Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda aza ku isonga mu Gihugu kimwe cyo mu karere

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda aza ku isonga mu Gihugu kimwe cyo mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, ukunzwe n’abatari bacye mu Rwanda, yaciye agahigo aba umuhanzi w’icyumweru ukunzwe mu Gihugu cya Kenya. Menya icyatumye aza kuri aka gasongero.

Uyu muhanzi w’Umunyarwanda Israel Mbonyi, usanzwe akunzwe n’ab’ingeri zinyuranye, yamaze no kwigarurira igikundiro mu Banyakenya, aho ubu ari ku gasongero k’umuhanzi wakunzwe ku rutonde rw’icyumweru (Weekly Top Artists).

Gukundwa no kumenyekana kwa Mbonyi mu gihugu cya Kenya, byaje nyuma y’uko indirimbo Ninasiri iri kuri album yakoze uyu mwaka, ikunzwe bidasanzwe muri iki Gihugu.

Byatangiye ku menyekana ko indirimbo NINASIRI ukunzwe muri icyo gihugu nyuma ya videwo zitandukanye z’abantu bo muri Kenya bayisubiramo byaje no gutanga umusaruro kuko yaje kuba indirimbo ikunzwe muri Kenya kurusha izindi.

Israel Mbonyi na we yagaragaje ko yishimiye aka gahigo yaciye ko kuba yabaye umuhanzi w’icyumweru ukunzwe muri Kenya, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa bagaragaza ko ari we muhanzi ukunzwe muri Kenya, Israel Mbonyi, yagaragaje ibyishimo byamuteye, akoresheje umurongo wo muri Bibiliya uri mu Gitabo cya Yesaya 6:8 ugira uti “Numva ijwi ry’umwami Imana riti: ndatuma nde, maze ndavuga ngo nijye. Ba ari nge utuma.”

Israel Mbonyi kandi ari kwitegura igitaramo ‘ICYAMBU LIVE CONCERT’ kiba kuri Noheli agiye gukora ku nshuro ya kabiri

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Next Post

Perezida Putin washyiriweho impapuro zimuta muri yombi yongeye kugirira uruzinduko hanze

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Putin washyiriweho impapuro zimuta muri yombi yongeye kugirira uruzinduko hanze

Perezida Putin washyiriweho impapuro zimuta muri yombi yongeye kugirira uruzinduko hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.