Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America agwa hasi, akomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Gusa hamenyekanye icyatumye atsitara akagwa hasi.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane muri Leta ya Colorado ubwo uyu Mukuru w’Igihugu cy’igihangange yari mu muhango wo gushimira abarangije amasomo y’Igisirikare kirwanira mu kirere.

Muri uyu muhango, Joe Biden yamaze umwanya munini agenda ashimira buri munyeshuri warangije aya masomo mu bagera muri 921, aho yagendaga abakora mu kiganza.

Ubwo yari asoje, yahindukiye atambutse intambwe ya mbere ahita atsitara agwa hasi, abashinzwe umutekano we bahita bamwegura, ahaguruka yitambutsa bigaragara ko nta kibazo kidasanzwe yagize.

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yongeye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hakwirakwiye amashusho amugaragaza yitura hasi ubwo yari mu muhango wo gusoza amasomo n’imyitozo ku basore n’inkumi bashya binjiye mu gisirikare cya… pic.twitter.com/Gu9vcjBTE0

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) June 2, 2023

Mu mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Biden agihaguruka agahita atunga urutoki, agaragaza ikimuteze.

Ukuriye itumanaho n’itangazamakuru mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (White House), Ben LaBolt yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Biden ntakibazo yagize, ndetse ko “ameze neza”

Ben LaBolt wagarutse ku cyatumye Biden agwa, yavuze ko “hari agafuka karimo umucanga ubwo yashimiraga abarangije amasomo” ari na ko yatsitabyeho akagwa.

Biden w’imyaka 80 y’amavuko, na we ubwo yari ashyitse ku ngoro ye, ku mugoroba, yagarutse kuri iri sanganya yahuriye na ryo i Colorado.

Mu mvugo yumvikanamo gutebya anaseka, Biden yabwiye abanyamkuru ati “Natezwe n’agafuka karimo umucanga.”

Si ubwa imbere impanuka nk’iyi ibaye kuri Perezida Joe Biden, kuko no muri Werurwe 2021 yanyereye ku madaragi (Escalier) y’indege ye ya Air Force One ubwo yayuriraga imwerecyeje i Atlanta muri Leta ya Georgia, ubwo yari agiye guhura n’imiryango ikomoka muri Asia yagizweho ingaruka n’ubwicanyi bwabereye muri kariya gace.

Uyu mukambwe uherutse gutangaza ko azaniyamamariza manda ya kabiri, icyo gihe bwo yanyereye ubugiragatatu, ariko nabwo nyuma byatangajwe ko yaje kumera neza.

Muri 2021 yari yaguye ku ngazi za Air Force One

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Next Post

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Related Posts

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n'icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.