Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Inama yiga ku iterambere rirambye, yavuze ko hari byinshi byiyemezwa na za Guverinoma mu kuganisha abaturage muri iri terambere, ariko bikaba bihabanye n’ibyo zikora, ahubwo bigasiga abantu mu mpaka z’urudaca no kwitana bamwana.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ubwo yitabiraga igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro iyi nama izwi nka ‘Abu Dhabi Sustainability Week Summit’, yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, ndetse n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza wo kuba abantu basuzumira hamwe intambwe imaze guterwa mu rugendo rw’iterambere rirambye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko icyerekezo cy’iterambere rirambye cyiyemejwe cyitaragera ku byasezeranyijwe abantu, byumwihariko muri Afurika. Ibyiyemezwa muri Politiki ntibihura n’ibikorwa, bikadusiga mu mpaka z’urudaca ndetse no kwitana bamwana.”

Yavuze ko imirongo na gahunda bishyirwaho, rimwe na rimwe biba bitajyanye n’uko ibintu byifashe mu Bihugu bimwe na bimwe, ku buryo byatuma iryo terambere ryifuzwa rigerwaho byumwihariko mu Bihugu biri mu nzira y’amajyambere kubera ubushobozi bwabyo.

Ati “Iterambere rirambye ryatweretse ko dufite imikoro y’ingenzi: tugomba kwihuta mu iterambere, tubijyana no mu kubaka ubukungu butangiza ikirere.”

Yavuze ko kugira ngo izi ntego zombi zigerweho, “biradusaba gukoresha ikoranabuhanga rihendutse, ryagutse kandi risigasira ubukungu. Uburyo u Rwanda rwahisemo mu kugana kuri iri terambere rirambye, bwose bugendera kuri ibi, kandi ntibugire uwo buheza, kwishakamo ubushobozi ndetse no gukorana n’abandi.”

Yavuze ko u Rwanda rwashyizeho urubuga rwagutse rworohereza ishoramari ndetse hagashyirwaho n’amategeko atabaremereye ajyanye n’imisoro, na politiki zorohereza abashaka kuza gukorera mu Rwanda no kuhimukira.

Yagaragaje bimwe mu byakozwe mu Rwanda mu korohereza abaturage kugana ku iterambere rirambye, birimo ikoranabuhanga ryashyizwe mu buhinzi ribafasha ababukora gukurikirana amakuru y’ibyo bakora, ndetse na Kompanyi ya Zipline ifite utudege tutagira abapilote [Drone] twifashishwa mu kugeza ibikoresho mu mavuriro n’ibitaro.

U Rwanda kandi rwashoye imari mu gukoresha ibinyabiziga by’amashanyarazi aho rwashyizeho inyoroshyo kuba batumiza imodoka zikoresha izi ngufu, ndetse runashyira ikoranabuhanga mu kwishyura mu rwego rwo gutwara abagenzi.

Ati “Ariko turebye ibigenda bigerwaho, bitwereka ko mu gushyira imbere ingufu zisubira ndetse n’ibisubizo by’ikoranabuhanga, ari ingenzi, kandi byafasha Afurika mu guteza imbere urwego rw’inganda rwayo.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi byo gukora, kuko abawutuye bazikuba inshuro ebyiri mu mwaka wa 2050, ariko ko nanone ari n’amahirwe kuri wo.

Ati “Uyu muvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage, usobanuye ubukungu bwacu ugomba no kujyana n’ubwiyongere bw’ibyo bakenera nk’amazi, ibiribwa, ingufu [nk’amashanyarari] ndetse n’imirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ari ryo rizazamura ibi byose, byumwihariko rikifashishwa mu kwagura urwego rw’Ingufu rugira uruhare runini mu iterambere.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga iyi nama
Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan yafunguye iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye
Yagaragaje uko u Rwanda ruhagaze mu iterambere rirambye

Habayeho no gutanga ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =

Previous Post

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Next Post

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Related Posts

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

IZIHERUKA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere
MU RWANDA

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.