Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Urwego rwunganiza inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO) mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, aranengwa n’abaturage gukubitira mugenzi wabo mu ruhame, bakamusaba kuza kubasaba imbabazi.

Nsanzimana Jean Damascène usanzwe ari umuyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge wa Nyange, avugwaho gukubita umuturage witwa Mutemberezi Jean wo mu Mudugudu wa Nyange mu Kagari ka Nsibo mu Murenge wa Nyange.

Intandaro y’uku gushyamirana hagati y’umuturage n’Umu-DASSO, kwavutse ubwo uyu muyobozi w’uru rwego rucunga umutekano yajyaga gufata umuturage wari kumwe n’uvuga ko yahohotewe.

Uyu wahohotewe avuga ko yabajije uyu Mu-DASSO icyo aje gufatira umuturage mugenzi we, akamubwira bamumuregeye ko asesagura umutungo w’iwabo kuko yaguze Televiziyo batabyumvikanyeho.

Mutemberezi Jean wasaga nk’uvuganira mugenzi we, avuga ko yabwiye umuyobozi wa DASSO ko ibyo bitagize impamvu zatuma afatwa, undi agahita amufata mu mashati.

Ati “Navuze ko nta muntu bafunga bamuziza ko yagurishije ibye akagura Televiziyo, DASSO yahise amfata angusha hasi maze mbyutse ankubita urushyi mu musaya dore uko hameze.”

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uyu muyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge yakubitiye mugenzi we mu ruhame bareba, kandi ko babinenze, kuko nta muturage ukiyobozwa inkoni.

Uwitwa Uwamungu Philbert avuga ko iyi myitwarire ya DASSO idakwiye kurangirira aha, ahubwo ko akwiye kubasaba imbabazi. Ati “Ntabwo twifuza ko ahanwa, azaze asabe abaturage imbabazi mu ruhame.”

Nsanzimana Jean Damascène unengwa n’abaturage, kubera ibyo avugwaho gukorera mugenzi wabo, yabihakanye yivuye inyuma, avuga ko atakora igikorwa nk’icyo, kuko asanzwe ari intore yatojwe.

Avuga ko uyu muturage niba yarahohotewe akwiye kwiyambaza inzego z’ubutabera. Ati “Azatange ikirego, icyaha nikimpama nzahanwe hakurikijwe amategeko.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze buvuga ko butari bwamenye iby’iri hohoterwa rivugwa ko ryakozwe n’Umu-DASSO, ariko ko bagiye kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya yerecyeye umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda utari nyabagendwa

Next Post

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.