Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe amakuru ko umwanditsi w’Umunya-Uganda, Kakwenza Rukirabashaija, yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yavuze ko yavuganye na Perezida Paul Kagame akamubwira ko uyu mwanditsi atari mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, bakwirakwije amakuru ko umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda.

Kakwenza Rukirabashaija yari yatawe muri yombi mu mpera za 2021 ashinjwa gusebya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Yoweri Museveni abinyujije mu butumwa yanyujije kuri Twitter.

Nyuma yo gufungurwa, Kakwenza Rukirabashaija yavuze ko yakorewe iyicarubozo ndetse ko akeneye kujya kwivuriza hanze. Yanavuze ko yimwe uburenganzira bwo gusohoka mu Gihugu ngo ajye kwivuza.

How they secured my future. #WritingCommunity pic.twitter.com/KHX7FV7jPA

— Kakwenza Rukirabashaija (@KakwenzaRukira) February 4, 2022

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’uko hakwirakwijwe amakuru ko uyu Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi, ari mu batanze ibitekerezo kuri aya makuru.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, asubiza kuri aya makuru, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Sinzi uyu musore uvugwa ko yakubiswe, sinigeze mwumva na rimwe kugeza aho itangazamakuru rimuvugaho. Sinigeze mpura na we cyangwa ngo tuvugane ndetse numva nta n’impamvu ihari. Navuganye na Perezida Kagame ambwira ko atari [Kakwenza Rukirabashaija] mu Rwanda.”

I don't know who this young boy is whom they say was beaten! I never heard of him until the media started talking about him. I've never met him or talked to him and I have no desire to do so. I have just been speaking to President @PaulKagame and he says he is not in Rwanda!!

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 9, 2022

Umunyamategeko Me Eroni Kiiza wunganira Kakwenza Rukirabashaija na we yemereye ikinyamakuru Nile Post cyo muri Uganda ko uyu mukiliya we yahunze Igihugu ndetse na we yemeza ko ari mu Rwanda.

Mu makuru yatanzwe ku mbuga nkoranyambaga kandi; hari n’abavugaga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryemeye ko uyu mwanditsi w’Umunya-Ugannda ari mu Rwanda.

Gusa iri shami rya UNHCR-Rwanda, ryamaganye aya makuru, mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryagize riti “HCR ntacyo izi ku muntu witwa iri zina [Rukirabashaija] uri munsi y’uburinzi bwayo mu Rwanda cyangwa uri ku rutonde rw’abagomba kwimurirwa mu Budage.”

Aya makuru akomeje gucicikana mu gihe Igihugu cy’u Rwanda na Uganda byatangiye inzira yo kuzahura umubano ndetse ubu u Rwanda rukaba rwarafunguye umupaka wa Gatuna.

Perezida Paul Kagame mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjijwe muri Guverinoma, yavuze ko Leta ya Uganda ikomeje gukosora ibibazo byatumye Ibihugu byombi byinjira mu mibanire mibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eleven =

Previous Post

AMAFOTO: Banze kugenda batamenye aho icyayi cyabanuriye gituruka bajya kukisoromera

Next Post

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.