Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo America ivuga ku bibazo uruhuri biri muri Korea y’Epfo byahagurukije imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko ifite icyizere ko ibibazo bya Politiki biri muri Korea y’Epfo byakurikiye kweguza uwari Perezida, bizarangira kuko iki Gihugu gisanzwe ari umufatanyabikorwa w’imena wa America.

Ni mu gihe inzego zishinzwe iperereza muri Koreya y’Epfo ziri mu nzira yo gusaba Urukiko kongerera igihe impapuro zo guta muri yombi Perezida Yoon Suk Yeol, uherutse kweguzwa.

Umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken uri kugirara uruzinduko muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yashimangiye ko Amarica ifite icyizere kizikura muri ibi bibazo.

Inzego z’ishinzwe iperereza zatangiye gukurikirana Yoon, nyuma yuko ku ya 03 Ukuboza 2024 yatangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byanateye umutekano mucye muri Korea Y’epfo.

Tariki 03 mutarama 2025 abashinzwe iperereza bari bagiye gushyira mu bikorwa impapuro zo kumuta muri yombi, nyuma yo kwanga kwitaba urukiko inshuro nyinshi, barakumiriwe babuzwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida kwinjira mu rugo rwe.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Tae-yul, Blinken yagize ati “Ibyabaye nyuma yuko Perezida yoon atangaje ibihe bidasanzwe mu Gihugu, byaduteye impungenge, ariko byagaragaje isura ya Koreya y’Epfo nk’Igihugu gifite demokarasi iteye imbere, kandi ikomeye.”

Impapuro zo guta muri yombi Yoon, ari na zo za mbere zashyiriweho Perezida ukiri ku mirimo muri Koreya y’Epfo, zirarangira kuri uyu wa Mbere saa sita z’ijoro.

Ibiro bishinzwe iperereza ku byaha by’abayobozi bakuru (CIO) bivuga ko kuri uyu wa Mbere, tariki 06 Mutarama 2025 aribwo biteganya gusaba Urukiko kongera igihe cy’izo mpapuro zo kumuta muri yombi.

Itangazo rishyiraho ibihe bidasanzwe muri Koreya y’Epfo, ryamaze amasaha atandatu, ryateje umwuka mubi mu Gihugu, rikurikirwa no kweguza Perezida Yoon ndetse na Minisitiri w’Intebe wari wamusimbuye by’agateganyo.

Yoon yegujwe ku nshingo zo kuyobora Koreya y’Epfo n’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 14 Ukuboza. Kugeza ubu, Urukiko rushinze kurinda Itegeko Nshinga ruri kuburanisha urwo rubanza kugira ngo hafatwe umwanzuro wo kumukura  ku mirimo burundu, cyangwa kumusubiza ku buyobozi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + seven =

Previous Post

Intambara y’amagambo hagati ya Gen.Muhoozi n’Umunyapolitiki Bobi Wine yafashe indi ntera

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.