Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo

radiotv10by radiotv10
01/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, abaturage basanze umuntu badasanzwe bazi muri ako gace, mu nzu ya mugenzi wabo, afite inyundo n’icyuma, bikekwa ko yari aje kwiba.

Uyu muturage wasanzwe mu nzu ahagana saa tatu z’ijoro zishyira saa yine kuri uyu wa 30 Mutarama 2023, yafashwe n’abaturage bo mu Mudugudu wa Ngoma mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ahari hafatiwe uyu mugabo, yasanze afite icyoba, avugana umushyitsi ururimi rutava mu kanwa, mu gihe abaturage bari bamufashe bo bavugaga ko yari aje kwiba.

Nyiri uru rugo bamusanzemo, yavuze ko na we yamenye ubu bujura ahurujwe n’abaturage akihutira kuza kureba uyu muturage bakekaho ubujura wari wamaze gufata ibikoresho byinshi ngo abyibe.

Ati “Ibi muri kubona hano ni bicye, yari yatwaye byinshi kuko n’uburiri yashatse gusohora matela iramunanira, kuko uko yari imeze si ko nyisanze.”

Umuturage wo muri aka gace wabonye bwa mbere uyu mugabo bakekaho ubujura, avuga ko yaje mu rugo rw’uyu wari wibwe, yasuhuza, akikirizwa n’undi.

Ati “Naje nje gusuhuza Gikwete [nyiri urugo rwari rwibwemo ibikoresho] mpamagaye Gikwete nti ‘yewe Gikwete’ numva hitabye umuntu ntazi ijwi rye, mbona arasohotse, ati ‘ni ibiki ni ibiki?’ mpita mbikeka ko ari igisambo.”

Uyu muturage avuga ko yabanje gufatana mu mashati n’uyu bakekaho ubujura, agahita atabaza n’abandi baturage bakihukira kuhagera, bagasanga ni ubwa mbere bamuciye iryera muri aka gace.

Umunyamakuru ubwo yagerega ahari hafatiwe uyu bita igisambo, yasuhuje uyu mugabo amusubizanya ubwoba bwinshi, yumvikana nk’uri gutegwa, ahita amubwira ko abaturage bamurenganyije.

Ati “Ni umuntu wari untumye, baba baramfashe barankubita ngo nari nje kwiba.”

Icyakoze aba baturage bavuga ko izi ngeso z’ubujura bumaze kokama muri aka gace, zitizwa umurindi no kuba abafashwe badafungwa ngo bamaremo kabiri, kuko ubuyobozi buhita bubarekura.

Umwe ati “Baragifata nk’uyu munsi, bakigeza kuri Polisi bakongera bakakirekura nta n’umwaka nibura kimazemo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo yamenyesheje RADIOTV10 ko abaturage benshi bakunze gufata ukekwaho ubujura ntibajye gutanga ikirego.

Mu butumwa bwanditse, CIP Mucyo Rukundo yagize ati “Nta muntu ufatwa ngo arekure, cyeretse iyo habuze ibimenyetso bihagije byo kumushinja, cyangwa se ashobora kurekurwa iyo yumvikanye n’uwo yahemukiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba avuga ko iyo umuntu yafatiwe mu cyuho yiba nka kuriya, uwo yibaga aba akwiye gukurikirana no mu butabera, akajya no kumushinja kugira ngo inzego z’ubutabera zisoze akazi kazo.

DORE UKO BYAGENZE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Next Post

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Related Posts

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

IZIHERUKA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho
MU RWANDA

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.