Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo wamenya ku Igare: Mu Burayi niho hari menshi, mu Rwanda hinjira 14.000 buri mwaka

radiotv10by radiotv10
21/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku Igare: Mu Burayi niho hari menshi, mu Rwanda hinjira 14.000 buri mwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Igare, kimwe mu binyamitende bifatiye runini abaciriritse, bakoresha mu mirimo inyuranye, kikaba igikoresho cy’umukino umaze kwigarurira imitima y’abatuye Isi, ndetse ubu ni kimwe mu bikoresho byizewe mu bwikorezi kuko kitangiza ikirere. Igare ryabayeho ryari, ryahanzwe na nde, ryari?

Igare ryahanzwe mu kinyejana cya 19, ni ukuvuga mu myaka yo mu 1 800, ryakorewe ku Mugabane w’u Burayi, rihangwa mu biti, nyuma rigera mu gukorwa mu byuma. Ni igikoresho cyahanzwe kigamije gufasha abantu kugenda nyuma ariko baza kubona ko cyabafasha no gutwara imizigo iringaniye.

Iyo hatabaho umugabo w’Umudage witwa Karl von Drais, nta muntu numwe uyu munsi wari kuba azi cyangwa akoresha igare, kuko ari we warihanze. Ntawuzi neza igihe igare rya mbere ryaba ryarageze mu Rwanda, icyakora Rumiya Claude, umusaza w’imyaka 74 yavutse mu 1949 atuye mu Karere ka Rubavu avuga ko mu kubyiruka kwe, yasanze igare ririho ariko ridatunzwe na buri wese.

Ati ”Icyo gihe nabyirutse amagare nyabona, ariko ntabwo umuntu wese yashoboraga kugura igare, ryabaga rifitwe n’abo twitaga abasushefu (Sous-Chef). Umuntu wabaga afite igare twaramutinyaga cyane, tukamwubaha kuko nta n’uwaruzi aho rigurirwa.”

Aha umuntu ntiyatinya kuvuga ko gutunga igare ugendaho, ugahekaho inshuti cyangwa ukaritwaraho imizigo cyari ikimenyetso cy’intambwe y’ubukungu isumba iy’abandi.

Gukenerwa no gukoreshwa kw’igare kwakomeje kuzamuka mu Rwanda kugeza ubwo ryavuye kuba ari iryo gutemberaho cyangwa gutwara imizigo, ahubwo rinahinduka igikoresho gishobora kwinjiza amafaranga, havuka abazwi nk’abanyonzi, kuri ubu bararyirahira.

Nubwo igare rya mbere ryabayeho mu kinyejana cya 19, ubu tukaba turi mu kinyejana cya 21, kugeza ubu amagare ari ku Isi arenga Miliyari, akaba aruta kure umubare w’imodoka ziri ku Isi.

Igare kandi ryabaye igikoresho kifashihwa mu mukino w’isiganwa ry’amagare, by’umwihariko Abanyarwanda bazi uburyo bwaryo kuko iyo Tour du Rwanda igeze, buri wese aba yifuza kwirebera uyu mukino.

U Burayi bwihariye amagare menshi

Kugeza ubu raporo iheruka  ya 2023 y’ikinyamakuru discerningcyclist.com, yerekana ko Igihugu cy’u Buhorandi ari cyo kiri ku mwanya wa mbere ku Isi mu kuba kibarizwamo amagare menshi, ubu aho muri miliyoni 16,6 by’abaturage b’iki Gihugu, nibura umuntu umwe atunze igare, kuko muri iki Gihugu habarizwa amagare miliyoni 16,5.

Ku rutonde rw’Ibihugu 10 bitunze amagare menshi, nta Gihugu cyo muri Afurika kirimo, mu gihe u Burayi bwihariye imyanya 8, naho Asiya ikagiramo Ibihugu 2.

Nta mubare twabonye uzwi neza w’amagare ari mu Rwanda, icyakora imibare y’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority ya 2022, igaragaza ko umubare w’amagare yinjira mu Gihugu ugenda uzamuka.

Mu mwaka wa 2018 mu Rwanda hinjiye amagare 8 337, mu mwaka wa 2019 uhita ugera ku 10 221, mu mwaka wakurikiyeho wa 2020 uyu mubare wahise wikuba kabiri kuko hahise hinjira amagare 21 496 nubwo mu mwaka wa 2021 uyu mubare wasubiye hasi ukagera ku 16 906.

Mu mwaka wa 2022 uyu mubare w’amagare yinjira mu Gihugu wongeye kumanuka ugera ku 12 909. Gusa mu buryo bwo koroshya iyi mibare yerekana ko nibura buri mwaka mu Rwanda hinjira amagare hafi ibihumbi 14 mashya.

Vedaste KUBWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo gishimishije cyerekeye uwamugariye ku rugamba,…Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Next Post

Kigali: Mu byishimo bisendereye Abayisilamu basoje Igisibo bahabwa umukoro ukomeye (AMAFOTO)

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu byishimo bisendereye Abayisilamu basoje Igisibo bahabwa umukoro ukomeye (AMAFOTO)

Kigali: Mu byishimo bisendereye Abayisilamu basoje Igisibo bahabwa umukoro ukomeye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.