Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda uri mu Rwanda yahageze avuye muri Kenya, aho yabanje kuvuga ko Igihugu cye cyifuza kwagura umubano n’u Rwanda, kuko kirubonamo umufatanyabikorwa mwiza kubera ibyo rukomeje kugera n’uburyo rubikora.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, ubwo yari muri Kenya yitegura kurira rutemikirere imwerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Yavuze ko azanye abashoboramari mu Gihugu gifite umuvuduko mu iterambere, kugira ngo Ibihugu byombi byagure imikoranire mu nzego zinyuranye

Andrzej Sebastian Duda, ni ku nshuro ya kabiri ageze muri Afurika; ikaba iya mbere ageze mu Rwanda; aragenzwa no kwagura imikoranire Igihugu cye gifitanye n’amahanga.

Avuga ko Igihugu cye gifite gahunda ngari yo gukorana n’Umugabane wa Afurika mu nzego zitandukanye, kandi ko u Rwanda barubonyemo umufatanyabikorwa mwiza.

Agaruka kuri bimwe we n’abayobozi bazanye bazakora mu Rwanda, Andrzej Sebastian Duda yagize ati “Hari amasezerabno ajyanye n’imikoranire mu iterambere azashyirwaho umukono, harimo ayo kurengera ibidukikije, ikoranabuhanga rigezweho mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere. Tuzanahura n’abikorera.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ni Igihugu gikomeje gutera imbere. Ni yo mpamvu nizeye ko ibi biganiro bizasiga abashoramari bafashe umwanzuro wo gukorana n’abo mu Rwanda.”

Yaboneyeho na gahunda afite i Kibeho ku butaka butagatifu ahaerebe amabonekerwa ya Bikiramariya, avuga ko azasura ibikorwa biriyo by’abamisiyoneri.

Uru ruzinduko rwa Perezida Duda mu Rwanda ruje rukurikira ibiganiro bitandukanye byahuje abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Muri Kamena umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yagiye muri Polonye, anakirwa na Perezida Duda, baganira ku mikoranire igamije iterambere ry’Ibihugu byombi. Ibyo byabanjirijwe n’ibindi biganiro byahuje impande zombi muri 2021.

Ibiro bya Guverinoma ya Polonye bigaragaza ko umubano w’Ibihugu byombi watangiye muri Nyakanga 1962. Kuva icyo gihe kugeza muri 2018; Pologne yagiraga uyihagarariye mu Rwanda ariko akagira icyicaro muri Kenya na Tanzania. Muri 2022 polonye yafunguye Ambasade i Kigali, ariko ibikorwa byayo bigenzurwa n’uhagarariye icyo Gihugu muri Tanzania.

Icyakora u Rwanda rwo rufite Ambasade muri Pologne kuva muri 2021, ari we Ambasaderi Shyaka Anastase ni we wa mbere uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu.

Gusa Guverinoma ya Pologne igaragaza ko ubucuruzi bw’Ibihugu byombi bukiri ku rwego rwo hasi cyane, ku buryo bifuza ko butera intambwe.

Ikinyamakuru DEFENCE24; kigaragaza ko ubucuruzi bw’u Rwanda na Pologne bushingiye ku bikoresho bya gisirikare, ibinyampeke, imashini zo mu buhinzi, n’ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Iki kinyamakuru kivuga ko kugeza ubu hari Abanyarwanda bagera ku 1 500 biga mu mashuri atandukanye yo muri Pologne.

Ubwo Perezida Duda yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanome ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri
Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

Banagiranye ibiganiro

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.