Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yataye muri yombi Umunyarwanda Faustin Nsabumukunzi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wari umaze imyaka irenga 20 atuye muri iki Gihugu cyamufashe, gisezeranya ko hatitawe ku gihe kizaba gishize, kitazabura gufata abantu nk’aba barakoze amarorerwa mu Bihugu byabo.

Amakuru dukesha itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu Kane, uyu Munyarwanda w’imyaka 65 yatawe muri yombi ku busabe bw’Inteko ya Central Islip i New York aho yari atuye.

Minisiteri y’Ubutabera ya USA ivuga ko yatawe muri yombi hagendewe ku nyandiko y’ikireho yo ku ya 22 Mata, aho uyu Mugabo aregwa “kubeshya ubwo yasabaga green card ndetse n’ubwenegihugu bw’iki Gihugu, agamije kusibanganya ibimenyetso by’uruhare yagize rwo kuyobora no gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.”

Iri tangazo rya USA rivuga ko hagendewe ku nyandiko, Faustin Nsabumukunzi utuye muri Bridgehampton i New York, yari Umuyobozi wa Segiteri ubwo Jenoside yatangiraga.

Minisiteri y’Ubutabera ya America, yatangaje ko “Nsabumukunzi yatawe muri yombi muri iki gitondo (cyo kuri uyu wa Kane) muri Long Island kandi biteganyijwe ko saa saba n’igice agezwa imbere y’Umucamanza w’Urukiko ku rwego rw’Akarere, Joanna Seybert mu Karere k’Ibirasirazuba bwa New York.”

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutabera muri Diviziyo ikurikirana ibyaha muri Minisiteri y’Ubutabera muri America, Matthew R. Galeotti yagize ati “Uregwa yagize uruhare mu bikorwa biteye ubwoba bw’urugomo yakoreye mu mahanga, ubundi abeshya imyirondoro ye yaka Green Card ndetse anagerageza kubona ubwenegihugu bwa US.”

Uyu mugabo w’Umunyarwanda yari amaze imyaka 22 ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuko yari atuyeyo kuva mu mwaka wa 2003.

Matthew R. Galeotti yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zidashobora kuzihanganira abantu nk’aba bakoze amarorerwa bakajya kwihisha muri iki Gihugu.

Yagize ati “Hatitawe ku gihe kizaba gishize, Ishami ry’Ubutabera rizashakisha kandi rizakurikirana abantu bose baba barakoze amarorerwa mu Bihugu byabo ubundi bakiyoberanya bakaza banashakisha ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Naho Umushinjacyaha mu Karere k’Iburasirazuba bwa New York, John J. Durham we yagize ati “Nk’uko bivugwa, Nsabumukunzi yabeshye inshuro nyinshi agamije guhishira uruhare yagize mu bikorwa by’indengakamere bya Jenoside yabaye mu Rwanda [Bavuga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994] ndetse no kugira ngo abone uruhusa rwo gutura no kubona ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

John J. Durham yakomeje agira ati “Mu binyacumi bibiri bishize, yakomeje kugendera kuri ibyo binyoma anaba muri Leta Zunze Ubumwe za America afite ishusho nziza adakwiye, abaho ubuzima buhenze butigeze bubonwa n’abo yahemukiye kandi batazanagira, ariko bitewe n’imbaraga z’Abagenzacyaha n’Abashinjacyaha bacu, cyera kabaye uregwa agomba kuzaryozwa amarorerwa ye.”

Minisiteri y’Ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za America, ivuga ko Nsabumukunzi yakoresheje ububasha yari afite nk’umuntu wari umuyobozi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubundi akayobora ibikorwa by’ubwicanyi, ndetse akanayobora amatsinda y’interahamwe zariho zikora Jenoside.

Nsabumukunzi kandi aregwa kuba yarashyizeho za Bariyeri mu gihe cya Jenoside, zagiye zicirwaho Abatutsi, ndetse akaba yarari yarahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Inkiko zo mu Rwanda zamuburanishije adahari nk’uko biteganywa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.