Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Byari byateye urujijo benshi nyuma y’uko Konti ya Twitter ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ivuyeho, bamwe bibaza icyabaye mu gihe uyu mugabo azwiho kudaha agahenge uru rubuga arushyiraho ibitekerezo. Ubu hamenyekanye impamvu yabyo.

Umuvugizi wa Lt Gen Muhoozi Kaineruga usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt. Col Chris Magezi yemeje ko konti y’uyu musirikare ari we wayikuriyeho ubwe ku bushake bwe.

Ankole Times dukesha aya makuru, ivuga Lt. Col Chris Magezi yayibwiye ati “Ni we wahagaritse konti ye ku mpamvu ze bwite.”

Lt Gen Muhoozi utasibaga gutanga ibitekerezo kuri Twitter, yari amaze kugira abamukurikira (Followers) bagera mu bihumbi 543.

Nubwo kugeza ubu hakiri urujijo rw’icyateye uyu musirikare gufata iki cyemezo, abasanzwe bamuba hafi, batangaje ko konti ye ya Twitter yari imaze iminsi isa nk’ifite ibibazo.

Bavuga ko mu minsi ishize iyi konti yajyaga ibona abayikurikira bagera mu bihumbi bibiri buri cyumweru ariko ko mu minsi micye ishize atari ko byari bikimeze kuko aba-followes bashya bari baratangiye kugabanuka ku buryo bwo hejuru.

Umwe yagize ati “Yaketse ko hari ababyihishe inyuma bituma ahagarika konti ye.”

Muhoozi ubwe kandi ubwo iyi konti ye yari ikiriho, yari yashyizeho ubutumwa avuga ko hari abantu bamaze iminsi bayinjiramo mu buryo bw’iyobyanzira.

Yavugaga ko abariho bibasira iyi konti ye ari ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga bisa nk’ibishaka kumucecekesha.

Muhoozi mu minsi yashize yari yanditse ubutumwa kuri Twitter ko avuye mu gisirikare ariko nyuma biza gutangazwa ko ubu butumwa bwagiyeho kubera kwibeshya kw’abasanzwe bagenzura uru rubuga rwe.

Yari aherutse gutambutsa ubutumwa kuri Twitter kandi ko ashyigikiye Perezida Vladimir Putin washoje intambara muri Ukraine mu gihe abatuye Isi benshi bariho babyamagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 1 =

Previous Post

Yatekeye umutwe umugore amwizeza kumufunguriza umugabo amurya 100.000Frw none amusanze muri Kasho

Next Post

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.