Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iby’itandukana ry’umuhanzikazi w’ikirangirire wasuye u Rwanda n’umukunzi we byongeye kuba urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’ikirangirire ku Isi Camilla Cabello wanasuye u Rwanda akanyurwa n’ubwiza bwarwo, we Shawn Mendez bahoze bakundana, bikaza kuvugwa ko batandukanye, bongeye kugaragara bahuje urugwiro, biteza urujijo ku bakekaga ko ibyabo byarangiye.

Itandukana rya Camilla Cabello na Shawn Mendez, ryavuzwe cyane mu mpera za 2021, ubwo bombi babitangazaga ku mugaragaro ko urukundo rwabo rwageze ku iherezo.

Iri tandukana ryabo ariko n’ubundi ryabaye urujijo kuko nubwo batangaje ku mugaragaro ko batakiri mu rukundo, ariko bazakomeza kuba inshuti zisanzwe.

Nyuma y’imyaka ibiri, urujijo ku itandukana ryabo rwongeye kuzamuka nyuma yuko Camilla Cabello na Shawn Mendez bongeye kugaragara bafatanye agatoki ku kandi mu iserukiramuco rya Coachella Festival.

Nanone kandi aba bombi bongeye kugaragara mu mihanda ya Santa Monica bahuje urugwiro, bishimanye bidasanzwe, ibintu byatumye bamwe bavuga ko bakiri mu rukundo ahubwo bashakaga kujijisha.

Camilla Cabello na Shawn Mendez binjiye mu rukundo muri 2019 nyuma yo gukorana indirimbo bise Senorita, yanamamaye cyane ku Isi.

Couple yabo iri mu zakunzwe cyane ku Isi ndetse aho yanaje guhimbwa akazina gakomatanyirije hamwe amazina yabo, ka Shawmila.

Camilla Cabello yizihirije Ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda, mu ruzinduko rw’ibanga yahagiriye, agasura ibyiza nyaburanga birimo Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, irimo inyamswa z’Ingagi zisigaye hacye ku Isi, akaba yaranazishimiye.

Camilla Cabello yizihirije ubunani bw’uyu mwaka mu Rwanda
Ibye na Shawn Mendez byavugwaga ko batandukanye bikomeje kuba urujijo

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eleven =

Previous Post

26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw’agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b’Abarundi

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe yitabiriye inama yakunze kubera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.