Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo

radiotv10by radiotv10
01/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, abaturage basanze umuntu badasanzwe bazi muri ako gace, mu nzu ya mugenzi wabo, afite inyundo n’icyuma, bikekwa ko yari aje kwiba.

Uyu muturage wasanzwe mu nzu ahagana saa tatu z’ijoro zishyira saa yine kuri uyu wa 30 Mutarama 2023, yafashwe n’abaturage bo mu Mudugudu wa Ngoma mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ahari hafatiwe uyu mugabo, yasanze afite icyoba, avugana umushyitsi ururimi rutava mu kanwa, mu gihe abaturage bari bamufashe bo bavugaga ko yari aje kwiba.

Nyiri uru rugo bamusanzemo, yavuze ko na we yamenye ubu bujura ahurujwe n’abaturage akihutira kuza kureba uyu muturage bakekaho ubujura wari wamaze gufata ibikoresho byinshi ngo abyibe.

Ati “Ibi muri kubona hano ni bicye, yari yatwaye byinshi kuko n’uburiri yashatse gusohora matela iramunanira, kuko uko yari imeze si ko nyisanze.”

Umuturage wo muri aka gace wabonye bwa mbere uyu mugabo bakekaho ubujura, avuga ko yaje mu rugo rw’uyu wari wibwe, yasuhuza, akikirizwa n’undi.

Ati “Naje nje gusuhuza Gikwete [nyiri urugo rwari rwibwemo ibikoresho] mpamagaye Gikwete nti ‘yewe Gikwete’ numva hitabye umuntu ntazi ijwi rye, mbona arasohotse, ati ‘ni ibiki ni ibiki?’ mpita mbikeka ko ari igisambo.”

Uyu muturage avuga ko yabanje gufatana mu mashati n’uyu bakekaho ubujura, agahita atabaza n’abandi baturage bakihukira kuhagera, bagasanga ni ubwa mbere bamuciye iryera muri aka gace.

Umunyamakuru ubwo yagerega ahari hafatiwe uyu bita igisambo, yasuhuje uyu mugabo amusubizanya ubwoba bwinshi, yumvikana nk’uri gutegwa, ahita amubwira ko abaturage bamurenganyije.

Ati “Ni umuntu wari untumye, baba baramfashe barankubita ngo nari nje kwiba.”

Icyakoze aba baturage bavuga ko izi ngeso z’ubujura bumaze kokama muri aka gace, zitizwa umurindi no kuba abafashwe badafungwa ngo bamaremo kabiri, kuko ubuyobozi buhita bubarekura.

Umwe ati “Baragifata nk’uyu munsi, bakigeza kuri Polisi bakongera bakakirekura nta n’umwaka nibura kimazemo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo yamenyesheje RADIOTV10 ko abaturage benshi bakunze gufata ukekwaho ubujura ntibajye gutanga ikirego.

Mu butumwa bwanditse, CIP Mucyo Rukundo yagize ati “Nta muntu ufatwa ngo arekure, cyeretse iyo habuze ibimenyetso bihagije byo kumushinja, cyangwa se ashobora kurekurwa iyo yumvikanye n’uwo yahemukiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba avuga ko iyo umuntu yafatiwe mu cyuho yiba nka kuriya, uwo yibaga aba akwiye gukurikirana no mu butabera, akajya no kumushinja kugira ngo inzego z’ubutabera zisoze akazi kazo.

DORE UKO BYAGENZE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Next Post

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.