Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kiributsa Abaturarwanda ko indwara y’amaso yandura cyane ikomeje kugaragara kuri bamwe, kikanibutsa abantu ibimenyetso byayo, ndetse n’icyo bakwiye gukora mu gihe hari ubigaragaje, n’uburyo abantu bayirinda.

Hamaze iminsi havugwa indwara y’amaso yandura mu buryo bwihuse, ituma amaso atukura, ndetse igatuma abayirwaye bagira amarira mu maso.

Ni indwara imaze iminsi igaragara ahantu hakunze kuba abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC.

Dr. Edson Rwagasore, Umuyobozi w’Ishami ryo kurwanya indwara z’ibyorezo muri RBC, avuga ko iyi ndwara iterwa n’agakoko kitwa Adenovirus.

Ati “Ni indwara yandura cyane. Bimwe mu bimenyetso bikunze kurangwa n’iyi ndwara, harimo kokera kw’ijisho, kubyimba kw’amaso, gutukura ku gice cy’umweru cy’ijisho, kugira ibihu mu maso ku buryo utabona neza,…”

Yavuze kandi ko abarwaye iyi ndwara y’amaso, ingohi zabo zifatana mu gihe cya mu gitondo ndetse bakanatinya urumuri.

Ati “Nubwo bwose iyi ndwara yandura cyane, hari uburyo bwo kuyirinda. Muri ubwo buryo, harimo gukaraba intoki ukoresheje amazi n’isabune, harimo kwirinda gusuhuzanya cyangwa guhoberana n’umuntu ufite uburwayi, harimo kudakoresha ibikoresho byakoreshejwe n’umuntu ufite uburwayi.”

Nanone kandi abantu barasabwa kwirinda kurara ku buriri bumwe n’umuntu ufite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Dr. Edson Rwagasore ati “Kutihutira kujya kwa muganga, bishobora kugira ingaruka ku maso. Mu gihe cyose waba ufite kimwe muri ibyo bimenyetso irinde kujya ahantu hateraniye abantu benshi kugira ngo utabanduza, nanone ihutire kujya kwa muganga kugira ngo ubona ubuvuzi bukwiriye.”

Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette; agendeye kuri ubu butumwa bwa RBC, yahise agenera ubutumwa ibigo by’amashuri n’ababyeyi.

Yagize ati “Twihutire kugeza kwa muganga umunyeshuri wagaragayeho ibi bimenyetso by’amaso yandura kandi tumurinde kujya ahateraniye abandi.”

Iyi ndwara kandi ikomeje kuvugwa mu Bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; nko mu Burundi no muri Uganda, aho ikomeje gufata abantu batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eleven =

Previous Post

Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.