Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Share on FacebookShare on Twitter

Masamba Intore, yashimiye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye y’amavuko biri kuba muri izi mpera z’iki cyumweru, avuga ko u Rwanda na Uganda kuva cyera ari abavandimwe.

Gen Muhoozi wahishuye bamwe mu bazitabira ibiroro by’isabukuru y’amavuko ye, yari yatangaje ko Masamba Intore azabyitabira ndetse ko yishimiye kuzabyinana na we zimwe mu ndirimbo ze.

Muhoozi umaze iminsi avuga ko ubu yabaye Inkotanyi, icyo gihe yari yavuze ko yishimiye“kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Masamba Intore yatangaje ko yitabiriye iki gitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu cyabere ahitwa Lugogo mu Murwa Mukuru wa Kampala.

Yagize ati “Mwakoze cyane Afande General MK [Muhoozi Kainerugaba] kuntumira mu Isabukuru yanyu i Lugogo ndetse mukaba mwongeye kuntumira n’ejo muri State House. Nzaza kandi nzatarama.”

Masamba wagiye muri Uganda nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda byubuye umubano wari umazemo igihe igitotsi, yagize ati “Ubucuti n’Umubano byose biganisha ku mahoro arambye kuko icyo dupfana kiruta icyo dupfa!”

Ubu butumwa bwa Masamba buherekejwe n’ifoto ari kumwe na Gen Muhoozi mu gitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, yamuhaye impano y’umupira wo kwambara wanditseho ‘Inkotanyi’.

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Kuri uyu wa Gatandatu muri Uganda habaye ibikorwa binyuranye byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba wujuje imyaka 48 birimo Iki gitaramo ndetse n’isiganwa ku maguru n’ibikorwa bya siporo.

Mu gikorwa cya Siporo, Gen Muhoozi yanahawe igikombe na bamwe mu rubyiruko bamushimira kuba yaragize uruhare mu guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Gihugu cyabo by’umwihariko kuba yaragize uruhare mu kubura umubano wa Uganda n’u Rwanda.

Mu ijambo rye yagejeje ku bitariye isiganwa ku maguru, Gen Muhoozi, yavuze ko isabukuru ye y’imyaka 48 ayituye Igihugu cyose, ndetse ko Igihugu cyose kishimye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 11 =

Previous Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Next Post

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.