Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bantu batatu bari bajuririye icyemezo cyo kwangirwa kandidatire zabo zo kwiyamamariza imyanya itandukanye muri FERWAFA, Gacinya Chance Denys, ni we wenyine wemerewe, nyuma yo gusanga impamvu yatanze zifite ishingiro.

Cacinya Chance Denys wiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike, yari yasubijwe inyuma, ariko ntiyanyurwa, ahita ajuriria iki cyemezo.

Inyandiko dukesha ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, imenyesha Dr Moussa Hakizimana, Gacinya Chance Denys na Fidele Kanamugire, imyanzuro yafashwe ku bujurire bwabo.

Iyi nyandiko, ivuga ko komisiyo y’ubujurire bw’amatora yateranye igasuzuma ubujurire bwa buri wese, ikareba niba bufite ishingiro.

Ikomeza ivuga ko hashingiwe ku ngingo ya 26 y’itegeko rigenga amatora, iyi komisiyo y’ubujurire y’amatora yanzuye ko “Ubujurire bwa Dr Moussa Hakizimana, nta shingiro bufite, ubujurire bwa Gacinya Chance Denys bufite ishingiro, yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike.”

Ubundi bujurire bwasubijwe inyuma ni ubwa Kanamugire Fidele, na bwo iriya Komisiyo y’Ubujurire bw’amatora, yasanze budafite ishingiro.

Abiyamamarije imyanya itandukanye mu buyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bazasimbura abaherutse kwegura, barimo Nizeyimana Mugabo Olivier wa Perezida, aho abiyamamaza bazusa ikivi cyari cyateruwe n’abeguye.

Mu biyamamaje banahabwa amahirwe, harimo Alphonse Munyatwali uherutse kugirwa Perezida wa Police FC, uri kwiyamamariza kuba Perezida w’iri Shyirahamwe, akaba ari n’Umukandida rukumbi kuri uyu wa mwanya wa Perezida wa FERWAFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + fourteen =

Previous Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Next Post

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.