Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA
0
Ibyo Abakongomani bakoreye ku Mupaka w’u Rwanda na DRC ni agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanye-Congo bo mu Mujyi wa Goma baramukiye mu myigaragambyo bamagana u Rwanda, bageze ku mupaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cyabo bashaka kwinjira ku gatuza, ubundi bafata amabuye menshi batera mu Rwanda.

Iyi myigaragambyo yakozwe n’Abanye-Congo bo mu Mujyi wa Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022.

Baturutse mu bice bitandukanye by’uyu Mujyi berecyeza ku mupaka uhuza u Rwanda na DRCongo, ari na ko bavuga amagambo menshi baterera hejuru, bamagana u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda bari mu Gihugu cyabo, bavugira hejuru bati “Abanyarwanda bagende mu Gihugu cyabo.”

Aba Banye-Congo bageze ku mupaka ku gice cyo ku ruhande rwabo, bahanganye n’Abapolisi b’Igihugu cyabo bashaka kurenga bariyeri ngo binjire mu Rwanda ariko abashinzwe umutekano ku mupaka ku ruhande rwa DRC bagerageza kubakoma.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba bakomani uruhuri bari gusunika ibyuma bya bariyeri, ariko abapolisi na bo bababera ibamba.

Aba baturage bahise bafata amabuye menshi ubundi batangira kumisha mu Rwanda mu gihe abapolisi bo ku ruhande rw’u Rwanda na bo bari ku burinzi bahagaze bambaye imyambaro yabo yabugenewe ituma badakomeretswa n’ayo mabuye yaterwaga n’aba Banye-Congo.

Aba Banye-Congo kandi badukiriye amaduka y’Abanyarwanda ari mu Mujyi wa Goma, ubundi barayangiza ari na ko bavuga ko badashaka Umunyarwanda ku butaka bwabo.

Umunyarwanda umwe uba mu Mujyi wa Goma, yabwiye RADIOTV10 ko Abanyarwanda bari muri uyu mujyi babyukanye ubwoba ku buryo nta n’umwe ushobora kwigaragaza kuko bashobora kumugirira nabi.

Ku mupaka w’u Rwanda na RDC i Goma, habereye imyigaragambyo ikomeye y’Abanye-Congo bamaganaga u Rwanda barushinja gufasha umutwe wa #M23 uhanganye n’igisirikare cyabo, FARDC. pic.twitter.com/brLO81APIN

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) June 15, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Muhoozi arashaka guhura na Tshisekedi akamwereka uburyo bworoshye bakemura ibibazo bihari

Next Post

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Inkomere z’abasirikare ba Congo bahungiye Uganda basuwe na Ambasaderi ababwira ko ubutwari bwabo buzazirikanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.