Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe wa FDLR, kurambika hasi intwaro no kwishyikiriza ubutegetsi bwa kiriya Gihugu cyangwa Ingabo za MONUSCO.

Ni nyuma yuko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC, ku wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025, gishyize hanze itangazo risaba abarwanyi b’uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR kurambika hasi intwaro.

Iri tangazo rivuga ko ibi bishingiye ku ku byemeranyijweho “tariki 01 Ukwakira 2025 na Komisiyo ihuriweho yo kugenzura Amasezerano y’Amahoro yasinyijwe i Washington na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda ku bw’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvain, rivuga ko abarwanyi ba FDLR nibarambika intwaro hasi bagomba kuzahita “bishyikiriza ubutegetsi bwa Congo cyangwa MONUSCO, mu rwego rwo kugira ngo basubizwe mu Gihugu bakomokamo cy’u Rwanda.”

FARDC kandi isaba abaturage bose bafite aho bahuriye na FDLR kwitandukanya na yo kandi bakayishishikariza kwishyikiriza ubutegetsi bwa Congo nta mananiza.

Nyuma y’iri tangazo, Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America ku bijyanye na Afurika yatangaje ko iki Gihugu cyakiriye neza ririya tangazo.

Mu butumwa yatambukije kuri X, Massad yagize ati “Twakiriye neza itangazo rihamagarira abarwanyi bose ba FDLR kurambika intwaro hasi no kumanika amaboko hagendewe ku Masezerano y’Amahoro y’i Washington, yashimangiwe tariki 01 Ukwakira n’itegeko ryo kuyashyira mu bikorwa.”

Yakomeje avuga ko iyi ari intambwe ishimishije mu gushyira mu bikorwa ariya masezerano, ku bijyanye no gucyura abagize uriya mutwe, kugarura ubutegetsi bwa leta, ndetse no gukomeza kugarura ituze mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Nyuma ya ririya tangazo rya FARDC kandi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot; na we yagaragaje ko Igihugu cye na cyo cyakiranye yombi kiriya cyemezo.

Yagize ati “U Bubiligi buremeranya na Massad Boulos Umujyanama Mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America kuri Afurika, mu kwakira neza itangazo rya DRC rihamagarira FDLR kumanika amaboko no gushyira hasi intwaro.”

Maxime Prevot yakomeje avuga ko ari ngombwa ko ubufatanye bwa FADRC na FDLR buhagarara, ndetse no kuba hashyirwaho ibihano bikarishye mu gihe byaba birenzweho.

Ati “Iki ni cyo gihe ngo bibe ngombwa ko ibi byemezo bishyirwa mu bikorwa bifatika kandi impande zose zikagira uruhare mu kugera ku ntego z’Amasezerano y’Amahoro y’i Washinton.”

Ririya tangazo rya FARDC ryagiye hanze nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa DRC avugiye amagambo y’urwiyerurutso i Brussels mu Bubiligi ko nta na rimwe yigeze yanga kuyoboka inzira z’amahoro n’ibiganiro.

Abasesenguzi mu bya politiki bemeza ko ririya tangazo risaba FDLR kumanika amaboko, na ryo ryaje mu murongo w’urwiyerurutso rwa Tshisekedi, kugira ngo rize risa nk’iriri mu murongo w’ibyo yatangaje, bakabishingira ku kuba bigoye gutandukanya uyu mutwe wa FDLR na FARDC, kuko byamaze kunywana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Next Post

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Related Posts

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

by radiotv10
13/10/2025
0

The Governments of Belgium and the United States have expressed satisfaction with the announcement made by the Forces Armées de...

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi batatu b’Urwego rukuru rw’Ubuyobozi rwa Qatar, bari bitabiriye ibiganiro bihuza Israel na Hamas mu Misiri, bapfiriye mu mpanuka y’imodoka...

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko intambara imaze imyaka ibiri ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas...

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

by radiotv10
11/10/2025
0

Abatunze imbwa mu Bwongereza bibukijwe ko kutagaragaza imyirondo yuzuye ku karango kambikwa iri tungo, bishoboka kubacisha amande y’ibuhumbi bitanu by’Ama-Pounds...

IZIHERUKA

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas
AMAHANGA

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

13/10/2025
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

13/10/2025
Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

13/10/2025
Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

13/10/2025
Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.