Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe amakuru ko umwanditsi w’Umunya-Uganda, Kakwenza Rukirabashaija, yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yavuze ko yavuganye na Perezida Paul Kagame akamubwira ko uyu mwanditsi atari mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, bakwirakwije amakuru ko umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda.

Kakwenza Rukirabashaija yari yatawe muri yombi mu mpera za 2021 ashinjwa gusebya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Yoweri Museveni abinyujije mu butumwa yanyujije kuri Twitter.

Nyuma yo gufungurwa, Kakwenza Rukirabashaija yavuze ko yakorewe iyicarubozo ndetse ko akeneye kujya kwivuriza hanze. Yanavuze ko yimwe uburenganzira bwo gusohoka mu Gihugu ngo ajye kwivuza.

How they secured my future. #WritingCommunity pic.twitter.com/KHX7FV7jPA

— Kakwenza Rukirabashaija (@KakwenzaRukira) February 4, 2022

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’uko hakwirakwijwe amakuru ko uyu Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi, ari mu batanze ibitekerezo kuri aya makuru.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, asubiza kuri aya makuru, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Sinzi uyu musore uvugwa ko yakubiswe, sinigeze mwumva na rimwe kugeza aho itangazamakuru rimuvugaho. Sinigeze mpura na we cyangwa ngo tuvugane ndetse numva nta n’impamvu ihari. Navuganye na Perezida Kagame ambwira ko atari [Kakwenza Rukirabashaija] mu Rwanda.”

I don't know who this young boy is whom they say was beaten! I never heard of him until the media started talking about him. I've never met him or talked to him and I have no desire to do so. I have just been speaking to President @PaulKagame and he says he is not in Rwanda!!

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 9, 2022

Umunyamategeko Me Eroni Kiiza wunganira Kakwenza Rukirabashaija na we yemereye ikinyamakuru Nile Post cyo muri Uganda ko uyu mukiliya we yahunze Igihugu ndetse na we yemeza ko ari mu Rwanda.

Mu makuru yatanzwe ku mbuga nkoranyambaga kandi; hari n’abavugaga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryemeye ko uyu mwanditsi w’Umunya-Ugannda ari mu Rwanda.

Gusa iri shami rya UNHCR-Rwanda, ryamaganye aya makuru, mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryagize riti “HCR ntacyo izi ku muntu witwa iri zina [Rukirabashaija] uri munsi y’uburinzi bwayo mu Rwanda cyangwa uri ku rutonde rw’abagomba kwimurirwa mu Budage.”

Aya makuru akomeje gucicikana mu gihe Igihugu cy’u Rwanda na Uganda byatangiye inzira yo kuzahura umubano ndetse ubu u Rwanda rukaba rwarafunguye umupaka wa Gatuna.

Perezida Paul Kagame mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjijwe muri Guverinoma, yavuze ko Leta ya Uganda ikomeje gukosora ibibazo byatumye Ibihugu byombi byinjira mu mibanire mibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

AMAFOTO: Banze kugenda batamenye aho icyayi cyabanuriye gituruka bajya kukisoromera

Next Post

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.