Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in AMAHANGA
0
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Mugabane w’u Burayi haravugwa ubwoko bushya bwa Covid bwa XEC bushobora kongera guhangayikisha Isi, kubera uburyo bwandura mu buryo bwuhuse.

Ubu bwoko bushya bwagaragaye bwa mbere mu Budage mu kwezi kwa Kamena 2024, bumaze kugera mu Bihugu birenga 13.

Ubu bwoko bushya bwa Covid bufite ubukana bwo hejuru mu gukwirakwira, burimo na bwo ubwoko bubiri, ari bwo KS.1.1 na KP.3.3.

KS.1.1 cyangwa FLiRT ni bwo bukwirakwira cyane, bukaba bukomeje gutuma imibare y’abarwaye Covid yongeye kuzamuka ku Isi, mu gihe

Ubwoko bwa KP.3.3 cyangwa FLuQE bwo buzwiho kugera mu mubiri bukihindagura.

Raporo zikomeje gushyirwa hanze, zigaragaza ko ubu bwoko bwa Covid bwa XEC bwihindagura cyane, bityo ko ari yo mpamvu abantu bakwiye gufata inkingo z’ibanze ndetse z’izitsindagira.

Ikigo cy’Ubuzima mu Bwongereza, cyemeje gutanga ku buntu doze z’urukingo zo gutsindagira (booster) ku bantu bose bashobora kuzahazwa na Covid-19.

Umusesenguzi ku bijyanye na Covid, Mike Honey yanditse ubutumwa kuri X, ko “hari ubwiyongere bukabije bwa XEC mu Denmark no mu Budage.”

Yakomeje agira ati “Ubwoko bushya bwa XEC bukomeje gukwirakwira, kandi biragaragara ko bushobora kongera guteza impunge kubera ubwoko bushya bwa DeFLuQE (KP.3.1.1.).”

Yagaragaje Ibihugu byugarijwe cyane n’ubu bwoko bushya bwa Covid, nka Denmark n’u Budage aho biri ku kigero kiri hagati ya 16% na 17%, ndetse n’u Bwongereza n’u Buholandi biri ku kigero kiri hagati ya 11% na 13%.

Ni mu gihe Urwego Rushinzwe Umutekano mu by’Ubuzima mu Bwongereza UKHSA (UK Health Security Agency), ruvuga ko kororoka k’ubu bwoko bushya bwa Covid, biri ku gipimo gisanzwe.

Ibimenyetso by’ubu bwoko bushya bwa Covid, ni kimwe n’iby’ubusanzwe, birimo ibicurane, guhinda umuriro, kubabara mu muhogo, gucika intege ndetse no kudashaka kurya.

Benshi mu barwaye ubu bwoko, batangira kumererwa neza nyuma y’ibyumweru bicye, ariko kugira ngo umuntu akire burundu, bwo bikaba bimara igihe kinini.

Inzobere zivuga ko inkingo za Covid zisanzwe, zizewe ku kuba abakwandura ubu bwoko bushya, umubiri wabo wabasha guhangana na bwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

Next Post

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Trump yahaye isezerano Abanyamerika ry’ibyo batabonye mu myaka 50 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.