Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo gishya cyafashwe mu bya Congo cyateye ikikango

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Angola na yo yemeje ko igiye kohereza ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhashya umutwe wa M23, abasesenguzi babona iki cyemezo gishobora gusubiza ibintu irudubi, intambara ikaba yarushaho kuba mbisi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Guverinoma ya Angola isanzwe ari umuhuza mu bibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yatangaje ko igiye kohereza ingabo muri Congo mu rwego rwo gutanga ubufasha mu guhashya umutwe wa M23.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, bivuga ko igitumye iki gihugu cyohereza izi ngabo, ari ukujya kugarura umutekano mu duce umutwe wa M23 wafashe.

Ibi byose Angola irabikora mu gihe yari isanzwe ari n’umuhuza wahawe umukoro wo gufasha izi mpande zombi gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Umuhanga mu bya Politiki akaba anayigisha muri Kaminuza, Dr. Ismael Buchanan avuga ko iki cyemezo cya Angola kitari gikwiye kuko iki Gihugu cyari gisanganywe inshingano zo kunga kandi zidakwiye kubangikanywa n’izi kinjiyemo.

Ati “Dukwiye kwibaza ngo ‘uruhare rwa Angola kujya guhangana na M23 ruje rute?’ kuko bashobora kuba bibwira ko bagiye guhangana na M23 ko ari ko gukiza ikibazo kubera ko muzi neza ko Tshisekedi icyo ari gukora politiki ye ari uwamufasha akamujya inyuma akamufasha guhangana na M23.

Bikwereka ko na ya ntambara yari iri muri Congo noneho iba intambara koko yatuye kubera kwivanga mu bibazo bya Congo.”

Uyu musesenguzi avuga ko nanone hari ikimuha icyizere ko kuba Angola yaba yarabaye umuhuza idashobora guhindukira ikaba yajya kwatsa umuriro muri Congo ijya kurasa kuri M23.

Ati “Kuko iyo bigeze aho twakwibaza impamvu Uganda itabikora, u Burundi butabikora, Kenya itabikora. Kuba bitararasa kuri M23 ni uko bizi neza ko ikibazo bikibona ahubwo hakiri uruhare rwa dipolomasi n’ibiganiro kuruta uko washyira imbere intambara.”

Dr Buchanan avuga ko mu gihe ingabo za Angola zahindukira zikarasa umutwe wa M23, iki Gihugu cyari umuhuza cyaba gitandukiriye kigatangira guhengamira ku ruhande rumwe mu zo cyashinzwe guhuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Hatangajwe amakuru akwiye kumenywa n’ababyeyi bose bafite abana biga bacumbikiwe n’ibigo

Next Post

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.