Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Icyo basaba umuyobozi mu rwego rw’umutekano wakoreye umuturage ibyo banenga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Urwego rwunganiza inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO) mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, aranengwa n’abaturage gukubitira mugenzi wabo mu ruhame, bakamusaba kuza kubasaba imbabazi.

Nsanzimana Jean Damascène usanzwe ari umuyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge wa Nyange, avugwaho gukubita umuturage witwa Mutemberezi Jean wo mu Mudugudu wa Nyange mu Kagari ka Nsibo mu Murenge wa Nyange.

Intandaro y’uku gushyamirana hagati y’umuturage n’Umu-DASSO, kwavutse ubwo uyu muyobozi w’uru rwego rucunga umutekano yajyaga gufata umuturage wari kumwe n’uvuga ko yahohotewe.

Uyu wahohotewe avuga ko yabajije uyu Mu-DASSO icyo aje gufatira umuturage mugenzi we, akamubwira bamumuregeye ko asesagura umutungo w’iwabo kuko yaguze Televiziyo batabyumvikanyeho.

Mutemberezi Jean wasaga nk’uvuganira mugenzi we, avuga ko yabwiye umuyobozi wa DASSO ko ibyo bitagize impamvu zatuma afatwa, undi agahita amufata mu mashati.

Ati “Navuze ko nta muntu bafunga bamuziza ko yagurishije ibye akagura Televiziyo, DASSO yahise amfata angusha hasi maze mbyutse ankubita urushyi mu musaya dore uko hameze.”

Abaturage bo muri aka gace, bavuga ko uyu muyobozi wa DASSO ku rwego rw’Umurenge yakubitiye mugenzi we mu ruhame bareba, kandi ko babinenze, kuko nta muturage ukiyobozwa inkoni.

Uwitwa Uwamungu Philbert avuga ko iyi myitwarire ya DASSO idakwiye kurangirira aha, ahubwo ko akwiye kubasaba imbabazi. Ati “Ntabwo twifuza ko ahanwa, azaze asabe abaturage imbabazi mu ruhame.”

Nsanzimana Jean Damascène unengwa n’abaturage, kubera ibyo avugwaho gukorera mugenzi wabo, yabihakanye yivuye inyuma, avuga ko atakora igikorwa nk’icyo, kuko asanzwe ari intore yatojwe.

Avuga ko uyu muturage niba yarahohotewe akwiye kwiyambaza inzego z’ubutabera. Ati “Azatange ikirego, icyaha nikimpama nzahanwe hakurikijwe amategeko.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze buvuga ko butari bwamenye iby’iri hohoterwa rivugwa ko ryakozwe n’Umu-DASSO, ariko ko bagiye kubikurikirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Amakuru mashya yerecyeye umwe mu mihanda ikoreshwa cyane mu Rwanda utari nyabagendwa

Next Post

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Uwatunzwe agatoki ku rupfu rw’umuhanzi wapfuye urwateye urujijo bwa mbere yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.