Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubera igitarerane cyiswe ‘Gather 25’ kizahuza abaturutse ku Isi yose kigamije gufasha abayituye kumenya Yezu Kristo dore abatarakiriye agakiza baruta abakakiriye, aho giterejwemo amasengesho azamara amasaha 25.

Abateguye iki giterane, bavuga Abakristu bari ku Isi ari miliyari ebyiri gusa, mu gihe abatarakiriye Yesu Kristu bagera muri miliyari eshatu, ku buryo hakenewe imbaraga zo gutuma n’aba bandi baba abo mu muryango wa Yezu Kristu.

Iki giterane kizaba ku wa Gatandatu tariki 01 Werurwe 2025, kizajya kiba buri myaka ibiri, nk’uko bitangazwa n’abagiteguye, ndetse ku nshuro yacyo ya mbere kikazabera i Kigali mu Rwanda muri BK Arena.

Charles Mugisha, umushumba w’Itorero ‘New Life Bible Church’ uri muri komite yateguye iki giterane, yavuze ko u Rwanda rwatoranyijwe kugira ngo rwakire iki giterane, kuko ari Igihugu kiri muri Afurika hagati.

Ati “Ariko ukuyemo n’icyo, nari mu bantu bateguye Gather 25 kandi ndi Umunyarwanda mbasaba ko bareka ikabera iwacu mu Rwanda, barabyemera ariko na bo bagenzuye basanga ntakibazo yabera muri BK Arena cyane ko yujuje ibyangombwa.”

Avuga ko hazakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho rya AI (Artificial Intelligence) ku buryo umuntu wese aho azaba ari ku isi hose azabasha kumva ibiri kubera mu giterane mururimi rwe.

Biteganyijwe kandi ko hazafatwa amasaha atatu, aho isi yose izaba ireba ibirimo kubera muri BK Arena, na ho andi masaha hakazerekanwa uko bizaba bimeze mu bindi Bihugu n’ahandi hazabera iki giterane mpuzamahanga.

Ati “Itorero ryo ku isi yose rizafata umwanya wo kusenga no kuramya Imana amasaha 25 ariko hazafatwa amasaha atatu guhera saa kumi n’imwe zo kuri uyu wa Gatandatu aho amaso y’Isi yose televiziyo zose bazaba areba ibiri kubera muri BK Arena izaba yabaye nka sitidiyo iri kwereka Isi yose ibiri kuhabera.

Iki giterane kandi kizaririmbamo abahanzi, barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, barimo Uwimana Aimé, Fabrice and Maya, Chryso Ndasingwa, Kolari True Promises, Apostle Apollinaire & Jeannette, Prosper Nkomezi, New Life Band, Watoto Children’s Choir yo muri Uganda, na Tim Godfrey wo muri Nigeria.

Habaye ikiganiro n’itangazamakuru gitegura iki giterane
Pastor Mugisha avuga ko ari umugisha u Rwanda ruzaba rugize

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Next Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Related Posts

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.