Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko ifite icyizere ko ibibazo bya Politiki biri muri Korea y’Epfo byakurikiye kweguza uwari Perezida, bizarangira kuko iki Gihugu gisanzwe ari umufatanyabikorwa w’imena wa America.

Ni mu gihe inzego zishinzwe iperereza muri Koreya y’Epfo ziri mu nzira yo gusaba Urukiko kongerera igihe impapuro zo guta muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol, uherutse kweguzwa.

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken uri kugirara uruzinduko muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yashimangiye ko Amarica ifite icyizere kizikura muri ibi bibazo.

Inzego z’ishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana Yoon, nyuma yuko ku ya 03 Ukuboza 2024 yatangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byanateye umutekano mucye muri Korea Y’epfo.

Tariki 03 mutarama 2025 abashinzwe iperereza bari bagiye gushyira mu bikorwa impapuro zo kumuta muri yombi, nyuma yo kwanga kwitaba urukiko inshuro nyinshi, barakumiriwe babuzwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida kwinjira mu rugo rwe.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Tae-yul, Blinken yagize ati “Ibyabaye nyuma yuko Perezida yoon atangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byaduteye impungenge, ariko byagaragaje isura ya Koreya y’Epfo nk’Igihugu gifite demokarasi iteye imbere, kandi ikomeye.”

Impapuro zo guta muri yombi Yoon, ari na zo za mbere zashyiriweho Perezida ukiri ku mirimo muri Koreya y’Epfo, zirarangira kuri uyu wa Mbere saa sita z’ijoro.

Ibiro bishinzwe iperereza ku byaha by’abayobozi bakuru (CIO) bivuga ko kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Mutarama 2025 aribwo biteganya gusaba Urukiko kongera igihe cy’izo mpapuro zo kumuta muri yombi.

Itangazo rishyiraho ibihe bidasanzwe muri Koreya y’Epfo, ryamaze amasaha atandatu, ryateje umwuka mubi mu Gihugu, rikurikirwa no kweguza Perezida Yoon ndetse na Minisitiri w’Intebe wari wamusimbuye by’agateganyo.

Yoon yegujwe ku nshingo zo kuyobora Koreya y’Epfo n’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 14 Ukuboza. Kugeza ubu, Urukiko rushinze kurinda Itegeko Nshinga ruri kuburanisha urwo rubanza kugira ngo hafatwe umwanzuro wo kumukura  ku mirimo burundu, cyangwa kumusubiza ku buyobozi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 6 =

Previous Post

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.