Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Byari byateye urujijo benshi nyuma y’uko Konti ya Twitter ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ivuyeho, bamwe bibaza icyabaye mu gihe uyu mugabo azwiho kudaha agahenge uru rubuga arushyiraho ibitekerezo. Ubu hamenyekanye impamvu yabyo.

Umuvugizi wa Lt Gen Muhoozi Kaineruga usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt. Col Chris Magezi yemeje ko konti y’uyu musirikare ari we wayikuriyeho ubwe ku bushake bwe.

Ankole Times dukesha aya makuru, ivuga Lt. Col Chris Magezi yayibwiye ati “Ni we wahagaritse konti ye ku mpamvu ze bwite.”

Lt Gen Muhoozi utasibaga gutanga ibitekerezo kuri Twitter, yari amaze kugira abamukurikira (Followers) bagera mu bihumbi 543.

Nubwo kugeza ubu hakiri urujijo rw’icyateye uyu musirikare gufata iki cyemezo, abasanzwe bamuba hafi, batangaje ko konti ye ya Twitter yari imaze iminsi isa nk’ifite ibibazo.

Bavuga ko mu minsi ishize iyi konti yajyaga ibona abayikurikira bagera mu bihumbi bibiri buri cyumweru ariko ko mu minsi micye ishize atari ko byari bikimeze kuko aba-followes bashya bari baratangiye kugabanuka ku buryo bwo hejuru.

Umwe yagize ati “Yaketse ko hari ababyihishe inyuma bituma ahagarika konti ye.”

Muhoozi ubwe kandi ubwo iyi konti ye yari ikiriho, yari yashyizeho ubutumwa avuga ko hari abantu bamaze iminsi bayinjiramo mu buryo bw’iyobyanzira.

Yavugaga ko abariho bibasira iyi konti ye ari ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga bisa nk’ibishaka kumucecekesha.

Muhoozi mu minsi yashize yari yanditse ubutumwa kuri Twitter ko avuye mu gisirikare ariko nyuma biza gutangazwa ko ubu butumwa bwagiyeho kubera kwibeshya kw’abasanzwe bagenzura uru rubuga rwe.

Yari aherutse gutambutsa ubutumwa kuri Twitter kandi ko ashyigikiye Perezida Vladimir Putin washoje intambara muri Ukraine mu gihe abatuye Isi benshi bariho babyamagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Yatekeye umutwe umugore amwizeza kumufunguriza umugabo amurya 100.000Frw none amusanze muri Kasho

Next Post

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.