Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA
0
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Mugabane w’u Burayi haravugwa ubwoko bushya bwa Covid bwa XEC bushobora kongera guhangayikisha Isi, kubera uburyo bwandura mu buryo bwuhuse.

Ubu bwoko bushya bwagaragaye bwa mbere mu Budage mu kwezi kwa Kamena 2024, bumaze kugera mu Bihugu birenga 13.

Ubu bwoko bushya bwa Covid bufite ubukana bwo hejuru mu gukwirakwira, burimo na bwo ubwoko bubiri, ari bwo KS.1.1 na KP.3.3.

KS.1.1 cyangwa FLiRT ni bwo bukwirakwira cyane, bukaba bukomeje gutuma imibare y’abarwaye Covid yongeye kuzamuka ku Isi, mu gihe

Ubwoko bwa KP.3.3 cyangwa FLuQE bwo buzwiho kugera mu mubiri bukihindagura.

Raporo zikomeje gushyirwa hanze, zigaragaza ko ubu bwoko bwa Covid bwa XEC bwihindagura cyane, bityo ko ari yo mpamvu abantu bakwiye gufata inkingo z’ibanze ndetse z’izitsindagira.

Ikigo cy’Ubuzima mu Bwongereza, cyemeje gutanga ku buntu doze z’urukingo zo gutsindagira (booster) ku bantu bose bashobora kuzahazwa na Covid-19.

Umusesenguzi ku bijyanye na Covid, Mike Honey yanditse ubutumwa kuri X, ko “hari ubwiyongere bukabije bwa XEC mu Denmark no mu Budage.”

Yakomeje agira ati “Ubwoko bushya bwa XEC bukomeje gukwirakwira, kandi biragaragara ko bushobora kongera guteza impunge kubera ubwoko bushya bwa DeFLuQE (KP.3.1.1.).”

Yagaragaje Ibihugu byugarijwe cyane n’ubu bwoko bushya bwa Covid, nka Denmark n’u Budage aho biri ku kigero kiri hagati ya 16% na 17%, ndetse n’u Bwongereza n’u Buholandi biri ku kigero kiri hagati ya 11% na 13%.

Ni mu gihe Urwego Rushinzwe Umutekano mu by’Ubuzima mu Bwongereza UKHSA (UK Health Security Agency), ruvuga ko kororoka k’ubu bwoko bushya bwa Covid, biri ku gipimo gisanzwe.

Ibimenyetso by’ubu bwoko bushya bwa Covid, ni kimwe n’iby’ubusanzwe, birimo ibicurane, guhinda umuriro, kubabara mu muhogo, gucika intege ndetse no kudashaka kurya.

Benshi mu barwaye ubu bwoko, batangira kumererwa neza nyuma y’ibyumweru bicye, ariko kugira ngo umuntu akire burundu, bwo bikaba bimara igihe kinini.

Inzobere zivuga ko inkingo za Covid zisanzwe, zizewe ku kuba abakwandura ubu bwoko bushya, umubiri wabo wabasha guhangana na bwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

Next Post

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.