Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/07/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki cyumweru, mu myidagaduro yo mu Rwanda hongeye kumvikana inkuru y’incamugongo ya Karamuka Jean Luc wamamaye nka nka Junior Multisystem witabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe. Twabakusanyirije byinshi byamuranze mu buzima bwe kuva mu bwana.

Mu ijoro ryo ku wa 29 Nyakanga 2023 ni bwo hamenyekanye inkuru y’incamugongo ko Junior Multisystem yitabye Imana. ni inkuru yashenguye benshi by’umwihariko abo mu ruganda rw’imyidagaduro, dore ko nyakwigendera yatunganyije indirimbo zakunzwe n’abatari bacye.

Junior Multisystem yavutse 1992, avukira mu muryango w’abana batandatu akaba uwa gatanu muri bo.

Yakuze yibwira ko azakina umupira w’amaguru, icyakora kubera kuba mu rusengero yagiye akururwa n’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Nyuma yo kurangiza amasomo ye, yagiye kwiga mu ishuri rya muzika yari arangiwe na mugenzi we umaze kumenyerwa uzwi nka Pastor P.

Junior yamenyekanye cyane agikora indirimbo yise ‘Ndacyariho Ndahumeka’ ya nyakwigendera Jay Polly, aza no gukorera Urban Boys indirimbo zirimo ‘Umwanzuro’, ‘Indahiro’, atangira kumenyekana uko.

Kuwa 30 Werurwe 2019 Junior Multisystem yakoze impanuka ubwo yavaga mu mu birori by’isabukuru ya mushiki we.

Icyo gihe yagonzwe n’imodoka imuturutse inyuma, icyakora aza kuyirokoka ariko arakomereka bikabije ku buryo byamuviriyemo gucibwa akaboko.

Junior yakoreye indirimbo abahanzi benshi; nka Butera Knowless yanakoreye album ye ya mbere yari igizwe n’indirimbo 10, Oda Paccy, Urban Boys, Tom Close, King James, Amag the Black, Lil G, Uncle Austin, Bruce Melodie, Riderman, Jay Polly nabandi benshi.

Joby Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Comments 1

  1. HAGENIMANA Jean de Dieu says:
    2 years ago

    N’aruhukire mu mahoro!!!RIP😭😭😭😭😭

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 5 =

Previous Post

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

Next Post

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Related Posts

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.