Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in SIPORO
0
Icyatumye umukinnyi w’u Rwanda uri muri TourDuRwanda akora ibitavuzweho rumwe yagisobanuye
Share on FacebookShare on Twitter

Mugisha Moïse uri mu bakinnyi ba Team Rwanda iri mu irushanwa rya Tour du Rwanda, yasobanuye icyatumye ajya kuramutsa umuryango we [umugore we n’abana babo b’impanga] ubwo bari mu muhanda basiganwa, ariko ntibivugweho rimwe rimwe n’abamugaye bavuga ko atari kubikora.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare ubwo iri siganwa rya Tour du Rwanda rikunzwe n’abatari bacye, berecyezaga i Rubavu bavuye i Musanze.

Ni inzira zituyemo benshi mu bo mu miryango ya bamwe mu bakinnyi b’umukino w’amagare mu Rwanda, barimo na Mugisha Moïse uri mu bagize Ikipe y’Igihugu.

Mugisha Moïse ubwo yari muri iri siganwa ari kumwe na bagenzi be, ubwo bageraga ahazwi nk’i Busogo mu Karere ka Musanze, yabonye umuryango we, umugore we n’abana babo b’impanga bari mu kivunge cy’abaturage bari baje gushyigikira abakinnyi b’Abanyarwanda, na we afata feri abanza kubaramutsa.

Ni ibintu byashimwe na bamwe, ariko hari n’ababigaye, bavuga ko Mugisha Moïse atari kubikora, kuko yari ari mu isiganwa, yagombaga gukomeza guhatana, kugira ngo ageshe ishema Igihugu cye.

Mugisha Moïse we yavuze ko ntakibazo na gito byarimo kuko n’ubundi bitari kubangamira inshingano z’akazi yagombaga gukora muri iri siganwa.

Yavuze ko kujya gusuhuza umuryango we, ari urukundo asanzwe awufitiye dore ko kuri we ngo unaza imbere ya byose, ku buryo ntacyari kumubuza kuwusuhuza ubwo yawubonaga.

Yagize ati “Umuryango uza mbere kandi ntekereza ko umukino w’amagare ari ukwishimisha.”

Mugisha Moïse avuga ko guhagarara akanya gato, bitari kubangamira intego yari yihaye muri iri siganwa. Ati “Ndi umukinnyi w’umunyamwuga, ntabwo mwagahangayikishijwe n’uko nahagaze kuko nari nzi ko nakongera nkihuta ngafata igikundi.”

Ni mu gihe hari n’ababishimye, bavuze ko n’ubusanzwe Siporo igomba kugaragaramo ibihe byiza no gusabana n’abaturage, kandi ko iki kiri mu dushya tuzakomeza kwibukwa muri iri siganwa.

Mugisha yabanje kuramutsa umuryango we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Next Post

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.