Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, POLITIKI, SIPORO
0
ICY’ISI: USA gutsinda Iran batajya imbizi byazamuye amarangamutima ya Biden
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino y’Igikombe cy’Isi iri kubera muri Qatar, habaye umukino w’amateka hagati y’Ibihugu bisanzwe bifitanye amatati muri Politiki, USA yatsinzemo Iran, intsinzi yashimishije Perezida Joe Biden wagize ati “Wari umukino ukomeye.”

Ibi Bihugu byombi byahatanaga kwinjira muri 1/8 cy’imikino y’Igikombe cy’Isi, byagiye guhura buri wese avuga ko uyu mukino urenze ibya Football kubera guhangana gusanzwe kuba hagati y’ibi Bihugu mu bya politiki.

Ni umukino waranzwemo ishyaka ryinshi ku mpande zombi aho buri kipe yifuzaga intsinzi kugira ngo buri Gihugu cyereke ikindi ko no muri ruhago kikirusha.

Umukino warangiye Leta Zunze Ubumwe za America zitsinze Iran 1-0 cyatsinzwe na Pulisic usanzwe akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza.

Iyi ntsinzi ikiboneka, byari ibyishimo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Joe Biden yahise agaragaza ibyishimo bidasanzwe.

Amashusho yashyizwe hanze na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, amugaragaza ari mu kivunge cy’abantu benshi mu cyumba kigari, aho umuyobozi wungirije ushinzwe abakozi muri White House, Bruce Reed akomanga kuri Joe Biden akamumenyesha ko USA itsinze Iran, Biden ahita amusubirishamo ati “Twatsinze?”

Biden ahita atambuka imbere y’imbaga akagira ati “Yemwe yemwe yemwe, Leta Zunze Ubumwe za America itsinze Iran 1 ku busa, umukino urarangiye…USA USA USA. Wari umukino ukomeye.”

Yakomeje avuga ko yari yavuganye n’umutoza ko bashobora kubikora, ati “None barabikoze. Imana irabakunda.”

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran, basanzwe bafitanye ibibazo bifite imizi kuva mu 1953 ubwo USA ikoresheje Ikigo cy’Ubutasi cya CIA yivangaga mu miyoborere y’uwari Minisitiri w’Intebe wa Iran, ohammad Mossadegh wahiritswe ku butegetsi nyuma yuko ashatse gutuma iki Gihugu cye kigira imbaraga mu bijyanye n’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli.

Mu 2013 nyuma y’imyaka 60 habayeho iri hirikwa ku butegetsi, iki Kigo cy’Ubutasi cya America cyemeye ko cyagize uruhare rukomeye muri iyi Coup d’Etat.

Ibibazo by’Ibihugu byombi byakomeje gututumba, ndetse bigenda bishotorana aho nko muri 2019 Iran yari yamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko yiteguye guhangana na yo mu ntambara ndetse ko icyo gihe ibirindiro byayo byose byari byatunzweho ibisasu bya kirimbuzi.

Uku gushotorana kwabayeho nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe ku ku nganda z’amavuta za Saudi Arabia tariki 14 Nzeri 2019, USA ikavuga ko cyagabwe na Iran, ariko Ibihugu byombi bikaza gushinjanya iki gitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + three =

Previous Post

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Next Post

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Hatahuwe ukuri ku ifoto igaragaza Madamu wa Tshisekedi yambaye umupira ushyigikira M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.