Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA
0
Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yababajwe n’urupfu rw’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye yirashe.

Lt Ariho Amon yiyambuye ubuzima yirashe, ahagana saa munani z’umugoroba mu gace ka Nakirebe mu Karere ka Mpigi, ubwo yahagarikaga imodoka ye ku kibuga cy’umupira, ubundi agatatanya abariho bakina, agahita yirasa akoresheje imbunda ye yo mu bwoko bwa SMG.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Ku giti cyanje nababajwe no kuba Lt. Ariho yiyahuye nk’umwofisiye wari ukiri muto.”

General Muhoozi yakomeje agira ati “Yapfuye kubera ruswa njye na Mzee [Perezida Museveni] twakunze kuvugaho igihe kinini. Amaraso ye azahorerwa kandi abajura bazabyishyura.”

Ubwo uyu musirikare yari amaze kwiyahura yirashe, ibyari mu modoka ye birimo telefone ndetse n’ibyangombwa, byahise bijyanwa n’inzego zirimo Polisi n’igisirikare kugira ngo hatangire iperereza, mu gihe umurambo we wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mulago, ndetse imbunda yakoresheje yiyahura n’imodoka ye, bijyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Mpigi.

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyahise gitangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyaha cyatumye uyu musirikare wo mu itsinda ry’abasirikare bashinzwe ubwubatsi yiyambura ubuzima.

Umuvugizi Wungirije wa UPDF, Col. Deo Akiiki, yagize ati “Umusirikare yiyambuye ubuzima, kandi twatangiye iperereza duhereye ku makuru y’abamuri hafi kugira ngo tumenye icyabimuteye.”

Col. Deo Akiiki yavuze ko UPDF idahwema guhugura no guha ubumenyi abasirikare bayo uko bakwitwara mu gihe bafite ibibazo byo mu mutwe, ndetse ko itanga n’ubujyanama bwafasha abafite ibibazo nk’ibi.

Ati “Dukunze guhugura abasirikare bacu uburyo bamenya ibimenyetso by’umunaniro ukabije kandi tukanatanga ubufasha ku babukeneye. Mu myaka ya vuba itambutse, twabonye ibibazo byo mu mutwe bikomeza kwiyongera mu basirikare bacu. Turi gukora ibishoboka kugira ngo duhangane n’ibi bibazo, ariko biragaragara ko tugifite byinshi byo gukora.

Mu gihe iperereza rigikomeje kuri uku kwiyahura k’uyu musirikare, UPDF yizeje umuryango we kuzawuha ubufasha, kimwe n’imiryango y’abandi bazagira ibibazo nk’ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 11 =

Previous Post

Umucyo ku byatangajwe n’uwatabaje Perezida mu kibazo byahishuwe ko cyabayemo ubujura bwa Miliyari 14Frw

Next Post

Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.