Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Lionel Messi yavugirijwe induru n’abafana b’ikipe ye ya Paris Saint Germain, bamugaragariza ko batamwishimiye, mbere y’uyu mukino iyi kipe yanatsindiwemo iwayo na Rennes ibitego 2-0.

Ibitego byatsinzwe na Karl Toko Ekambi ndetse na Arnaud Kalimuendo byatumye iyi PSG itakaza umukino, gusa abafana b’iyi kipe beretse Lionel Messi, watwaye igikombe cy’isi cya 2022, ko batamwishimiye bigendanye n’uburyo yitwaye ku mukino basezerewemo na Bayern Munich muri 1/8 cya UEFA Champions League ku ya 8 Werurwe 2023.

Ubwo hasomwaga izina rya Messi ndetse rikerekanwa kuri Televiziyo muri Stade mbere y’umukino, humvikanye amajwi y’abafana azomera Kizigenza Lionel Messi w’imyaka 35 kuri ubu.

Uyu Messi, waje muri iyi kipe ya Paris Saint Germain muri 2021, abenshi bumvaga ko ari cyo kintu iyi kipe yaburaga kugira ngo ibe yatwara Champions League.

Kuvamo muri iryo rushanwa kandi amasezerano ya Messi akaba ari kugana ku musozo, bisa n’aho ari yo yari amahirwe ya nyuma kuri uyu munya Argentine yo kuba yafasha iyi kipe gutwara iki gikombe itari yatwara na rimwe mu mateka yayo.

Ugutsindwa na Rennes bivuze ko ari ubwa mbere PSG itsindiwe mu rugo muri Shampiyona kuva yatozwa na Christophe Galtier, byakuyeho agahigo k’imikino 35 yari imaze idatsindirwa kuri Stade yayo, Parc des Princes muri Shampiyona.

Iyi PSG, mbere y’umukino yaraye itsinzwe, ikaba yari yarabonye amanota 35 muri 39 yakiniye ari yo yakiriye, bivuze ko yari yaratsinzemo imikino 11 inganyamo 2.

Paris Saint Germain ikaba ikiri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona aho irusha Marseille, iyikurikiye, amanota 7.

Lionel Messi, mu ikipe ya Paris Saint Germain, akaba yari amaze iminsi 700 adatsindirwa mu rugo muri Shampiyona.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Umubare w’ibihangange byakanyujijeho muri ruhago bazaza mu Rwanda mu cy’Isi watangajwe

Next Post

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Related Posts

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.