Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, POLITIKI, SIPORO
0
ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino y’Igikombe cy’Isi iri kubera muri Qatar, habaye umukino w’amateka hagati y’Ibihugu bisanzwe bifitanye amatati muri Politiki, USA yatsinzemo Iran, intsinzi yashimishije Perezida Joe Biden wagize ati “Wari umukino ukomeye.”

Ibi Bihugu byombi byahatanaga kwinjira muri 1/8 cy’imikino y’Igikombe cy’Isi, byagiye guhura buri wese avuga ko uyu mukino urenze ibya Football kubera guhangana gusanzwe kuba hagati y’ibi Bihugu mu bya politiki.

Ni umukino waranzwemo ishyaka ryinshi ku mpande zombi aho buri kipe yifuzaga intsinzi kugira ngo buri Gihugu cyereke ikindi ko no muri ruhago kikirusha.

Umukino warangiye Leta Zunze Ubumwe za America zitsinze Iran 1-0 cyatsinzwe na Pulisic usanzwe akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza.

Iyi ntsinzi ikiboneka, byari ibyishimo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Joe Biden yahise agaragaza ibyishimo bidasanzwe.

Amashusho yashyizwe hanze na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, amugaragaza ari mu kivunge cy’abantu benshi mu cyumba kigari, aho umuyobozi wungirije ushinzwe abakozi muri White House, Bruce Reed akomanga kuri Joe Biden akamumenyesha ko USA itsinze Iran, Biden ahita amusubirishamo ati “Twatsinze?”

Biden ahita atambuka imbere y’imbaga akagira ati “Yemwe yemwe yemwe, Leta Zunze Ubumwe za America itsinze Iran 1 ku busa, umukino urarangiye…USA USA USA. Wari umukino ukomeye.”

Yakomeje avuga ko yari yavuganye n’umutoza ko bashobora kubikora, ati “None barabikoze. Imana irabakunda.”

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran, basanzwe bafitanye ibibazo bifite imizi kuva mu 1953 ubwo USA ikoresheje Ikigo cy’Ubutasi cya CIA yivangaga mu miyoborere y’uwari Minisitiri w’Intebe wa Iran, ohammad Mossadegh wahiritswe ku butegetsi nyuma yuko ashatse gutuma iki Gihugu cye kigira imbaraga mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli.

Mu 2013 nyuma y’imyaka 60 habayeho iri hirikwa ku butegetsi, iki Kigo cy’Ubutasi cya America cyemeye ko cyagize uruhare rukomeye muri iyi Coup d’Etat.

Ibibazo by’Ibihugu byombi byakomeje gututumba, ndetse bigenda bishotorana aho nko muri 2019 Iran yari yamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko yiteguye guhangana na yo mu ntambara ndetse ko icyo gihe ibirindiro byayo byose byari byatunzweho ibisasu bya kirimbuzi.

Uku gushotorana kwabayeho nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe ku ku nganda z’amavuta za Saudi Arabia tariki 14 Nzeri 2019, USA ikavuga ko cyagabwe na Iran, ariko Ibihugu byombi bikaza gushinjanya iki gitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Next Post

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.