Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Lionel Messi yavugirijwe induru n’abafana b’ikipe ye ya Paris Saint Germain, bamugaragariza ko batamwishimiye, mbere y’uyu mukino iyi kipe yanatsindiwemo iwayo na Rennes ibitego 2-0.

Ibitego byatsinzwe na Karl Toko Ekambi ndetse na Arnaud Kalimuendo byatumye iyi PSG itakaza umukino, gusa abafana b’iyi kipe beretse Lionel Messi, watwaye igikombe cy’isi cya 2022, ko batamwishimiye bigendanye n’uburyo yitwaye ku mukino basezerewemo na Bayern Munich muri 1/8 cya UEFA Champions League ku ya 8 Werurwe 2023.

Ubwo hasomwaga izina rya Messi ndetse rikerekanwa kuri Televiziyo muri Stade mbere y’umukino, humvikanye amajwi y’abafana azomera Kizigenza Lionel Messi w’imyaka 35 kuri ubu.

Uyu Messi, waje muri iyi kipe ya Paris Saint Germain muri 2021, abenshi bumvaga ko ari cyo kintu iyi kipe yaburaga kugira ngo ibe yatwara Champions League.

Kuvamo muri iryo rushanwa kandi amasezerano ya Messi akaba ari kugana ku musozo, bisa n’aho ari yo yari amahirwe ya nyuma kuri uyu munya Argentine yo kuba yafasha iyi kipe gutwara iki gikombe itari yatwara na rimwe mu mateka yayo.

Ugutsindwa na Rennes bivuze ko ari ubwa mbere PSG itsindiwe mu rugo muri Shampiyona kuva yatozwa na Christophe Galtier, byakuyeho agahigo k’imikino 35 yari imaze idatsindirwa kuri Stade yayo, Parc des Princes muri Shampiyona.

Iyi PSG, mbere y’umukino yaraye itsinzwe, ikaba yari yarabonye amanota 35 muri 39 yakiniye ari yo yakiriye, bivuze ko yari yaratsinzemo imikino 11 inganyamo 2.

Paris Saint Germain ikaba ikiri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona aho irusha Marseille, iyikurikiye, amanota 7.

Lionel Messi, mu ikipe ya Paris Saint Germain, akaba yari amaze iminsi 700 adatsindirwa mu rugo muri Shampiyona.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 19 =

Previous Post

Umubare w’ibihangange byakanyujijeho muri ruhago bazaza mu Rwanda mu cy’Isi watangajwe

Next Post

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.