Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho y’ibiterasoni byakorewe mu Kabari mu Mujyi wa Kigali, wari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma yo kubisabirwa n’Ubushinjacyaha.

Mu ntangiro z’uku kwezi, havuzwe inkuru y’umugabo wagaragaye mu mashusho bikekwa ko yariho asambanira mu kabari kamwe gaherereye mu Kagari Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aya mashusho agiye hanze ndetse akanagarukwaho na benshi, uyu mugabo wari usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi na RIB tariki 06 Mata 2023 aho yari acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Muhima.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye y’ikirego cy’uyu mugabo ushinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, giteganywa n’ingingo y’143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, bunayishyikiriza Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bwagejeje uyu mugabo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bumusabira gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Umucamanza impamvu bushingiraho busabira uyu mugabo gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo, bwagarutse ku mashusho yasakaye, agaragaza ko ibyakozwe n’uyu mugabo mu ruhame bidakwiye mu muco nyarwanda.

Bwabwiye Urukiko ko hagendewe kuri ariya mashusho ndetse n’ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze, bigaragaza ko uregwa yakoze iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, busaba ko yakurikiranwa afunze.

Icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyasomwe umusibo ejo hashize, tariki 25 Mata 2023, kivuga ko nkuko byasabwe n’Ubushinjacyaha, hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwa ko yakoze icyaha akekwaho, bityo ko akwiye gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fyu says:
    3 years ago

    Syy

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.