Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Icyemezo cya mbere cyafatiwe uwagaragaye akora ibiterasoni cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho y’ibiterasoni byakorewe mu Kabari mu Mujyi wa Kigali, wari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma yo kubisabirwa n’Ubushinjacyaha.

Mu ntangiro z’uku kwezi, havuzwe inkuru y’umugabo wagaragaye mu mashusho bikekwa ko yariho asambanira mu kabari kamwe gaherereye mu Kagari Kagari ka Nyarugenge mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yuko aya mashusho agiye hanze ndetse akanagarukwaho na benshi, uyu mugabo wari usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi na RIB tariki 06 Mata 2023 aho yari acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Muhima.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakoze dosiye y’ikirego cy’uyu mugabo ushinjwa icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, giteganywa n’ingingo y’143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, bunayishyikiriza Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bwagejeje uyu mugabo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, bumusabira gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Umucamanza impamvu bushingiraho busabira uyu mugabo gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo, bwagarutse ku mashusho yasakaye, agaragaza ko ibyakozwe n’uyu mugabo mu ruhame bidakwiye mu muco nyarwanda.

Bwabwiye Urukiko ko hagendewe kuri ariya mashusho ndetse n’ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze, bigaragaza ko uregwa yakoze iki cyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, busaba ko yakurikiranwa afunze.

Icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyasomwe umusibo ejo hashize, tariki 25 Mata 2023, kivuga ko nkuko byasabwe n’Ubushinjacyaha, hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwa ko yakoze icyaha akekwaho, bityo ko akwiye gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fyu says:
    3 years ago

    Syy

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Uwakiniye ikipe iri gukora ibitunguranye yasabye umutoza wayo ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Uganda: Ibyabaye ku Badepite 11 b’Abagore bari biyemeje kwigaragambya ntibabyiyumvishaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.