Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko ifite icyizere ko ibibazo bya Politiki biri muri Korea y’Epfo byakurikiye kweguza uwari Perezida, bizarangira kuko iki Gihugu gisanzwe ari umufatanyabikorwa w’imena wa America.

Ni mu gihe inzego zishinzwe iperereza muri Koreya y’Epfo ziri mu nzira yo gusaba Urukiko kongerera igihe impapuro zo guta muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol, uherutse kweguzwa.

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken uri kugirara uruzinduko muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yashimangiye ko Amarica ifite icyizere kizikura muri ibi bibazo.

Inzego z’ishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana Yoon, nyuma yuko ku ya 03 Ukuboza 2024 yatangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byanateye umutekano mucye muri Korea Y’epfo.

Tariki 03 mutarama 2025 abashinzwe iperereza bari bagiye gushyira mu bikorwa impapuro zo kumuta muri yombi, nyuma yo kwanga kwitaba urukiko inshuro nyinshi, barakumiriwe babuzwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida kwinjira mu rugo rwe.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Tae-yul, Blinken yagize ati “Ibyabaye nyuma yuko Perezida yoon atangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byaduteye impungenge, ariko byagaragaje isura ya Koreya y’Epfo nk’Igihugu gifite demokarasi iteye imbere, kandi ikomeye.”

Impapuro zo guta muri yombi Yoon, ari na zo za mbere zashyiriweho Perezida ukiri ku mirimo muri Koreya y’Epfo, zirarangira kuri uyu wa Mbere saa sita z’ijoro.

Ibiro bishinzwe iperereza ku byaha by’abayobozi bakuru (CIO) bivuga ko kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Mutarama 2025 aribwo biteganya gusaba Urukiko kongera igihe cy’izo mpapuro zo kumuta muri yombi.

Itangazo rishyiraho ibihe bidasanzwe muri Koreya y’Epfo, ryamaze amasaha atandatu, ryateje umwuka mubi mu Gihugu, rikurikirwa no kweguza Perezida Yoon ndetse na Minisitiri w’Intebe wari wamusimbuye by’agateganyo.

Yoon yegujwe ku nshingo zo kuyobora Koreya y’Epfo n’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 14 Ukuboza. Kugeza ubu, Urukiko rushinze kurinda Itegeko Nshinga ruri kuburanisha urwo rubanza kugira ngo hafatwe umwanzuro wo kumukura  ku mirimo burundu, cyangwa kumusubiza ku buyobozi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + two =

Previous Post

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.