Couple yabo iri mu zakunzwe cyane ku Isi ndetse aho yanaje guhimbwa akazina gakomatanyirije hamwe amazina yabo, ka Shawmila.

Camilla Cabello yizihirije Ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda, mu ruzinduko rw’ibanga yahagiriye, agasura ibyiza nyaburanga birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, irimo inyamswa z’Ingagi zisigaye hacye ku Isi, akaba yaranazishimiye.

Camilla Cabello yizihirije ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda
Ibye na Shawn Mendez byavugwaga ko batandukanye bikomeje kuba urujijo

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 17 =

Previous Post

26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw’agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b’Abarundi

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.