Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bantu batatu bari bajuririye icyemezo cyo kwangirwa kandidatire zabo zo kwiyamamariza imyanya itandukanye muri FERWAFA, Gacinya Chance Denys, ni we wenyine wemerewe, nyuma yo gusanga impamvu yatanze zifite ishingiro.

Cacinya Chance Denys wiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike, yari yasubijwe inyuma, ariko ntiyanyurwa, ahita ajuriria iki cyemezo.

Inyandiko dukesha ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, imenyesha Dr Moussa Hakizimana, Gacinya Chance Denys na Fidele Kanamugire, imyanzuro yafashwe ku bujurire bwabo.

Iyi nyandiko, ivuga ko komisiyo y’ubujurire bw’amatora yateranye igasuzuma ubujurire bwa buri wese, ikareba niba bufite ishingiro.

Ikomeza ivuga ko hashingiwe ku ngingo ya 26 y’itegeko rigenga amatora, iyi komisiyo y’ubujurire y’amatora yanzuye ko “Ubujurire bwa Dr Moussa Hakizimana, nta shingiro bufite, ubujurire bwa Gacinya Chance Denys bufite ishingiro, yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike.”

Ubundi bujurire bwasubijwe inyuma ni ubwa Kanamugire Fidele, na bwo iriya Komisiyo y’Ubujurire bw’amatora, yasanze budafite ishingiro.

Abiyamamarije imyanya itandukanye mu buyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bazasimbura abaherutse kwegura, barimo Nizeyimana Mugabo Olivier wa Perezida, aho abiyamamaza bazusa ikivi cyari cyateruwe n’abeguye.

Mu biyamamaje banahabwa amahirwe, harimo Alphonse Munyatwali uherutse kugirwa Perezida wa Police FC, uri kwiyamamariza kuba Perezida w’iri Shyirahamwe, akaba ari n’Umukandida rukumbi kuri uyu wa mwanya wa Perezida wa FERWAFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Next Post

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.