Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo KNC avuga nyuma y’icyemezo gitunguranye yatangaje bamwe bakavuga ko adakomeje

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo KNC avuga nyuma y’icyemezo gitunguranye yatangaje bamwe bakavuga ko adakomeje
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC uherutse gutangaza ko asheje iyi kipe, bamwe bakavuga ko adakomeje ahubwo ko yabitewe n’umujinya, nyuma y’iminsi ibiri, aravuga ko iki cyemezo akigikomeyeho.

Ku wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024, ubwo ikipe ya Gasogi United yatsindwaga na AS Kigali igitego 1-0 muri Shampiyona y’u Rwanda, KNC yavuze ko ikipe ye yibwe ikimwa amahirwe arimo na penalitiki.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru umukino ukikirangira, KNC ukunze kwikoma imisifuriri mu mupira w’amaguru mu Rwanda, yagize ati “Mushobora kuba mugiye gutungurwa n’ibyo ngiye kubabwira, ariko ndababwira ko ikipe ya Gasogi United nyisheshe.”

Uyu mushoramari yavuze ko iki cyemezo yagitewe no kuba ikipe ye yarakomeje kwibwa kubera imisifurire mibi, we yakunze kwita ‘umwanda’ avuga ko atakomeza kuwihanganira.

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru mu Rwanda, bavuze ko ibyo KNC yatangaje adakomeje, ahubwo ko yabitewe n’umujinya cyane ko atari ubwa mbere yari abivuze.

Mu kiganiro KNC yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yavuze ko iki cyemezo kikiriho. Ati “Ntacyahindutse, gahunda iracyari ya yindi. Ntacyahindutse ku cyemezo cyanjye.”

Yakomeje agira ati “Gasogi nk’ikipe ikina mu marushanwa yose, ibikorwa byayo twarabihagaritse, ariko mu buryo buri oficial, federasiyo, League ndetse n’abandi bafatanyabikorwa, turaza kubaha ibaruwa ibamenyesha umwanzuro wacu.”

KNC avuga ko agiye guteranya inama izahuza ubuyobozi bw’ikipe, abatoza n’abakinnyi kugira ngo abashaka kujya mu yandi makipe bagende, ndetse harebwe n’uburyo abazagumamo, bazafashwe uburyo bazakomeza gukora imyitozo, kandi ko bazakomeza guhembwa kugeza igihe bazabonera amakipe.

Yahakanye ibivugwa ko iki cyemezo yagitewe no kuba ikipe ye yashiriwe ikaba itagifite ubushobozi bwo gukomeza iyi kipe, kuko yashoye amafaranga menshi muri uyu mwaka w’imikino.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + six =

Previous Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Next Post

Umuhungu wa Past. Mpyisi yavuze byinshi ku itabaruka ry’umubyeyi wabo

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhungu wa Past. Mpyisi yavuze byinshi ku itabaruka ry’umubyeyi wabo

Umuhungu wa Past. Mpyisi yavuze byinshi ku itabaruka ry’umubyeyi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.