Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

radiotv10by radiotv10
06/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye General Mohamed Hamdan Daglo, wahoze ari Umuyobozi Wungirije w’Inama y’Inzibacyuho muri Sudani, ukuriye umutwe wa RSF umaze iminsi uhanganye n’ubu butegetsi yahozemo, unaherutse no kubonana na Perezida Museveni.

Byatangajwe n’uyu muyobozi wa RSF (Rapid Support Forces), General Mohamed Hamdan Daglo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024.

Muri ubu butumwa, General Mohamed Hamdan Daglo yagize ati “Uyu munsi nishimiye guhura na Nyakubarwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu rwego rwo gukomeza guhura n’abayobozi b’Ibihugu by’inshuti n’ibivandimwe byacu.”

General Mohamed yavuze kandi ko mu biganiro yagiranye na Perezida Kagame, bagarutse ku ishusho y’ibibazo by’intambara imaze iminsi muri Sudan ndetse n’ingaruka ikomeje kugira, zikomeje kuba nyinshi ku Banya-Sudan.

Ati “Nahaye ibisobanuro nyakubahwa ku ntambara yatangiye tariki 15 Mata, yagizwemo uruhare n’abayobozi bahoze ku butegetsi bafasha ababashyigikiye mu mitwe ya gisirikare, bafite intego yo gufata ubutegetsi kandi bakaburizamo inzira ya Demokarasi yemejewe n’Abanya-Sudani.”

Yavuze ko Perezida Kagame yumvise icyerekezo cy’uyu mutwe ayoboye wa RSF, cyatangiriye ku guhagarika intambara ndetse no gushaka amahoro n’ituze, no kugarura demokarasi yo kwishyira ukizana kw’abaturage.

Ati “Tunishimira ibyagezweho n’iki Gihugu cyiza [u Rwanda] cyabereye benshi urugero bavuye mu majye y’intambara n’imvururu bakagera ku mahoro, Iterambere ry’abaturage n’iry’ubukungu.”

Yavuze ko bazakomeza kurebera ku muhate w’u Rwanda ndetse no kwigira ku bunararibonye bw’imiyoborere yarwo, mu rwego rwo gufasha Abanya-Sudani kwikura mu bibazo barimo.

Perezida Kagame yamwakiriye mu biro bye
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Next Post

Zambia: Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga amashuri mu byumweru bitatu

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zambia: Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga amashuri mu byumweru bitatu

Zambia: Hasobanuwe icyatumye hafatwa icyemezo cyo gufunga amashuri mu byumweru bitatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.