Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Icyo dupfana kiruta icyo dupfa- Masamba Intore yashimiye Muhoozi wamutumiye

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Share on FacebookShare on Twitter

Masamba Intore, yashimiye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wamutumiye mu birori by’isabukuru ye y’amavuko biri kuba muri izi mpera z’iki cyumweru, avuga ko u Rwanda na Uganda kuva cyera ari abavandimwe.

Gen Muhoozi wahishuye bamwe mu bazitabira ibiroro by’isabukuru y’amavuko ye, yari yatangaje ko Masamba Intore azabyitabira ndetse ko yishimiye kuzabyinana na we zimwe mu ndirimbo ze.

Muhoozi umaze iminsi avuga ko ubu yabaye Inkotanyi, icyo gihe yari yavuze ko yishimiye“kuzabyina indirimbo nihebeye ‘Inkotanyi cyane’.”

Masamba Intore yatangaje ko yitabiriye iki gitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu cyabere ahitwa Lugogo mu Murwa Mukuru wa Kampala.

Yagize ati “Mwakoze cyane Afande General MK [Muhoozi Kainerugaba] kuntumira mu Isabukuru yanyu i Lugogo ndetse mukaba mwongeye kuntumira n’ejo muri State House. Nzaza kandi nzatarama.”

Masamba wagiye muri Uganda nyuma y’amezi macye u Rwanda na Uganda byubuye umubano wari umazemo igihe igitotsi, yagize ati “Ubucuti n’Umubano byose biganisha ku mahoro arambye kuko icyo dupfana kiruta icyo dupfa!”

Ubu butumwa bwa Masamba buherekejwe n’ifoto ari kumwe na Gen Muhoozi mu gitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, yamuhaye impano y’umupira wo kwambara wanditseho ‘Inkotanyi’.

Masamba Intore yahaye Muhoozi impano

Kuri uyu wa Gatandatu muri Uganda habaye ibikorwa binyuranye byo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba wujuje imyaka 48 birimo Iki gitaramo ndetse n’isiganwa ku maguru n’ibikorwa bya siporo.

Mu gikorwa cya Siporo, Gen Muhoozi yanahawe igikombe na bamwe mu rubyiruko bamushimira kuba yaragize uruhare mu guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Gihugu cyabo by’umwihariko kuba yaragize uruhare mu kubura umubano wa Uganda n’u Rwanda.

Mu ijambo rye yagejeje ku bitariye isiganwa ku maguru, Gen Muhoozi, yavuze ko isabukuru ye y’imyaka 48 ayituye Igihugu cyose, ndetse ko Igihugu cyose kishimye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Next Post

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Related Posts

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

IZIHERUKA

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda
MU RWANDA

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Amateka akomeje kwiyandika kuri Mukansanga Salima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.