Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in AMAHANGA, SIPORO, UDUSHYA
0
Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransakazi Alice Finot usanzwe ari umukinnyi mu mukino wo gusiganwa ku maguru, uri mu mikino ya Olympic, ubu ni we uri kugarukwaho muri iyi mikino nyuma yo gutungura umukunzi we mu ruhame, agapfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Alice Finot wasiganwaga mu cyiciro cya metero 3 000 mu masiganwa yabaye ku wa Kabiri, yanaciye agahiro ku Mugabane w’u Burayo kuko ari we wakoresheje ibihe bito mu mateka y’Abanyaburayi aho yakoresheje 8:58.67.

Mu cyiciro yasiganwagamo, umudali wa Zahabu wegukanye na Winfred Yavi wo mu kirwa cya Bahrain, mu gihe imidali ya Silver na Bronce yegukanywe n’Umunya-Kenya ndetse n’Umunya-Uganda.

he gold medal was won by Winfred Yavi of Bahrain, with silver and bronze

Nubwo ategukanye umudari kuko yaje ku mwanya wa kane, ariko ni we wabaye inkuru y’umunsi, ndetse akomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu Mufaransakazi Alice Finot asoje iri rushanwa, ubundi akajya guhobera umukunzi we wari mu kivunge cy’abantu benshi, ubundi agahita apfukama akamusaba ko bazashyingiranwa.

Uwo yasabye ko bazashyingiranwa, ni Umunya-Espagne Martínez Bargiela, na we wagaragaje ibyishimo byinshi ubwo umukunzi we yamugezagaho ubu busabe, ubundi bahita basomana umunwa ku wundi.

Si bo ba mbere basabanye kuzashyingiranwa muri iyi mikino iri kubera mu Bufaransa, dore ko babaye aba karindwi, ariko uburyo bo babikoze, bikaba byihariye, ari na yo mpamvu bikomeje kugaruwaho ku mbuga nkoranyambaga.

Tariki 25 Nyakanga 2024, ubwo haburaga amasaha macye ngo iyi mikino itangire, umukinnyi wa Handball Pablo Simonet na we yasabye umukunzi we Maria Campoy ko bazashyingiranwa ubwo hariho hafatwa ifoto y’urwibutso.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kandi Umufaransa Sarah Steyaert n’umukunzi we Charline Picon na bo babigenje uko nyuma y’uko bari bamaze kwegukana imidari ya Bronze.

Nyuma y’umunsi umwe, umukinnyi w’Umushinwa w’umukino wa Badminton, Liu Yu Chen na we yambitse impeta umukunzi we Huang Ya Qiong nyuma y’iminota micye yegukanye umudari wa Zahabu.

Yapfukamye amusaba kuzamubera umugabo
Byari ibyishimo bikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 16 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye muri Congo yavuze uko Tshisekedi amerewe nyuma yo kuva kwivuriza i Burayi

Next Post

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Related Posts

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma ya ‘Rayon Day’ indi kipe yo mu Rwanda igiye gukora umunsi w’ibirori byayo

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.