Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; baganira ku birimo ibibazo by’umutekano biri mu karere byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Mata 2025, nyuma y’iminsi itanu anakiriwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Uyu Mujyanama Mukuru wa Trump ku bujyanye na Afurika kandi yanahuye na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’uwa Kenya, William Ruto.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, ubwo Massad Boulos yari amaze guhura na Perezida Kagame, buvuga ko “bagiranye ikiganiro cy’ingirakamaro ku mikoranire igamije kugera ku mahoro arambye mu karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse na gahunda zigamije kuzamura ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za America mu nzego z’ingenzi mu Rwanda no mu karere kose.”

Massad Boulos uri mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’Umujyanama wa Trump kuri Afurika, nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushyigikira amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Yagize ati “Njye na Perezida Kagame twaganiriye ku cyerekezo cy’imikoranire ya hafi, gishingiye ku ituze n’amahoro dore ko ari byo musingi w’iterambere ry’ubukungu.”

Agaruka kuri izi ngendo amaze kugira zirimo uru yakiriwemo na Perezida Kagame, ndetse akaba yarahuye na Perezida Tshisekedi wa DRC, Museveni wa Uganda na Ruto wa Kenya, Boulos yavuze ko yabonye ko ari ngombwa ko aka karere kagira amahoro.

Ayi “Nkurikije izi ngendo, biragaragara ko amahoro arambye ari ngombwa muri aka karere. Dushyigikiye umutekano ndetse no kubaha ubusuzigire bw’Ibihugu byose byo muri aka karere.”

Yagarutse kandi ku bikorwa by’ishoramari bya za Kompanyi z’Abanyamerika zikorera mu Rwanda no mu karere ruherereyemo, n’uburyo zikeneye gukorera mu mahoro asesuye muri aka karere.

Ati “Hari Ibigo by’Ubucuruzi byinshi by’Abanyamerika byamaze gushora imari mu Rwanda, hashingiwe ku cyerekezo cyo kuba ku isonga mu bukungu. Twiteguye gukorana n’u Rwanda kugera kuri iyi ntego, ari na yo mpamvu ari ingenzi ko haboneka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, mu rwego rwo gukuraho icyabangamira amahirwe ahari.”

Yaboneyeho kandi gushima u Rwanda ku musanzu rugira mu mahoro ku Mugabane wa Afurika, anashimangira no Leta Zunze Ubumwe za America zishyigikiye ko amakimbirane yose abonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye
Bagiranye ibiganiro
We n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro na Perezida Kagame na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Massad Boulos yashimye u Rwanda ku musanzu rugira mu bikorwa by’amahoro muri Afurika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.