Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame avuga ku kuba yakongera guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame avuga ku kuba yakongera guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agira n’icyo avuga ku kuba yakongera guhura na Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi bakaganira ku bibazo biri hagati y’Ibihugu bayobora.

Perezida Kagame yabivugiye muri Qatar aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’Ubukungu, mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, akongera kubazwa ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida kagame yongeye gushimangira ko u Rwanda rudafite uruhare mu mutekano mucye uri mu burasirazuba bw’abaturanyi.

Ati “Sintekereza ko wumva ko u Rwanda ari ipfundo ry’ibibazo by’umutekano mucye mu karere. Nko muri Sudan, Somalia, no hakurya nko muri Repubulika ya Centre Africa ndetse n’iterabwoba twumva muri Mozambique. Simpamya ko biva mu Rwanda.”

Yakomeje agaruka ku buryo bwashyizweho bwo gushakira umuti ibibazo, ati “Hari uburyo bubiri: Bumwe ni ubwo muri Nairobi, ubundi ni ubwo muri Angola, ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uri kugishakira igisubizo. Ndetse hari n’Umuryango w’Abibumbye umazeyo imyaka 20. Ushobora gutekereza amafaranga n’igihe izo ngabo zimaze gukoreshayo, ntitwakabaye tugifite ibi bibazo mu gihe Umuryango w’Abibumbye uyoboye ibikorwa byo kugarura amahoro.”

Mu gukomeza gushaka umuti w’ibi bibazo; Perezida Kagame yavuze ko guhura na mugenzi we Felix Tshisekedi, bishoboka; ariko ko ubu yabihariye inzego zibishinzwe.

Ati “Iki kibazo cyaduhuje inshuro nyinshi, kandi dushobora no kongera, ariko nakubwiye ko hari inzira zashyizweho.”

Uwari uyoboye ikiganiro yahise abaza Perezida Kagame ati “Urabona iki kibazo kizarangira vuba, ndashaka kuvuga ko mu mwaka utaha u Rwanda rwitegura amatora. Urumva kizarangira mbere yayo?”

Umukuru w’u Rwanda yamusubije agira ati “Ndi kwibaza ko ushobora kuba utekereza ko ikibazo nk’iki kivugwamo Ibihugu bitandukanye, hashobora kuba harimo umuntu umwe ushobora kugikemura. Birashoboka ko umuntu umwe cyangwa Igihugu kimwe bashobora gutanga umusanzu mu gushaka igisubizo, ariko ntabwo ashobora kugikemura wenyine. Tuzatanga umusanzu wacu.”

Mu bigaragazwa nk’intambwe imaze guterwa hashingiwe ku myanzuro z’inama z’i Luanda na Nairobi; ni uko abarwanyi ba M23 barekuye bimwe mu bice bari barigaruriye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eleven =

Previous Post

Umuraperi ugezweho n’umugore we bagiye kwibaruka nyuma y’amezi 2 barushinze

Next Post

Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru meza ku mukinnyi nyamwamba w’ikipe y’i Burayi ikunzwe na benshi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.