Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America agwa hasi, akomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Gusa hamenyekanye icyatumye atsitara akagwa hasi.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane muri Leta ya Colorado ubwo uyu Mukuru w’Igihugu cy’igihangange yari mu muhango wo gushimira abarangije amasomo y’Igisirikare kirwanira mu kirere.

Muri uyu muhango, Joe Biden yamaze umwanya munini agenda ashimira buri munyeshuri warangije aya masomo mu bagera muri 921, aho yagendaga abakora mu kiganza.

Ubwo yari asoje, yahindukiye atambutse intambwe ya mbere ahita atsitara agwa hasi, abashinzwe umutekano we bahita bamwegura, ahaguruka yitambutsa bigaragara ko nta kibazo kidasanzwe yagize.

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yongeye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hakwirakwiye amashusho amugaragaza yitura hasi ubwo yari mu muhango wo gusoza amasomo n’imyitozo ku basore n’inkumi bashya binjiye mu gisirikare cya… pic.twitter.com/Gu9vcjBTE0

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) June 2, 2023

Mu mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Biden agihaguruka agahita atunga urutoki, agaragaza ikimuteze.

Ukuriye itumanaho n’itangazamakuru mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (White House), Ben LaBolt yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Biden ntakibazo yagize, ndetse ko “ameze neza”

Ben LaBolt wagarutse ku cyatumye Biden agwa, yavuze ko “hari agafuka karimo umucanga ubwo yashimiraga abarangije amasomo” ari na ko yatsitabyeho akagwa.

Biden w’imyaka 80 y’amavuko, na we ubwo yari ashyitse ku ngoro ye, ku mugoroba, yagarutse kuri iri sanganya yahuriye na ryo i Colorado.

Mu mvugo yumvikanamo gutebya anaseka, Biden yabwiye abanyamkuru ati “Natezwe n’agafuka karimo umucanga.”

Si ubwa imbere impanuka nk’iyi ibaye kuri Perezida Joe Biden, kuko no muri Werurwe 2021 yanyereye ku madaragi (Escalier) y’indege ye ya Air Force One ubwo yayuriraga imwerecyeje i Atlanta muri Leta ya Georgia, ubwo yari agiye guhura n’imiryango ikomoka muri Asia yagizweho ingaruka n’ubwicanyi bwabereye muri kariya gace.

Uyu mukambwe uherutse gutangaza ko azaniyamamariza manda ya kabiri, icyo gihe bwo yanyereye ubugiragatatu, ariko nabwo nyuma byatangajwe ko yaje kumera neza.

Muri 2021 yari yaguye ku ngazi za Air Force One

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Next Post

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Uncategorized

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n'icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.