Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in MU RWANDA
0
Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mudugudu umwe wo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, haravugwa ababahumanya bakabaha uburozi, bakemeza ko ari bwo bwanahitanye by’amarabira abantu batatu bo mu Isibo imwe mu cyumweru kimwe barimo babiri b’umuryango umwe.

Aba baturage bo mu Isibo yo mu Mudugudu wa Karama mu Kagari ka Mamba mu Murenge wa Mamba, babwiye RADIOTV10 ko hari abantu barwara mu buryo budasobanutse bagahita bitaba Imana.

Bavuga ko abo bantu baba banyoye ibinyobwa mu birori cyangwa mu baturanyi, bagatanga urugero rw’abantu batatu bo mu Isibo imwe baherutse baherutse kwitaba Imana mu cyumweru kimwe barimo babiri bo mu muryango umwe.

Umwe mu baturage agira ati “Ni abarozi, none se umusaza wanjye ko yagiye kuvumba atarwaye, nyuma akaba arapfuye, ni amarozi, amaze gupfa undi na we wo mu muryango yahise apfa, ndetse n’umwana wa Mudugudu.”

Undi na we yagize ati “Umugabo wanjye we ntiyahagaze. Ni ukuri sinakubwira ngo umugabo wanjye naramurwaje, uwo munsi yafashwe twamujyanye kwa muganga saa yine z’ijoro, saa tatu za mu gitondo yari yamaze gupfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba, Eugene Manirarora avuga ko ibintu by’amarozi bitari bisanzwe muri uyu Murenge ayobora, ndetse ko atahamya ko abapfuye bishwe n’amarozi.

Yagize ati ”Icyo twe twavuga twabashije kumenya kuri ibyo, ni uko abo bantu batatu bavuga bapfiriye umunsi umwe harimo umusore umwe wakoze impanuka ari muri siporo, uwo nguwo apfira rimwe n’umusaza bavuga ko yari yanyoye aho yari yagiye mu bukwe, ndetse n’undi wo mu muryango we.

Yakomeje agira ati “Twebwe impamvu tutabifashe ko ari rusange, urumva umwe yazize igare undi kunywa ntabwo ari bimwe. Ni bimwe by’abaturage bumva ngo umuntu yapfuye bagacyeka ko ari byo nta gihamya gihari.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

Next Post

Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.