Tuesday, June 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, barasaba ko umugabo uvugwaho kuba yarasambanyije umwana w’imyaka ibiri w’umugore we akanamuteragura ibyuma umubiri wose, yahanishwa igihano gihwanye n’ibyo yakoze bavuga ko biremereye cyane.

Uwitwa Iradukunda Naome utuye mu Mudugudu wa Rukira mu Kagari ka Rwayikoni mu Murenge wa Mushikiri, avuga ko umugabo we Niyonizerwa Muhire babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yamusanze ari kumusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri ubwo yari avuye kuvoma.

Uretse kumusambanyiriza uyu mwana batabyaranye, uyu mugabo avugwaho kuba yaramuteraguye ibyuma umubiri wose, ku buryo yasanze yakomeretse ahantu hatandukanye.

Yagize ati “Namusize ngiye kuvoma arambwira ati ‘rero nsigira umwana wihute ngo utebuke, mvuyeyo nsanga umwana yamugenje atya yamunize mu ijosi no mu mugongo nsanga yamukubise (yamutemaguye umubiri wose yanamusambanyije). Mubajije ngo uyu mwana yabaye iki? arambwira ati yagiye ku ku musaza aramukubita, ngiye kuri uwo musaza we arambwira ngo ni we wamukubise, mpita mujyana kwa muganga umwana baramwakira baramuvuza ubwo RIB nagezeyo iranyandikira. Yasanze yamusambanyije yanamunize yamukubise n’ibintu mu mugongo.”

Bamwe mu baturage bavuga ko  uyu mugabo asanganywe ingeso mbi zirimo ubujura kandi ko atari ubwa mbere afunzwe kuko n’ubunsi izi ngeso zagiye zituma afungwa.

Uwitwa Bariyanga “Afunzwe birenze rimwe. Ni ingegera yiba ibitoki, yiba ihene, Ingurube ibintu byose. Yari asanzwe ari igiharamagara nta Cyumweru cyacagaho atagiye mu Murenge.”

Icyakora ngo ibyo yakoze bihwanye ni uko yakatirwa burundu cyangwa agahabwa igihano kiremereye gihwanye n’uburemere bw’ibyo akekwaho.

Singirankabo Thoma ati “Ijisho yarivanyemo, none se gucoca igihanga ni Inka? Reba uyu mugongo ukuntu yawokeje, reba iyi nda, no mu ijosi hose. Ahubwo njye icyo nabona mwamukatira burundu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yemereye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Nyarubuye.

Uyu mwana yanateraguwe ibyuma

Abaturage bo muri aka gace basaba ko yakanirwa urumukwiye

Umubyeyi we ari mu gahinda kenshi
Abaturage ntibabyumva

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Next Post

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

by radiotv10
10/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye icyemezo iherutse gutangaza cyo kuva mu Muryango w'Ubukungu w'Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (ECCAS), itangaza...

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho
IMYIDAGADURO

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

by radiotv10
10/06/2025
0

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

10/06/2025
Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

10/06/2025
Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

09/06/2025
Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’ rwari ruhuriyemo na Congo

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.