Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubera igitarerane cyiswe ‘Gather 25’ kizahuza abaturutse ku Isi yose kigamije gufasha abayituye kumenya Yezu Kristo dore abatarakiriye agakiza baruta abakakiriye, aho giterejwemo amasengesho azamara amasaha 25.

Abateguye iki giterane, bavuga Abakristu bari ku Isi ari miliyari ebyiri gusa, mu gihe abatarakiriye Yesu Kristu bagera muri miliyari eshatu, ku buryo hakenewe imbaraga zo gutuma n’aba bandi baba abo mu muryango wa Yezu Kristu.

Iki giterane kizaba ku wa Gatandatu tariki 01 Werurwe 2025, kizajya kiba buri myaka ibiri, nk’uko bitangazwa n’abagiteguye, ndetse ku nshuro yacyo ya mbere kikazabera i Kigali mu Rwanda muri BK Arena.

Charles Mugisha, umushumba w’Itorero ‘New Life Bible Church’ uri muri komite yateguye iki giterane, yavuze ko u Rwanda rwatoranyijwe kugira ngo rwakire iki giterane, kuko ari Igihugu kiri muri Afurika hagati.

Ati “Ariko ukuyemo n’icyo, nari mu bantu bateguye Gather 25 kandi ndi Umunyarwanda mbasaba ko bareka ikabera iwacu mu Rwanda, barabyemera ariko na bo bagenzuye basanga ntakibazo yabera muri BK Arena cyane ko yujuje ibyangombwa.”

Avuga ko hazakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho rya AI (Artificial Intelligence) ku buryo umuntu wese aho azaba ari ku isi hose azabasha kumva ibiri kubera mu giterane mururimi rwe.

Biteganyijwe kandi ko hazafatwa amasaha atatu, aho isi yose izaba ireba ibirimo kubera muri BK Arena, na ho andi masaha hakazerekanwa uko bizaba bimeze mu bindi Bihugu n’ahandi hazabera iki giterane mpuzamahanga.

Ati “Itorero ryo ku isi yose rizafata umwanya wo kusenga no kuramya Imana amasaha 25 ariko hazafatwa amasaha atatu guhera saa kumi n’imwe zo kuri uyu wa Gatandatu aho amaso y’Isi yose televiziyo zose bazaba areba ibiri kubera muri BK Arena izaba yabaye nka sitidiyo iri kwereka Isi yose ibiri kuhabera.

Iki giterane kandi kizaririmbamo abahanzi, barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, barimo Uwimana Aimé, Fabrice and Maya, Chryso Ndasingwa, Kolari True Promises, Apostle Apollinaire & Jeannette, Prosper Nkomezi, New Life Band, Watoto Children’s Choir yo muri Uganda, na Tim Godfrey wo muri Nigeria.

Habaye ikiganiro n’itangazamakuru gitegura iki giterane
Pastor Mugisha avuga ko ari umugisha u Rwanda ruzaba rugize

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Next Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.