Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA
0
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu mwaka watangira amaze kujyayo inshuro ebyiri mu minsi itatu gusa. Ni nyuma yuko kiriya Gihugu giteye utwatsi ubusabe bwe bwo kumwoherereza ingabo, kikamwumvisha ko agomba kunyura inzira y’ibiganiro.

Tariki 05 n’iya 08 Mutarama 2026, Tshisekedi yerecyeje i Luanda muri Angola, agenzwa n’ingingo igamije gushaka umuti w’ikibazo kimuremereye cyo mu burasirazuba bw’Igihugu cye.

Izi nshuro zibayeho nyuma yuko mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Perezida wa Angola, João Lourenço ateye utwatsi icyifuzo yari yagejejweho na DRC cyo kuba yakohereza ingabo kumufasha mu ruganga Igisirikare cya Leta gihanganyemo n’Ihuriro AFC/M23.

Mu mpera z’umwaka ushize, umwe mu ba hafi ya João Lourenço yari yatangaje ko “Angola ntizohereza abasirikare bayo kurinda Katanga mu gukumira kwinjirwamo n’abarwanyi ba AFC/M23.”

Nyuma y’iki cyemezo cyafashwe na Angola, Perezida Félix Tshisekedi yongeye kwerecyeza muri iki Gihugu, aho amakuru avuga ko yari akomeje gusaba ubufasha.

Amakuru avuga ko Perezida wa Angola, yabwiye Tshisekedi ko hakwiye gukomeza gukoreshwa inzira z’ibiganiro aho kuba iz’intambara nk’uko ari zo akomeje gushyira imbere.

Perezida wa Angola yasabye Tshisekedi ko habaho ibiganiro bihuza Abanyekongo ubwabo, kuko ari byo byazana igisubizo kirambye, ari na byo byatumiwemo Ihuriro AFC/M23.

Nyuma yuko iri Huriro ritumiwe muri ibi biganiro, ryahise risaba ibisobanuro byimbitse, niba ari ibiganiro bishya bivutse, cyangwa ari ibije kunganira ibiriho biba by’i Doha muri Qatar.

Ni ibiganiro bivugwa ko byagutse, bishobora kwitabirwa n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC, aho binavugwa ko Joseph Kabila wigeze kuyobora iki Gihugu ndetse n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, baherutse kwerecyeza muri Angola.

Ubwo Tshisekedi yerecyeza i Luanda ku nshuro ya kabiri tariki 08 Mutarama, bivugwa ko yamenyesheje mugenzi we João Lourenço, abagomba kuzitabira ibi biganiro.

Perezida Tshisekedi kandi akomeje ingendo zigamije gusaba ubufasha, aho kuri uyu wa Mbere yanerecyeje i Lomé muri Togo, agahura na Faure Gnassingbé wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 9 =

Previous Post

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Next Post

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.