Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyatumye Konti ya Twitter ya Muhoozi ivaho cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Byari byateye urujijo benshi nyuma y’uko Konti ya Twitter ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ivuyeho, bamwe bibaza icyabaye mu gihe uyu mugabo azwiho kudaha agahenge uru rubuga arushyiraho ibitekerezo. Ubu hamenyekanye impamvu yabyo.

Umuvugizi wa Lt Gen Muhoozi Kaineruga usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Lt. Col Chris Magezi yemeje ko konti y’uyu musirikare ari we wayikuriyeho ubwe ku bushake bwe.

Ankole Times dukesha aya makuru, ivuga Lt. Col Chris Magezi yayibwiye ati “Ni we wahagaritse konti ye ku mpamvu ze bwite.”

Lt Gen Muhoozi utasibaga gutanga ibitekerezo kuri Twitter, yari amaze kugira abamukurikira (Followers) bagera mu bihumbi 543.

Nubwo kugeza ubu hakiri urujijo rw’icyateye uyu musirikare gufata iki cyemezo, abasanzwe bamuba hafi, batangaje ko konti ye ya Twitter yari imaze iminsi isa nk’ifite ibibazo.

Bavuga ko mu minsi ishize iyi konti yajyaga ibona abayikurikira bagera mu bihumbi bibiri buri cyumweru ariko ko mu minsi micye ishize atari ko byari bikimeze kuko aba-followes bashya bari baratangiye kugabanuka ku buryo bwo hejuru.

Umwe yagize ati “Yaketse ko hari ababyihishe inyuma bituma ahagarika konti ye.”

Muhoozi ubwe kandi ubwo iyi konti ye yari ikiriho, yari yashyizeho ubutumwa avuga ko hari abantu bamaze iminsi bayinjiramo mu buryo bw’iyobyanzira.

Yavugaga ko abariho bibasira iyi konti ye ari ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga bisa nk’ibishaka kumucecekesha.

Muhoozi mu minsi yashize yari yanditse ubutumwa kuri Twitter ko avuye mu gisirikare ariko nyuma biza gutangazwa ko ubu butumwa bwagiyeho kubera kwibeshya kw’abasanzwe bagenzura uru rubuga rwe.

Yari aherutse gutambutsa ubutumwa kuri Twitter kandi ko ashyigikiye Perezida Vladimir Putin washoje intambara muri Ukraine mu gihe abatuye Isi benshi bariho babyamagana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 12 =

Previous Post

Yatekeye umutwe umugore amwizeza kumufunguriza umugabo amurya 100.000Frw none amusanze muri Kasho

Next Post

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Igisirikare cya Uganda cyungutse undi Mujenerali w’umugore muri bacye bafite iri peti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.