Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America agwa hasi, akomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Gusa hamenyekanye icyatumye atsitara akagwa hasi.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kane muri Leta ya Colorado ubwo uyu Mukuru w’Igihugu cy’igihangange yari mu muhango wo gushimira abarangije amasomo y’Igisirikare kirwanira mu kirere.

Muri uyu muhango, Joe Biden yamaze umwanya munini agenda ashimira buri munyeshuri warangije aya masomo mu bagera muri 921, aho yagendaga abakora mu kiganza.

Ubwo yari asoje, yahindukiye atambutse intambwe ya mbere ahita atsitara agwa hasi, abashinzwe umutekano we bahita bamwegura, ahaguruka yitambutsa bigaragara ko nta kibazo kidasanzwe yagize.

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yongeye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hakwirakwiye amashusho amugaragaza yitura hasi ubwo yari mu muhango wo gusoza amasomo n’imyitozo ku basore n’inkumi bashya binjiye mu gisirikare cya… pic.twitter.com/Gu9vcjBTE0

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) June 2, 2023

Mu mashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Biden agihaguruka agahita atunga urutoki, agaragaza ikimuteze.

Ukuriye itumanaho n’itangazamakuru mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (White House), Ben LaBolt yanyujije ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Biden ntakibazo yagize, ndetse ko “ameze neza”

Ben LaBolt wagarutse ku cyatumye Biden agwa, yavuze ko “hari agafuka karimo umucanga ubwo yashimiraga abarangije amasomo” ari na ko yatsitabyeho akagwa.

Biden w’imyaka 80 y’amavuko, na we ubwo yari ashyitse ku ngoro ye, ku mugoroba, yagarutse kuri iri sanganya yahuriye na ryo i Colorado.

Mu mvugo yumvikanamo gutebya anaseka, Biden yabwiye abanyamkuru ati “Natezwe n’agafuka karimo umucanga.”

Si ubwa imbere impanuka nk’iyi ibaye kuri Perezida Joe Biden, kuko no muri Werurwe 2021 yanyereye ku madaragi (Escalier) y’indege ye ya Air Force One ubwo yayuriraga imwerecyeje i Atlanta muri Leta ya Georgia, ubwo yari agiye guhura n’imiryango ikomoka muri Asia yagizweho ingaruka n’ubwicanyi bwabereye muri kariya gace.

Uyu mukambwe uherutse gutangaza ko azaniyamamariza manda ya kabiri, icyo gihe bwo yanyereye ubugiragatatu, ariko nabwo nyuma byatangajwe ko yaje kumera neza.

Muri 2021 yari yaguye ku ngazi za Air Force One

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − six =

Previous Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Next Post

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n'icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.