Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, SIPORO, UDUSHYA
0
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransakazi Alice Finot usanzwe ari umukinnyi mu mukino wo gusiganwa ku maguru, uri mu mikino ya Olympic, ubu ni we uri kugarukwaho muri iyi mikino nyuma yo gutungura umukunzi we mu ruhame, agapfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Alice Finot wasiganwaga mu cyiciro cya metero 3 000 mu masiganwa yabaye ku wa Kabiri, yanaciye agahiro ku Mugabane w’u Burayo kuko ari we wakoresheje ibihe bito mu mateka y’Abanyaburayi aho yakoresheje 8:58.67.

Mu cyiciro yasiganwagamo, umudali wa Zahabu wegukanye na Winfred Yavi wo mu kirwa cya Bahrain, mu gihe imidali ya Silver na Bronce yegukanywe n’Umunya-Kenya ndetse n’Umunya-Uganda.

he gold medal was won by Winfred Yavi of Bahrain, with silver and bronze

Nubwo ategukanye umudari kuko yaje ku mwanya wa kane, ariko ni we wabaye inkuru y’umunsi, ndetse akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu Mufaransakazi Alice Finot asoje iri rushanwa, ubundi akajya guhobera umukunzi we wari mu kivunge cy’abantu benshi, ubundi agahita apfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Uwo yasabye ko bazashyingiranwa, ni Umunya-Espagne Martínez Bargiela, na we wagaragaje ibyishimo byinshi ubwo umukunzi we yamugezagaho ubu busabe, ubundi bahita basomana umunwa ku wundi.

Si bo ba mbere basabanye kuzashyingiranwa muri iyi mikino iri kubera mu Bufaransa, dore ko babaye aba karindwi, ariko uburyo bo babikoze, bikaba byihariye, ari na yo mpamvu bikomeje kugaruwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Tariki 25 Nyakanga 2024, ubwo haburaga amasaha macye ngo iyi mikino itangire, umukinnyi wa Handball Pablo Simonet na we yasabye umukunzi we Maria Campoy ko bazashyingiranwa ubwo hariho hafatwa ifoto y’urwibutso.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kandi Umufaransa Sarah Steyaert n’umukunzi we Charline Picon na bo babigenje uko nyuma y’uko bari bamaze kwegukana imidari ya Bronze.

Nyuma y’umunsi umwe, umukinnyi w’Umushinwa w’umukino wa Badminton, Liu Yu Chen na we yambitse impeta umukunzi we Huang Ya Qiong nyuma y’iminota micye yegukanye umudari wa Zahabu.

Yapfukamye amusaba kuzamubera umugabo
Byari ibyishimo bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Next Post

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya ‘Rayon Day’ indi kipe yo mu Rwanda igiye gukora umunsi w’ibirori byayo

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.