Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’ikirangirire ku Isi Camilla Cabello wanasuye u Rwanda akanyurwa n’ubwiza bwarwo, we Shawn Mendez bahoze bakundana, bikaza kuvugwa ko batandukanye, bongeye kugaragara bahuje urugwiro, biteza urujijo ku bakekaga ko ibyabo byarangiye.

Itandukana rya Camilla Cabello na Shawn Mendez, ryavuzwe cyane mu mpera za 2021, ubwo bombi babitangazaga ku mugaragaro ko urukundo rwabo rwageze ku iherezo.

Iri tandukana ryabo ariko n’ubundi ryabaye urujijo kuko nubwo batangaje ku mugaragaro ko batakiri mu rukundo, ariko bazakomeza kuba inshuti zisanzwe.

Nyuma y’imyaka ibiri, urujijo ku itandukana ryabo rwongeye kuzamuka nyuma yuko Camilla Cabello na Shawn Mendez bongeye kugaragara bafatanye agatoki ku kandi mu iserukiramuco rya Coachella Festival.

Nanone kandi aba bombi bongeye kugaragara mu mihanda ya Santa Monica bahuje urugwiro, bishimanye bidasanzwe, ibintu byatumye bamwe bavuga ko bakiri mu rukundo ahubwo bashakaga kujijisha.

Camilla Cabello na Shawn Mendez binjiye mu rukundo muri 2019 nyuma yo gukorana indirimbo bise Senorita, yanamamaye cyane ku Isi.

Couple yabo iri mu zakunzwe cyane ku Isi ndetse aho yanaje guhimbwa akazina gakomatanyirije hamwe amazina yabo, ka Shawmila.

Camilla Cabello yizihirije Ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda, mu ruzinduko rw’ibanga yahagiriye, agasura ibyiza nyaburanga birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, irimo inyamswa z’Ingagi zisigaye hacye ku Isi, akaba yaranazishimiye.

Camilla Cabello yizihirije ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda
Ibye na Shawn Mendez byavugwaga ko batandukanye bikomeje kuba urujijo

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − three =

Previous Post

26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw’agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b’Abarundi

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Related Posts

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.