Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Apôtre Yongwe wahamijwe icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya agahanishwa igifungo gisubitse, nyuma yo gusohoka mu Igororero, yavuze ko mu bikorwa bye hari ibyo agiye guhindura kugira ngo bitazongera kumuganisha mu byaha, avuga ko yanakomeje umurimo we w’ivugabutumwa wafashije imfungwa nyinshi zigakizwa.

Harelimana Joseph wamenyekanye nka Apôtre Yongwe, yasohotse mu Igororero rya Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, nyuma y’umunsi umwe asomewe icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwamuhamije icyaha, rukamuhanisha igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe usubitse n’ihazabu y’Ibihumbi 750 Frw.

Akimara kuva mu Igororero, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, avuga imigambi mishya asohokanye, irimo kugira ibyo ahindura mu bikorwa bye byatumye akurikiranwaho iki cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Yifashishije bimwe mu bikubiye mu ijambo ry’Imana, Yongwe yavuze ko “Bibiliya iravuga ngo cyera nkiri umwana muto navugaga nk’abana bato, ariko maze gukura ntangira kuvuga iby’abantu bakuru.”

Akomeza agira ati “Amashusho atari ngombwa sinzayakora, ariko abwiriza ubutumwa bwiza, yubaka Abanyarwanda; niteguye kuyakora.”

Ku bijyanye n’amaturo yanashingiweho mu guhamwa n’iki cyaha, Yongwe, yavuze ko na yo agiye kuyitwararikaho, gusa ngo ntazabura kuyakira, kuko ituro risanzwe ryemewe.

Yagize ati “Na hariya twari turi ituro riratangwa, ikibazo si amaturo, ahubwo umurongo ritangwamo ni uwuhe? uwo Abapasitori bariha ni uwuhe?”

Uyu muvugabutumwa washinjwaga kuba yarakaga abantu amaturo abizeza ko Imana izabakorera ibitangaza ariko bagategereza bagaheba, yavuze ko uburyo yakiraga amaturo ari bwo bugiye guhinduka, ariko ko ntakizamubuza gukomeza kuyafata kuko ntakindi cyatunga Umukozi w’Imana. Ati “Amaturo nta muntu uyabuza kuko no mu ndahiro narahiye birimo.”

Apôtre Yongwe wari umaze amezi atanu afunze, yavuze ko iki gihe amaze mu Igororero hari byinshi yize, kandi ko yishimira umusanzu yatanze mu kubwiriza imfungwa n’abagororwa bakunze inyigisho ze.

Yavuze ko mu cyumweru yigishaga iminsi ine, bigatanga umusaruro ushimishije kuko benshi bafashwaga ndetse bakagandukira Imana.

Ati “Washoboraga kubwiriza ukabona abantu maganatatu cyangwa maganatanu barihannye. Ni ikintu gikomeye utasuzugura kandi numvaga ko ndi mu murimo w’Imana.”

Yongwe yavuze ko gufungwa kwe bitamuciye intege ngo bibe byamujyana kure y’Imana, ahubwo ko byatumye arushaho kuyegera, kandi ko bizamufasha mu bikorwa bye by’ivugabutumwa agiye guhita akomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + one =

Previous Post

Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze

Next Post

Afurika y’Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Afurika y'Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.