Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo gishya ku wayoboye Rayon wari wasubijwe inyuma muri kandidatire za FERWAFA
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bantu batatu bari bajuririye icyemezo cyo kwangirwa kandidatire zabo zo kwiyamamariza imyanya itandukanye muri FERWAFA, Gacinya Chance Denys, ni we wenyine wemerewe, nyuma yo gusanga impamvu yatanze zifite ishingiro.

Cacinya Chance Denys wiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike, yari yasubijwe inyuma, ariko ntiyanyurwa, ahita ajuriria iki cyemezo.

Inyandiko dukesha ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, imenyesha Dr Moussa Hakizimana, Gacinya Chance Denys na Fidele Kanamugire, imyanzuro yafashwe ku bujurire bwabo.

Iyi nyandiko, ivuga ko komisiyo y’ubujurire bw’amatora yateranye igasuzuma ubujurire bwa buri wese, ikareba niba bufite ishingiro.

Ikomeza ivuga ko hashingiwe ku ngingo ya 26 y’itegeko rigenga amatora, iyi komisiyo y’ubujurire y’amatora yanzuye ko “Ubujurire bwa Dr Moussa Hakizimana, nta shingiro bufite, ubujurire bwa Gacinya Chance Denys bufite ishingiro, yemerewe kwiyamamariza umwanya wa Visi Perezida wa kabiri ushinzwe tekinike.”

Ubundi bujurire bwasubijwe inyuma ni ubwa Kanamugire Fidele, na bwo iriya Komisiyo y’Ubujurire bw’amatora, yasanze budafite ishingiro.

Abiyamamarije imyanya itandukanye mu buyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bazasimbura abaherutse kwegura, barimo Nizeyimana Mugabo Olivier wa Perezida, aho abiyamamaza bazusa ikivi cyari cyateruwe n’abeguye.

Mu biyamamaje banahabwa amahirwe, harimo Alphonse Munyatwali uherutse kugirwa Perezida wa Police FC, uri kwiyamamariza kuba Perezida w’iri Shyirahamwe, akaba ari n’Umukandida rukumbi kuri uyu wa mwanya wa Perezida wa FERWAFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Abakunzi ba gospel mu Rwanda bagiye gucinya umudiho ku bw’umuhanzikazi w’ikirangirire

Next Post

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika
AMAHANGA

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Inkuru y’akababaro ku munyapolitiki w’Umunyabigwi mu Gihugu cy’i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.