Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Urwego rwunganiza inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO) mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, aranengwa n’abaturage gukubitira mugenzi wabo mu ruhame, bakamusaba kuza kubasaba imbabazi.

Nsanzimana Jean Damascène usanzwe ari umuyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge wa Nyange, avugwaho gukubita umuturage witwa Mutemberezi Jean wo mu Mudugudu wa Nyange mu Kagari ka Nsibo mu Murenge wa Nyange.

Intandaro y’uku gushyamirana hagati y’umuturage n’Umu-DASSO, kwavutse ubwo uyu muyobozi w’uru rwego rucunga umutekano yajyaga gufata umuturage wari kumwe n’uvuga ko yahohotewe.

Uyu wahohotewe avuga ko yabajije uyu Mu-DASSO icyo aje gufatira umuturage mugenzi we, akamubwira bamumuregeye ko asesagura umutungo w’iwabo kuko yaguze Televiziyo batabyumvikanyeho.

Mutemberezi Jean wasaga nk’uvuganira mugenzi we, avuga ko yabwiye umuyobozi wa DASSO ko ibyo bitagize impamvu zatuma afatwa, undi agahita amufata mu mashati.

Ati “Navuze ko nta muntu bafunga bamuziza ko yagurishije ibye akagura Televiziyo, DASSO yahise amfata angusha hasi maze mbyutse ankubita urushyi mu musaya dore uko hameze.”

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uyu muyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge yakubitiye mugenzi we mu ruhame bareba, kandi ko babinenze, kuko nta muturage ukiyobozwa inkoni.

Uwitwa Uwamungu Philbert avuga ko iyi myitwarire ya DASSO idakwiye kurangirira aha, ahubwo ko akwiye kubasaba imbabazi. Ati “Ntabwo twifuza ko ahanwa, azaze asabe abaturage imbabazi mu ruhame.”

Nsanzimana Jean Damascène unengwa n’abaturage, kubera ibyo avugwaho gukorera mugenzi wabo, yabihakanye yivuye inyuma, avuga ko atakora igikorwa nk’icyo, kuko asanzwe ari intore yatojwe.

Avuga ko uyu muturage niba yarahohotewe akwiye kwiyambaza inzego z’ubutabera. Ati “Azatange ikirego, icyaha nikimpama nzahanwe hakurikijwe amategeko.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze buvuga ko butari bwamenye iby’iri hohoterwa rivugwa ko ryakozwe n’Umu-DASSO, ariko ko bagiye kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + seven =

Previous Post

Amakuru mashya yerecyeye umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda utari nyabagendwa

Next Post

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.