Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA
0
Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yababajwe n’urupfu rw’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye yirashe.

Lt Ariho Amon yiyambuye ubuzima yirashe, ahagana saa munani z’umugoroba mu gace ka Nakirebe mu Karere ka Mpigi, ubwo yahagarikaga imodoka ye ku kibuga cy’umupira, ubundi agatatanya abariho bakina, agahita yirasa akoresheje imbunda ye yo mu bwoko bwa SMG.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Ku giti cyanje nababajwe no kuba Lt. Ariho yiyahuye nk’umwofisiye wari ukiri muto.”

General Muhoozi yakomeje agira ati “Yapfuye kubera ruswa njye na Mzee [Perezida Museveni] twakunze kuvugaho igihe kinini. Amaraso ye azahorerwa kandi abajura bazabyishyura.”

Ubwo uyu musirikare yari amaze kwiyahura yirashe, ibyari mu modoka ye birimo telefone ndetse n’ibyangombwa, byahise bijyanwa n’inzego zirimo Polisi n’igisirikare kugira ngo hatangire iperereza, mu gihe umurambo we wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mulago, ndetse imbunda yakoresheje yiyahura n’imodoka ye, bijyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mpigi.

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyahise gitangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyaha cyatumye uyu musirikare wo mu itsinda ry’abasirikare bashinzwe ubwubatsi yiyambura ubuzima.

Umuvugizi Wungirije wa UPDF, Col. Deo Akiiki, yagize ati “Umusirikare yiyambuye ubuzima, kandi twatangiye iperereza duhereye ku makuru y’abamuri hafi kugira ngo tumenye icyabimuteye.”

Col. Deo Akiiki yavuze ko UPDF idahwema guhugura no guha ubumenyi abasirikare bayo uko bakwitwara mu gihe bafite ibibazo byo mu mutwe, ndetse ko itanga n’ubujyanama bwafasha abafite ibibazo nk’ibi.

Ati “Dukunze guhugura abasirikare bacu uburyo bamenya ibimenyetso by’umunaniro ukabije kandi tukanatanga ubufasha ku babukeneye. Mu myaka ya vuba itambutse, twabonye ibibazo byo mu mutwe bikomeza kwiyongera mu basirikare bacu. Turi gukora ibishoboka kugira ngo duhangane n’ibi bibazo, ariko biragaragara ko tugifite byinshi byo gukora.

Mu gihe iperereza rigikomeje kuri uku kwiyahura k’uyu musirikare, UPDF yizeje umuryango we kuzawuha ubufasha, kimwe n’imiryango y’abandi bazagira ibibazo nk’ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw

Next Post

Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.