• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida wa Pologne yavuze ku Rwanda mbere gato yo kuruzamo we na Madamu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda uri mu Rwanda yahageze avuye muri Kenya, aho yabanje kuvuga ko Igihugu cye cyifuza kwagura umubano n’u Rwanda, kuko kirubonamo umufatanyabikorwa mwiza kubera ibyo rukomeje kugera n’uburyo rubikora.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, ubwo yari muri Kenya yitegura kurira rutemikirere imwerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Yavuze ko azanye abashoboramari mu Gihugu gifite umuvuduko mu iterambere, kugira ngo Ibihugu byombi byagure imikoranire mu nzego zinyuranye

Andrzej Sebastian Duda, ni ku nshuro ya kabiri ageze muri Afurika; ikaba iya mbere ageze mu Rwanda; aragenzwa no kwagura imikoranire Igihugu cye gifitanye n’amahanga.

Avuga ko Igihugu cye gifite gahunda ngari yo gukorana n’Umugabane wa Afurika mu nzego zitandukanye, kandi ko u Rwanda barubonyemo umufatanyabikorwa mwiza.

Agaruka kuri bimwe we n’abayobozi bazanye bazakora mu Rwanda, Andrzej Sebastian Duda yagize ati “Hari amasezerabno ajyanye n’imikoranire mu iterambere azashyirwaho umukono, harimo ayo kurengera ibidukikije, ikoranabuhanga rigezweho mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere. Tuzanahura n’abikorera.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ni Igihugu gikomeje gutera imbere. Ni yo mpamvu nizeye ko ibi biganiro bizasiga abashoramari bafashe umwanzuro wo gukorana n’abo mu Rwanda.”

Yaboneyeho na gahunda afite i Kibeho ku butaka butagatifu ahaerebe amabonekerwa ya Bikiramariya, avuga ko azasura ibikorwa biriyo by’abamisiyoneri.

Uru ruzinduko rwa Perezida Duda mu Rwanda ruje rukurikira ibiganiro bitandukanye byahuje abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Muri Kamena umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yagiye muri Polonye, anakirwa na Perezida Duda, baganira ku mikoranire igamije iterambere ry’Ibihugu byombi. Ibyo byabanjirijwe n’ibindi biganiro byahuje impande zombi muri 2021.

Ibiro bya Guverinoma ya Polonye bigaragaza ko umubano w’Ibihugu byombi watangiye muri Nyakanga 1962. Kuva icyo gihe kugeza muri 2018; Pologne yagiraga uyihagarariye mu Rwanda ariko akagira icyicaro muri Kenya na Tanzania. Muri 2022 polonye yafunguye Ambasade i Kigali, ariko ibikorwa byayo bigenzurwa n’uhagarariye icyo Gihugu muri Tanzania.

Icyakora u Rwanda rwo rufite Ambasade muri Pologne kuva muri 2021, ari we Ambasaderi Shyaka Anastase ni we wa mbere uhagarariye u Rwanda muri iki Gihugu.

Gusa Guverinoma ya Pologne igaragaza ko ubucuruzi bw’Ibihugu byombi bukiri ku rwego rwo hasi cyane, ku buryo bifuza ko butera intambwe.

Ikinyamakuru DEFENCE24; kigaragaza ko ubucuruzi bw’u Rwanda na Pologne bushingiye ku bikoresho bya gisirikare, ibinyampeke, imashini zo mu buhinzi, n’ibikoresho by’ikoranabuhanga.

Iki kinyamakuru kivuga ko kugeza ubu hari Abanyarwanda bagera ku 1 500 biga mu mashuri atandukanye yo muri Pologne.

Ubwo Perezida Duda yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanome ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri
Yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

Banagiranye ibiganiro

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bikazamura intugunda mu Gihugu byashimangiwe n’Urwego rubifitiye ububasha

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Umugaba Mukuru wa RDF witabiriye ibirori bya UPDF yahawe indamukanyo na Perezida Museveni (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.