Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Museveni yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wa Gisirikare uhanganye na Leta y’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda yatangaje ko yakiriye iwe mu rugo Gen Mohamed Hamdan Dagalo uyobora umutwe wa gisirikare wa RSF umaze iminsi mu mirwano n’ingabo za Leta ya Sudani, anavuga icyo baganiriyeho.

Yoweri Kaguta Museveni yabitangaje kuri uyu wa Gatatu, mu butumwa yanyujije kuri X, buherekejwe n’ifoto ari kumwe na Gen Mohamed Hamdan Dagalo.

Museveni yagize ati “Nahaye ikaze mu Gihugu iwanjye mu rugo muri Rwakitura, Gen Mohamed Hamdan Dagalo, wahoze ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Inama y’Inzibacyuho muri Sudan.”

Muri ubu butumwa, Perezida Museveni yakomeje avuga ko muri uku kubonana n’uyu mujenerali, “yanyuriyemo muri macye uko umwuka wifashe muri Sudani.”

Gen Mohamed Hamdan Dagalo yakiriwe na Museveni nyuma y’amezi umunani muri Sudani hadutse intambara yatangiye muri Mata uyu mwaka wa 2023, ishyamiranyije uyu mutwe wa RSF ndetse n’ingabo za Leta.

Museveni, ni umwe mu banyapolitiki bafite uburambe muri politiki yo mu karere ukunze no kubyivugira, ndetse akanatanga inama zatuma ibibazo biri mu Bihugu birangira.

Muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo hateranaga inama y’Umuryango uzwi nka IGAD w’Ibihugu na Guverinoma bigamije iterambere, yari igamije gusuzumira hamwe ibibazo by’intambara muri Sudan, impande zombi zirebwa n’ibi bibazo; yaba uyu mutwe wa RSF ndetse n’uruhande rwa Leta, ntibayitabiriye.

Iyi nama yari yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bya Djibouti, Eritrea, Ethiopia, Kenya, Somalia, Sudan y’Epfo, Sudan na Uganda; yari yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, yari yemeje ko Umuryango wa IGAD wohereza Ingabo muri Sudani kurinda umutekano w’abaturage bari bakomeje kwicwa umusubirizo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Rubavu: Haravugwa igikorwa cy’inshoberamahanga cyafashwe nk’umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future
MU RWANDA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Menya gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazasubira ku mashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.