Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kiributsa Abaturarwanda ko indwara y’amaso yandura cyane ikomeje kugaragara kuri bamwe, kikanibutsa abantu ibimenyetso byayo, ndetse n’icyo bakwiye gukora mu gihe hari ubigaragaje, n’uburyo abantu bayirinda.

Hamaze iminsi havugwa indwara y’amaso yandura mu buryo bwihuse, ituma amaso atukura, ndetse igatuma abayirwaye bagira amarira mu maso.

Ni indwara imaze iminsi igaragara ahantu hakunze kuba abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC.

Dr. Edson Rwagasore, Umuyobozi w’Ishami ryo kurwanya indwara z’ibyorezo muri RBC, avuga ko iyi ndwara iterwa n’agakoko kitwa Adenovirus.

Ati “Ni indwara yandura cyane. Bimwe mu bimenyetso bikunze kurangwa n’iyi ndwara, harimo kokera kw’ijisho, kubyimba kw’amaso, gutukura ku gice cy’umweru cy’ijisho, kugira ibihu mu maso ku buryo utabona neza,…”

Yavuze kandi ko abarwaye iyi ndwara y’amaso, ingohi zabo zifatana mu gihe cya mu gitondo ndetse bakanatinya urumuri.

Ati “Nubwo bwose iyi ndwara yandura cyane, hari uburyo bwo kuyirinda. Muri ubwo buryo, harimo gukaraba intoki ukoresheje amazi n’isabune, harimo kwirinda gusuhuzanya cyangwa guhoberana n’umuntu ufite uburwayi, harimo kudakoresha ibikoresho byakoreshejwe n’umuntu ufite uburwayi.”

Nanone kandi abantu barasabwa kwirinda kurara ku buriri bumwe n’umuntu ufite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Dr. Edson Rwagasore ati “Kutihutira kujya kwa muganga, bishobora kugira ingaruka ku maso. Mu gihe cyose waba ufite kimwe muri ibyo bimenyetso irinde kujya ahantu hateraniye abantu benshi kugira ngo utabanduza, nanone ihutire kujya kwa muganga kugira ngo ubona ubuvuzi bukwiriye.”

Umunyamabaga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette; agendeye kuri ubu butumwa bwa RBC, yahise agenera ubutumwa ibigo by’amashuri n’ababyeyi.

Yagize ati “Twihutire kugeza kwa muganga umunyeshuri wagaragayeho ibi bimenyetso by’amaso yandura kandi tumurinde kujya ahateraniye abandi.”

Iyi ndwara kandi ikomeje kuvugwa mu Bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; nko mu Burundi no muri Uganda, aho ikomeje gufata abantu batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

Habonetse Igihugu gishyigikira icyareze Israel mu Rukiko ruregwamo Ibihugu bihemukira ibindi

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.