Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo gishya cyafashwe mu bya Congo cyateye ikikango

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwahawe M23 nyuma yo kurekura ku mugaragaro agace kamwe yagenzuraga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Angola na yo yemeje ko igiye kohereza ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhashya umutwe wa M23, abasesenguzi babona iki cyemezo gishobora gusubiza ibintu irudubi, intambara ikaba yarushaho kuba mbisi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Guverinoma ya Angola isanzwe ari umuhuza mu bibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yatangaje ko igiye kohereza ingabo muri Congo mu rwego rwo gutanga ubufasha mu guhashya umutwe wa M23.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, bivuga ko igitumye iki gihugu cyohereza izi ngabo, ari ukujya kugarura umutekano mu duce umutwe wa M23 wafashe.

Ibi byose Angola irabikora mu gihe yari isanzwe ari n’umuhuza wahawe umukoro wo gufasha izi mpande zombi gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Umuhanga mu bya Politiki akaba anayigisha muri Kaminuza, Dr. Ismael Buchanan avuga ko iki cyemezo cya Angola kitari gikwiye kuko iki Gihugu cyari gisanganywe inshingano zo kunga kandi zidakwiye kubangikanywa n’izi kinjiyemo.

Ati “Dukwiye kwibaza ngo ‘uruhare rwa Angola kujya guhangana na M23 ruje rute?’ kuko bashobora kuba bibwira ko bagiye guhangana na M23 ko ari ko gukiza ikibazo kubera ko muzi neza ko Tshisekedi icyo ari gukora politiki ye ari uwamufasha akamujya inyuma akamufasha guhangana na M23.

Bikwereka ko na ya ntambara yari iri muri Congo noneho iba intambara koko yatuye kubera kwivanga mu bibazo bya Congo.”

Uyu musesenguzi avuga ko nanone hari ikimuha icyizere ko kuba Angola yaba yarabaye umuhuza idashobora guhindukira ikaba yajya kwatsa umuriro muri Congo ijya kurasa kuri M23.

Ati “Kuko iyo bigeze aho twakwibaza impamvu Uganda itabikora, u Burundi butabikora, Kenya itabikora. Kuba bitararasa kuri M23 ni uko bizi neza ko ikibazo bikibona ahubwo hakiri uruhare rwa dipolomasi n’ibiganiro kuruta uko washyira imbere intambara.”

Dr Buchanan avuga ko mu gihe ingabo za Angola zahindukira zikarasa umutwe wa M23, iki Gihugu cyari umuhuza cyaba gitandukiriye kigatangira guhengamira ku ruhande rumwe mu zo cyashinzwe guhuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + four =

Previous Post

Hatangajwe amakuru akwiye kumenywa n’ababyeyi bose bafite abana biga bacumbikiwe n’ibigo

Next Post

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.