Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe amakuru ko umwanditsi w’Umunya-Uganda, Kakwenza Rukirabashaija, yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yavuze ko yavuganye na Perezida Paul Kagame akamubwira ko uyu mwanditsi atari mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, bakwirakwije amakuru ko umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda.

Kakwenza Rukirabashaija yari yatawe muri yombi mu mpera za 2021 ashinjwa gusebya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba na Perezida Yoweri Museveni abinyujije mu butumwa yanyujije kuri Twitter.

Nyuma yo gufungurwa, Kakwenza Rukirabashaija yavuze ko yakorewe iyicarubozo ndetse ko akeneye kujya kwivuriza hanze. Yanavuze ko yimwe uburenganzira bwo gusohoka mu Gihugu ngo ajye kwivuza.

How they secured my future. #WritingCommunity pic.twitter.com/KHX7FV7jPA

— Kakwenza Rukirabashaija (@KakwenzaRukira) February 4, 2022

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’uko hakwirakwijwe amakuru ko uyu Kakwenza Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi, ari mu batanze ibitekerezo kuri aya makuru.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, asubiza kuri aya makuru, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Sinzi uyu musore uvugwa ko yakubiswe, sinigeze mwumva na rimwe kugeza aho itangazamakuru rimuvugaho. Sinigeze mpura na we cyangwa ngo tuvugane ndetse numva nta n’impamvu ihari. Navuganye na Perezida Kagame ambwira ko atari [Kakwenza Rukirabashaija] mu Rwanda.”

I don't know who this young boy is whom they say was beaten! I never heard of him until the media started talking about him. I've never met him or talked to him and I have no desire to do so. I have just been speaking to President @PaulKagame and he says he is not in Rwanda!!

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 9, 2022

Umunyamategeko Me Eroni Kiiza wunganira Kakwenza Rukirabashaija na we yemereye ikinyamakuru Nile Post cyo muri Uganda ko uyu mukiliya we yahunze Igihugu ndetse na we yemeza ko ari mu Rwanda.

Mu makuru yatanzwe ku mbuga nkoranyambaga kandi; hari n’abavugaga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryemeye ko uyu mwanditsi w’Umunya-Ugannda ari mu Rwanda.

Gusa iri shami rya UNHCR-Rwanda, ryamaganye aya makuru, mu butumwa ryanyujije kuri Twitter, ryagize riti “HCR ntacyo izi ku muntu witwa iri zina [Rukirabashaija] uri munsi y’uburinzi bwayo mu Rwanda cyangwa uri ku rutonde rw’abagomba kwimurirwa mu Budage.”

Aya makuru akomeje gucicikana mu gihe Igihugu cy’u Rwanda na Uganda byatangiye inzira yo kuzahura umubano ndetse ubu u Rwanda rukaba rwarafunguye umupaka wa Gatuna.

Perezida Paul Kagame mu ijambo yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya binjijwe muri Guverinoma, yavuze ko Leta ya Uganda ikomeje gukosora ibibazo byatumye Ibihugu byombi byinjira mu mibanire mibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Banze kugenda batamenye aho icyayi cyabanuriye gituruka bajya kukisoromera

Next Post

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.