Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Inama yiga ku iterambere rirambye, yavuze ko hari byinshi byiyemezwa na za Guverinoma mu kuganisha abaturage muri iri terambere, ariko bikaba bihabanye n’ibyo zikora, ahubwo bigasiga abantu mu mpaka z’urudaca no kwitana bamwana.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ubwo yitabiraga igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro iyi nama izwi nka ‘Abu Dhabi Sustainability Week Summit’, yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, ndetse n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza wo kuba abantu basuzumira hamwe intambwe imaze guterwa mu rugendo rw’iterambere rirambye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko icyerekezo cy’iterambere rirambye cyiyemejwe cyitaragera ku byasezeranyijwe abantu, byumwihariko muri Afurika. Ibyiyemezwa muri Politiki ntibihura n’ibikorwa, bikadusiga mu mpaka z’urudaca ndetse no kwitana bamwana.”

Yavuze ko imirongo na gahunda bishyirwaho, rimwe na rimwe biba bitajyanye n’uko ibintu byifashe mu Bihugu bimwe na bimwe, ku buryo byatuma iryo terambere ryifuzwa rigerwaho byumwihariko mu Bihugu biri mu nzira y’amajyambere kubera ubushobozi bwabyo.

Ati “Iterambere rirambye ryatweretse ko dufite imikoro y’ingenzi: tugomba kwihuta mu iterambere, tubijyana no mu kubaka ubukungu butangiza ikirere.”

Yavuze ko kugira ngo izi ntego zombi zigerweho, “biradusaba gukoresha ikoranabuhanga rihendutse, ryagutse kandi risigasira ubukungu. Uburyo u Rwanda rwahisemo mu kugana kuri iri terambere rirambye, bwose bugendera kuri ibi, kandi ntibugire uwo buheza, kwishakamo ubushobozi ndetse no gukorana n’abandi.”

Yavuze ko u Rwanda rwashyizeho urubuga rwagutse rworohereza ishoramari ndetse hagashyirwaho n’amategeko atabaremereye ajyanye n’imisoro, na politiki zorohereza abashaka kuza gukorera mu Rwanda no kuhimukira.

Yagaragaje bimwe mu byakozwe mu Rwanda mu korohereza abaturage kugana ku iterambere rirambye, birimo ikoranabuhanga ryashyizwe mu buhinzi ribafasha ababukora gukurikirana amakuru y’ibyo bakora, ndetse na Kompanyi ya Zipline ifite utudege tutagira abapilote [Drone] twifashishwa mu kugeza ibikoresho mu mavuriro n’ibitaro.

U Rwanda kandi rwashoye imari mu gukoresha ibinyabiziga by’amashanyarazi aho rwashyizeho inyoroshyo kuba batumiza imodoka zikoresha izi ngufu, ndetse runashyira ikoranabuhanga mu kwishyura mu rwego rwo gutwara abagenzi.

Ati “Ariko turebye ibigenda bigerwaho, bitwereka ko mu gushyira imbere ingufu zisubira ndetse n’ibisubizo by’ikoranabuhanga, ari ingenzi, kandi byafasha Afurika mu guteza imbere urwego rw’inganda rwayo.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi byo gukora, kuko abawutuye bazikuba inshuro ebyiri mu mwaka wa 2050, ariko ko nanone ari n’amahirwe kuri wo.

Ati “Uyu muvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage, usobanuye ubukungu bwacu ugomba no kujyana n’ubwiyongere bw’ibyo bakenera nk’amazi, ibiribwa, ingufu [nk’amashanyarari] ndetse n’imirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ari ryo rizazamura ibi byose, byumwihariko rikifashishwa mu kwagura urwego rw’Ingufu rugira uruhare runini mu iterambere.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga iyi nama
Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan yafunguye iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye
Yagaragaje uko u Rwanda ruhagaze mu iterambere rirambye

Habayeho no gutanga ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nine =

Previous Post

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Next Post

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.