Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Apôtre Yongwe wahamijwe icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya agahanishwa igifungo gisubitse, nyuma yo gusohoka mu Igororero, yavuze ko mu bikorwa bye hari ibyo agiye guhindura kugira ngo bitazongera kumuganisha mu byaha, avuga ko yanakomeje umurimo we w’ivugabutumwa wafashije imfungwa nyinshi zigakizwa.

Harelimana Joseph wamenyekanye nka Apôtre Yongwe, yasohotse mu Igororero rya Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, nyuma y’umunsi umwe asomewe icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwamuhamije icyaha, rukamuhanisha igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe usubitse n’ihazabu y’Ibihumbi 750 Frw.

Akimara kuva mu Igororero, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, avuga imigambi mishya asohokanye, irimo kugira ibyo ahindura mu bikorwa bye byatumye akurikiranwaho iki cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Yifashishije bimwe mu bikubiye mu ijambo ry’Imana, Yongwe yavuze ko “Bibiliya iravuga ngo cyera nkiri umwana muto navugaga nk’abana bato, ariko maze gukura ntangira kuvuga iby’abantu bakuru.”

Akomeza agira ati “Amashusho atari ngombwa sinzayakora, ariko abwiriza ubutumwa bwiza, yubaka Abanyarwanda; niteguye kuyakora.”

Ku bijyanye n’amaturo yanashingiweho mu guhamwa n’iki cyaha, Yongwe, yavuze ko na yo agiye kuyitwararikaho, gusa ngo ntazabura kuyakira, kuko ituro risanzwe ryemewe.

Yagize ati “Na hariya twari turi ituro riratangwa, ikibazo si amaturo, ahubwo umurongo ritangwamo ni uwuhe? uwo Abapasitori bariha ni uwuhe?”

Uyu muvugabutumwa washinjwaga kuba yarakaga abantu amaturo abizeza ko Imana izabakorera ibitangaza ariko bagategereza bagaheba, yavuze ko uburyo yakiraga amaturo ari bwo bugiye guhinduka, ariko ko ntakizamubuza gukomeza kuyafata kuko ntakindi cyatunga Umukozi w’Imana. Ati “Amaturo nta muntu uyabuza kuko no mu ndahiro narahiye birimo.”

Apôtre Yongwe wari umaze amezi atanu afunze, yavuze ko iki gihe amaze mu Igororero hari byinshi yize, kandi ko yishimira umusanzu yatanze mu kubwiriza imfungwa n’abagororwa bakunze inyigisho ze.

Yavuze ko mu cyumweru yigishaga iminsi ine, bigatanga umusaruro ushimishije kuko benshi bafashwaga ndetse bakagandukira Imana.

Ati “Washoboraga kubwiriza ukabona abantu maganatatu cyangwa maganatanu barihannye. Ni ikintu gikomeye utasuzugura kandi numvaga ko ndi mu murimo w’Imana.”

Yongwe yavuze ko gufungwa kwe bitamuciye intege ngo bibe byamujyana kure y’Imana, ahubwo ko byatumye arushaho kuyegera, kandi ko bizamufasha mu bikorwa bye by’ivugabutumwa agiye guhita akomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze

Next Post

Afurika y’Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya
MU RWANDA

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Afurika y'Epfo: Hatangajwe impamvu abagore 90% bumva badatekanye igihe batari kumwe n’abagabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.