Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chriss Eazy ugezweho muri iyi minsi, yahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo yisobanure ku byo yarezwe. Gusa uwareze uyu muhanzi n’uruhande rwe [Chriss Eazy] ntibavuga rumwe ku cyatumye hatangwa iki kirego.

Nkuko bikubiye mu nyandiko ihamagara uyu muhanzi Rukundo Nsengiyumva Christian uzwi nka Chriss Eazy, yahamagajwe ko agomba kwitaba uyu munsi ku wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023.

Iyi nyandiko yanditswe n’Umugenzacyaha Igenukwayo Joie Jean De La Croix, isaba uyu Chriss Eazy kuzitaba kuri RIB ya Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Isoza igira iti “Usabwe kandi kuzana uru rupapuro hamwe n’irangamuntu yawe, mu biro by’Umugenzacyaha Igenukwayo Joie Jean De La Croix, ukoresha tel …icyo uhamagariwe uzakimenyeshwa uhageze.”

Amakuru yamenyekanye, avuga ko Chriss yarezwe ibifitanye isano no kuba ataritabiriye igitaramo yari yatumiwemo cyabereye mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze.

Uwateguye iki gitaramo wari wanishyuye amwe mu mafaranga uyu muhanzi, ni we watanze ikirego cyo kujyana mu bugenzacyaha Chriss Eazy ngo kuko atubahirije amasezerano.

Yagombaga kuririmba mu gitaramo cyabaye ku munsi wahariwe abakundana tariki 14 Gashyantare 2023 muri Hoteli izwi nka Caves Hotel iyoborwa n’uwitwa Tuyisenge Jean Marie Vianney ari na we wareze uyu muhanzi ndetse na kompanyi ishinzwe kureberera inyungu ze iyoborwa na Junior Giti uzwi mu gusobanura film.

Junior Giti wagize icyo avuga kuri iki kirego, yemeye ko uyu muhanzi areberera inyungu ze koko atitabiriye kiriya gitaramo yari yatumiwemo, ariko ko yari arwaye kandi ko boherereje uwagiteguye inyandiko igaragaza ko yahawe ikiruhuko cya muganga (Repos medical).

Junior Giti kandi avuga ko n’amafaranga bari babishyuye, bayabasubije uriya muyobozi wa Hoteli ndetse bakaba bafite n’ibimenyetso, ku buryo batumva impamvu bagiye kubarega.

Nyamara umuyobozi w’iriya hoteli Tuyisenge Jean Marie Vianney yamaganiye kure ibyatangajwe na Junior Giti, aho yabwiye Inyarwanda ati “Ibyo bintu bibaye byarabayeho nkajya kumurega naba mfite ikibazo. Kugeza uyu munsi nta butumwa mfite bugaragaza ko nakiriye amafaranga avuye kwa Junior Giti, cyereka niba barayanyujije mu zindi nzira.”

Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

M23 irengeje itariki yahawe hacura iki?- Hatabayeho gushishoza icyakurikiraho cyaba kibi kurushaho

Next Post

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.