Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chriss Eazy ugezweho muri iyi minsi, yahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo yisobanure ku byo yarezwe. Gusa uwareze uyu muhanzi n’uruhande rwe [Chriss Eazy] ntibavuga rumwe ku cyatumye hatangwa iki kirego.

Nkuko bikubiye mu nyandiko ihamagara uyu muhanzi Rukundo Nsengiyumva Christian uzwi nka Chriss Eazy, yahamagajwe ko agomba kwitaba uyu munsi ku wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023.

Iyi nyandiko yanditswe n’Umugenzacyaha Igenukwayo Joie Jean De La Croix, isaba uyu Chriss Eazy kuzitaba kuri RIB ya Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Isoza igira iti “Usabwe kandi kuzana uru rupapuro hamwe n’irangamuntu yawe, mu biro by’Umugenzacyaha Igenukwayo Joie Jean De La Croix, ukoresha tel …icyo uhamagariwe uzakimenyeshwa uhageze.”

Amakuru yamenyekanye, avuga ko Chriss yarezwe ibifitanye isano no kuba ataritabiriye igitaramo yari yatumiwemo cyabereye mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze.

Uwateguye iki gitaramo wari wanishyuye amwe mu mafaranga uyu muhanzi, ni we watanze ikirego cyo kujyana mu bugenzacyaha Chriss Eazy ngo kuko atubahirije amasezerano.

Yagombaga kuririmba mu gitaramo cyabaye ku munsi wahariwe abakundana tariki 14 Gashyantare 2023 muri Hoteli izwi nka Caves Hotel iyoborwa n’uwitwa Tuyisenge Jean Marie Vianney ari na we wareze uyu muhanzi ndetse na kompanyi ishinzwe kureberera inyungu ze iyoborwa na Junior Giti uzwi mu gusobanura film.

Junior Giti wagize icyo avuga kuri iki kirego, yemeye ko uyu muhanzi areberera inyungu ze koko atitabiriye kiriya gitaramo yari yatumiwemo, ariko ko yari arwaye kandi ko boherereje uwagiteguye inyandiko igaragaza ko yahawe ikiruhuko cya muganga (Repos medical).

Junior Giti kandi avuga ko n’amafaranga bari babishyuye, bayabasubije uriya muyobozi wa Hoteli ndetse bakaba bafite n’ibimenyetso, ku buryo batumva impamvu bagiye kubarega.

Nyamara umuyobozi w’iriya hoteli Tuyisenge Jean Marie Vianney yamaganiye kure ibyatangajwe na Junior Giti, aho yabwiye Inyarwanda ati “Ibyo bintu bibaye byarabayeho nkajya kumurega naba mfite ikibazo. Kugeza uyu munsi nta butumwa mfite bugaragaza ko nakiriye amafaranga avuye kwa Junior Giti, cyereka niba barayanyujije mu zindi nzira.”

Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − four =

Previous Post

M23 irengeje itariki yahawe hacura iki?- Hatabayeho gushishoza icyakurikiraho cyaba kibi kurushaho

Next Post

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Related Posts

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

IZIHERUKA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza
MU RWANDA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Igihano cyahawe umugabo wemeye ko yiyiciye umugore we amutemaguye ntigitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.