Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Share on FacebookShare on Twitter

Masamba Intore, yashimiye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye y’amavuko biri kuba muri izi mpera z’iki cyumweru, avuga ko u Rwanda na Uganda kuva cyera ari abavandimwe.

Gen Muhoozi wahishuye bamwe mu bazitabira ibiroro by’isabukuru y’amavuko ye, yari yatangaje ko Masamba Intore azabyitabira ndetse ko yishimiye kuzabyinana na we zimwe mu ndirimbo ze.

Muhoozi umaze iminsi avuga ko ubu yabaye Inkotanyi, icyo gihe yari yavuze ko yishimiye“kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Masamba Intore yatangaje ko yitabiriye iki gitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu cyabere ahitwa Lugogo mu Murwa Mukuru wa Kampala.

Yagize ati “Mwakoze cyane Afande General MK [Muhoozi Kainerugaba] kuntumira mu Isabukuru yanyu i Lugogo ndetse mukaba mwongeye kuntumira n’ejo muri State House. Nzaza kandi nzatarama.”

Masamba wagiye muri Uganda nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda byubuye umubano wari umazemo igihe igitotsi, yagize ati “Ubucuti n’Umubano byose biganisha ku mahoro arambye kuko icyo dupfana kiruta icyo dupfa!”

Ubu butumwa bwa Masamba buherekejwe n’ifoto ari kumwe na Gen Muhoozi mu gitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, yamuhaye impano y’umupira wo kwambara wanditseho ‘Inkotanyi’.

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Kuri uyu wa Gatandatu muri Uganda habaye ibikorwa binyuranye byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba wujuje imyaka 48 birimo Iki gitaramo ndetse n’isiganwa ku maguru n’ibikorwa bya siporo.

Mu gikorwa cya Siporo, Gen Muhoozi yanahawe igikombe na bamwe mu rubyiruko bamushimira kuba yaragize uruhare mu guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Gihugu cyabo by’umwihariko kuba yaragize uruhare mu kubura umubano wa Uganda n’u Rwanda.

Mu ijambo rye yagejeje ku bitariye isiganwa ku maguru, Gen Muhoozi, yavuze ko isabukuru ye y’imyaka 48 ayituye Igihugu cyose, ndetse ko Igihugu cyose kishimye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 9 =

Previous Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Next Post

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.