Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanye-Congo bo mu Mujyi wa Goma baramukiye mu myigaragambyo bamagana u Rwanda, bageze ku mupaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cyabo bashaka kwinjira ku gatuza, ubundi bafata amabuye menshi batera mu Rwanda.

Iyi myigaragambyo yakozwe n’Abanye-Congo bo mu Mujyi wa Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022.

Baturutse mu bice bitandukanye by’uyu Mujyi berecyeza ku mupaka uhuza u Rwanda na DRCongo, ari na ko bavuga amagambo menshi baterera hejuru, bamagana u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda bari mu Gihugu cyabo, bavugira hejuru bati “Abanyarwanda bagende mu Gihugu cyabo.”

Aba Banye-Congo bageze ku mupaka ku gice cyo ku ruhande rwabo, bahanganye n’Abapolisi b’Igihugu cyabo bashaka kurenga bariyeri ngo binjire mu Rwanda ariko abashinzwe umutekano ku mupaka ku ruhande rwa DRC bagerageza kubakoma.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba bakomani uruhuri bari gusunika ibyuma bya bariyeri, ariko abapolisi na bo bababera ibamba.

Aba baturage bahise bafata amabuye menshi ubundi batangira kumisha mu Rwanda mu gihe abapolisi bo ku ruhande rw’u Rwanda na bo bari ku burinzi bahagaze bambaye imyambaro yabo yabugenewe ituma badakomeretswa n’ayo mabuye yaterwaga n’aba Banye-Congo.

Aba Banye-Congo kandi badukiriye amaduka y’Abanyarwanda ari mu Mujyi wa Goma, ubundi barayangiza ari na ko bavuga ko badashaka Umunyarwanda ku butaka bwabo.

Umunyarwanda umwe uba mu Mujyi wa Goma, yabwiye RADIOTV10 ko Abanyarwanda bari muri uyu mujyi babyukanye ubwoba ku buryo nta n’umwe ushobora kwigaragaza kuko bashobora kumugirira nabi.

Ku mupaka w’u Rwanda na RDC i Goma, habereye imyigaragambyo ikomeye y’Abanye-Congo bamaganaga u Rwanda barushinja gufasha umutwe wa #M23 uhanganye n’igisirikare cyabo, FARDC. pic.twitter.com/brLO81APIN

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) June 15, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari

Next Post

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.